Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibya RDC n’u Rwanda byongeye kuzamo kidobya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 15, 2025
in Regional Politics
0
Ibya RDC n’u Rwanda byongeye kuzamo kidobya.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibya RDC n’u Rwanda byongeye kuzamo kidobya.

You might also like

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Nubwo Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda bigaragaza ko biri mu nzira z’ibiganiro bigamije guhoshya amakimbirane amaze igihe hagati yabyo, ariko ubutegetsi bw’i Kinshasa bwongeye kurushinja amakosa akomeye.

Tariki ya 25/04/2025, ni bwo u Rwanda na Congo bibifashijwemo na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, byashyize umukono ku masezerano y’amahame ngenderwaho mu kugarura amahoro mu karere.

Ibi byagaragazaga ko akarere ka Afrika y’ibiyaga bigari kagiye kwinjira mu mahoro arambye. Icyizere cyarushijeho kwiyongera cyane ubwo Amerika yateguzaga u Rwanda na RDC ko bizayasinyira i Washington DC mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka wa 2025, azanaba kandi mu iterambere hagati y’ibi bihugu bitatu.

Kuva icyo gihe abayobozi ba Leta y’i Kinshasa ntibongeye gushinja u Rwanda amakosa, kuko impande zombi muri uku kwezi gushyize, zari zemeranyije kwirinda ubushotoranyi ubwo ari bwo bwose.

Igitangaje minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Theresa Kayikwamba Wagner yabirenzeho atangaza ko u Rwanda ruri guhungabanya umutekano w’u Burasizuba bw’iki gihugu cyabo kandi ko ruri guhotera ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye (Monusco).

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’igitangaza makuru cyo mu Budage cyitwa Deutsche Well.

Yagize ati: “Dufite ubutumwa bunini bwo kugarura amahoro, kimwe mu bihugu duturanye kiri mubitanga umusanzu mwinshi mu bikorwa byo kugarura amahoro, ni u Rwanda. Ariko icyo gihugu kivogera ubusugire bw’igihugu cyacu kandi cyagize uruhare mu guhotera abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye, Monusco.”

Leta y’u Rwanda yagiye itera utwatsi ibi birego, isobanura ko ari urwitwazo rwa RDC rugamije kurangaza umuryango mpuzamahanga kugira ngo utita ku mpamvu muzi zateye umutekano muke zirimo imiyoborere mibi n’ihohoterwa rikorerwa Abanye-Congo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda.

Mu gihe RDC ivuga ku busugire bwayo, u Rwanda na rwo rugaragaza ko iki gihugu gicumbukiye kandi gifasha umutwe w’iterabwoba ururwanya wa FDLR ufite n’umugambi wo kuruhungabanya, runibutsa ko perezida wayo, Felix Tshisekedi, yeruye avuga ko ashaka gukuraho ubutegetsi bwarwo.

Kubera izi mpamvu u Rwanda rwakajije ingamba z’ubwirinzi ku mupaka. Ni nazo zarufashije guhangana n’ibitero rwagabweho n’ihuriro ry’ingabo za RDC tariki ya 27/01/2025, mbere yuko AFC/M23 ifata umujyi wa Goma. Ibi bitero byishe abaturage 16 bo mu karere ka Rubavu mu Rwanda, hakomereka 161, inzu 200 zarangirika.

Muri icyo kiganiro Kayikwamba yabajijwe niba RDC iha agaciro impungenge u Rwanda rugaragaza z’umutekano warwo, asubiza ko Abanye-Congo ari bo bagirirwa nabi, ati: “Ese ibihumbi by’abantu bapfuye ni Abanye-Congo cyangwa ni Abanyarwanda? Ni Abanye-Congo. Abagore bafatwa ku ngufu ni Abanyarwandakazi? Ni Abanye-Congo.”

Yanabajijwe niba yizera ko Amerika izakemura amakimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo, asubiza ko RDC yemeye kujya mu biganiro i Washington DC kubera ko hari gahunda ya Luanda yari igiye gufasha ibihugu byombi kugirana amasezerano y’amahoro.

Anavuga ko ategereje kureba niba u Rwanda ruzubahiriza ibyo rwemeye mu biganiro, byaba iby’u Luanda, Qatar ndetse na Washington, gusa ntiyagaragaje niba RDC na yo yiteguye kubahiriza ibyo yemeye, birimo gusenya burundu FDLR.

Tags: KayikwambaRdcRwanda
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Avugwa mu biganiro by'i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n'iza leta y'i Kinshasa. Ibiganiro by'imishyikirano byahuriyemo intumwa z'umutwe wa M23 n'iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

Ikibuga cy'indege cya Goma kirimo gukorwa neza. Ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Goma ho mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo kiri gutunganywa...

Read moreDetails

Icyemezo perezida Museveni yafashe cyanyuze AFC/M23 inamugenera ubutumwa.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
Icyo M23 isaba RDC gukora mbere yuko impande zombi zisubira mu biganiro i Doha.

Icyemezo perezida Museveni yafashe cyanyuze AFC/M23 inamugenera ubutumwa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryashimiye perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze FARDC yagabye igitero ku ngabo za Uganda zinashimuta n’umusirikare wayo.

Byakaze FARDC yagabye igitero ku ngabo za Uganda zinashimuta n'umusirikare wayo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?