Ibisasu by’Indege i Masisi Byahitanye Abantu Benshi, MSF Isaba Kurengerwa kwa Baturage
Ibisasu byarashwe n’indege z’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu karere ka Masisi, mu burasirazuba bwa RDC, byahitanye nibura abantu bane ndetse bikomeretsa abandi 42, barimo abana n’abagore benshi. Abakomerekejwe bose bakiriwe mu bitaro bya Masisi, ibitaro bikuru by’icyitegererezo muri ako karere, nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’abaganga batagira imipaka (Médecins Sans Frontières – MSF) ku wa Gatanu, tariki ya 02/01/2026.
Amakuru atangwa na MSF avuga ko igisasu cyaturutse ku ndege idafite abapilote (drone) y’ingabo za RDC, cyibasiye abaturage batuye mu gace ka Mont Ngaliema, Masisi-centre. Abakomeretse bahise bitabwaho n’abaganga bo muri ako gace ndetse n’amatsinda ya MSF. Byemezwa ko abantu bane bapfuye ako kanya, abandi barakomereka bikomeye.
MSF yagaragaje ko Masisi iri mu turere dukunze guhura n’ingaruka zikomeye z’imirwano mu burasirazuba bwa RDC. Iyi ntambara yakomeje gukomera mu cyumweru gishize hagati ya AFC/M23 n’ingabo za FARDC, zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR na Wazalendo, bikomeje guteza imfu, ibikomere, n’iyimurwa ry’abantu benshi.
Mu itangazo ryasohotse ku mbuga nkoranyambaga, MSF yagize iti:
“Mu burasirazuba bw’igihugu hose, abaganga bacu bakomeje kubona ibikorwa by’ubugome ku baturage, no kutubahiriza amasezerano mpuzamahanga agamije kubarinda no gutanga ubufasha bw’ubuvuzi n’imibereho. Turasaba impande zose ziri mu mirwano guhagarika ibikorwa byose bishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga no guteza ibyago ku mibereho yabo.”
Amakuru y’aho byabereye yemeza ko abantu bane bapfuye abandi benshi barakomereka, ndetse n’inyubako nyinshi zarangirika. Abaturage bo muri ako gace bavuga ko ubu hari ubwoba bukabije, nyuma y’ibi bikorwa by’indege byibasiye abaturage.






