Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi
Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyifashishe indege z’intambara gitera ibisasu ahatuwe cyane n’abaturage bihitana abatari bake.
Uyu munsi ku wa kane, itariki ya 23/10/2025, ni bwo FARDC yifashije indege z’intambara itera ibisasu ahitwa i Busika ho muri teritware ya Walikale, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru aturuka muri ako gace akemeza ko byahitanye ubuzima bw’abasivili b’inzirakarengane benshi, abandi n’abo batari bake bagakomereka.
Byanasobanuwe ko icyo gitero cyakozwe mu masaha ya kare yo muri iki gitondo cyo kuri uyu wa kane.
Gusa, umubare wa bahitanywe n’icyo gitero nturamenyekana, ariko amakuru yo akemeza ko hariho abapfuye, abandi barakomeretswa.
Walikale imaze iminsi ivugwamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ni imirwano yagiye ivugwa cyane mu gice cya Kibati, Mpety no mu nkengero za cyo. Bikavugwa ko uruhande rwa Leta ruri gukora ibi bitero mu rwego rwo kugerageza ahari ngo rurebe ko rwo kwisubiza ibice rwa mbuwe na AFC /M23 muri ibyo bice.
Kuko kandi ibi bitero iri kubigeragereza no mu bindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo, muri za teritware zitandukanye za yo.
Nk’ahar’ejo yabigabye ahitwa i Businga, Nzibira, no mu bindi bice bigenzurwa n’uyu mutwe wa AFC/M23.
Ariko kugeza ubu nta gice kingana n’urwara FARDC n’abambari bayo bari bambura uyu mutwe bahanganye.
Biriya bisasu byatewe i Busika, mu gihe n’i Nyabiondo muri Masisi haramukiye imirwano ikomeye hagati y’impande zombi.
Amakuru tumaze kwakira mu kanya gato gashize, agaragaza neza ko AFC/M23 yamaze kwigarurira iki gice cya Nyabiondo, ndetse ko yamaze no ku kigaruramo n’umutekano, ku buryo n’ibintu byamaze no gusubira mu buryo, nk’uko byari bisanzwe.