Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa i Kaziba nyuma y’aho m23 ihafashe ikaza kuhikura nta mirwano.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 16, 2025
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zakijijwe n’amaguru zihunga m23 i Kaziba.
119
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa i Kaziba nyuma y’aho m23 ihafashe ikaza kuhikura nta mirwano.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Nyuma y’aho umutwe wa m23 wigaruriye i Kaziba ukaza kuhikura nta mirwano ibaye, hongeye kwinjiramo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo, nk’uko abariyo babibwiye Minembwe Capital News.

Ijoro ryo ku itariki ya 10/ 03/2025, ni bwo m23 yafashe i Kaziba, nyuma yo kuyirukanamo ingabo z’u Burundi iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Kaziba ni imwe mu ma cheferi abiri agize teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Kuko nyuma y’iyi cheferi ya Kaziba indi ni iya Ngweshi.

Uyu mutwe wa m23 ukimara gufata iki gice wahise ukomeza imirwano ufata n’ibindi bice byarimo ingabo z’u Burundi biri mu misozi iri hagati ya Kaziba na Rurambo ahazwi nk’i Mulenge, arikoho akaba ari muri teritware ya Uvira. Ndetse bakomerezaho binjira muri Rurambo nyirizina ahatuwe n’Abanyamulenge, aho hagaragaye n’amashusho y’aba barwanyi ba m23 bari kwakirwa n’Abanyamulenge. Ubona byari ibyishimo bidasanzwe.
Ni mu gihe aba Banyamulenge bari bagize igihe mu mibabaro myinshi, iyo bategwa n’ingabo za Leta y’iki gihugu.

Iyi nkuru ikavuga ko m23 yirukanye ziriya ngabo z’u Burundi zari muri iyo misozi zihungira mu bice by’unamiye umujyi wa Uvira, nka za Luvungi na Remela n’ahandi.

Nk’uko abatuye i Kaziba babibwiye Minembwe Capital News, aba barwanyi bo muri m23 ntabarwanyi babo bigize basiga muri iki gice cya Kiziba, kuko ijoro buca ari ku wa gatanu Wazalendo n’ingabo z’u Burundi bongeye kwinjira muri iki gice kandi.

Umwe mubaturiye iki gice yagize ati: “Binjiye muri Kaziba kandi. Barya bajura bo muri Wazalendo bagarutse i Kaziba. Barikumwe n’ingabo z’u Burundi.”

Abaturage batuye i Kaziba ntibishimiye ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, kuko bazishinja kubasahura no kubagirara nabi.

Ati: “Baratwiba, bashinga n’amabariyeri yo kutwambura. Nta kindi bashoboye.”
Usibye n’icyo babuza abaturage ba Kaziba kuja gucururiza mu bice bigenzurwa na m23.

Yagize ati: “Imodoka zijana iby’ashara i Bukavu na Kamanyola, Wazalendo bari kuzihagarika muri centre ya Kaziba.”

Ibi bikaba byongeye gutuma iki gice cyongera kubamo umutekano muke, bitandukanye n’iminsi itatu cyamaze kitagenzurwa n’iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.

Hagataho umutwe wa m23 nawo ubu urabarizwa i Mulenge, cyane cyane muri Rurambo, ibyatumye Abanyamulenge bashima Imana aho bavuga ko Imana yabatabaye inyuze mubana babo ari bo m23.

Tags: KazibaM23Wazalendo
Share48Tweet30Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?