• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

minebwenews by minebwenews
August 6, 2025
in Regional Politics
0
Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umuyobozi mukuru w’umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, yamaganye ibirego by’ibiro by’umuryango w’Abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa muntu biherutse gutangaza ko uyu mutwe wishe abantu 169 muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo ibinyamamakuru mpuzamahanga birimo na Reuters byasohoye amakuru bivuga ko igitero cya M23 cyibasiye abahinzi n’abandi baturage kigwamo abantu 169, ngo nk’uko byabitangarijwe n’umuryango w’Abibumbye.

Perezida Bisimwa mu gusubiza, yavuze ko hakwiye gukorwa iperereza, ariko kandi agaragaza ko bishobora kuba ari ubukangurambaga bugamije kubasiga icyaha.

Yagize ati: “Waruzi ibyo bakoze i Kishishe? Bahimbye inkuru, barangije batangaza inkuru. Birasa n’ubundi nibi ubirebye neza. Twaje no kubasigira Kishishe ariko bananiwe kwerekana aho twashinguye abo bavuga ko bapfuye, bananiwe no gutanga umwirondoro wa buri muntu wishwe.”

Yongeye ati: “Kuri iyi nshuro baravuga iki? Baravuga ngo twakiriye amakuru y’amasoko runaka. Ni ukuvuga amakuru batigenzuriye ubwabo. Izo ni zo ntege nke z’ibyo biro byuburenganzira bwa muntu.”

Ashimangira avuga ko mu kuri guhari ibyo bintu ngo ntabyigeze biba.

Ati: “Inkuru ubundi ivuga iki? Inkuru ivuga uwitwa Mulumba, umuvugizi wa FDLR uzwi mu karere wagiye asohora inyandiko za poropaganda zo guharabika abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’i Kinshasa, ariko ngo mukuri iyo urebye ahubwo usanga bisiga icyaha umuryango w’Abibumbye.”

Yakomeje kandi ati: “Twabasabye gushyiraho komisiyo yo gukora iperereza kugira ngo bagenzure ibimenyetso ariko ntibagize ubutwari bwo kubikora kandi nta nubwo bazagira kuko bazi ko ari poropaganda.”

Uyu muyobozi uvuga rikijana mu mutwe wa M23, yanavuze ko bamenye ko muri uriya muryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, harimo umukozi w’Umunyekongo umaze igihe akora poropaganda z’ibintu bidafatika bigamije guharabika umutwe wabo.

Kurundi ruhande, Reuters yavuze kandi ko bidashobora kwemeza ko ubwo bwicanyi bwabaye, ariko kandi ivuga ko hari umwe wavuze ko afite abatangabuhamya bemeza ko M23 yakoresheje imbunda n’imipanga mu kwica abasivili.

Tags: KishisheM23RutshuruubwicanyiUmuryango w'Abibumbye
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano yongeye gukaza umurego mu misozi miremire y’i Mulenge.

Imirwano yongeye gukaza umurego mu misozi miremire y'i Mulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?