• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, July 28, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibya RDC n’u Rwanda byongeye kuzamo kidobya.

minebwenews by minebwenews
May 15, 2025
in Regional Politics
0
Ibya RDC n’u Rwanda byongeye kuzamo kidobya.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibya RDC n’u Rwanda byongeye kuzamo kidobya.

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Nubwo Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda bigaragaza ko biri mu nzira z’ibiganiro bigamije guhoshya amakimbirane amaze igihe hagati yabyo, ariko ubutegetsi bw’i Kinshasa bwongeye kurushinja amakosa akomeye.

Tariki ya 25/04/2025, ni bwo u Rwanda na Congo bibifashijwemo na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, byashyize umukono ku masezerano y’amahame ngenderwaho mu kugarura amahoro mu karere.

Ibi byagaragazaga ko akarere ka Afrika y’ibiyaga bigari kagiye kwinjira mu mahoro arambye. Icyizere cyarushijeho kwiyongera cyane ubwo Amerika yateguzaga u Rwanda na RDC ko bizayasinyira i Washington DC mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka wa 2025, azanaba kandi mu iterambere hagati y’ibi bihugu bitatu.

Kuva icyo gihe abayobozi ba Leta y’i Kinshasa ntibongeye gushinja u Rwanda amakosa, kuko impande zombi muri uku kwezi gushyize, zari zemeranyije kwirinda ubushotoranyi ubwo ari bwo bwose.

Igitangaje minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Theresa Kayikwamba Wagner yabirenzeho atangaza ko u Rwanda ruri guhungabanya umutekano w’u Burasizuba bw’iki gihugu cyabo kandi ko ruri guhotera ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye (Monusco).

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’igitangaza makuru cyo mu Budage cyitwa Deutsche Well.

Yagize ati: “Dufite ubutumwa bunini bwo kugarura amahoro, kimwe mu bihugu duturanye kiri mubitanga umusanzu mwinshi mu bikorwa byo kugarura amahoro, ni u Rwanda. Ariko icyo gihugu kivogera ubusugire bw’igihugu cyacu kandi cyagize uruhare mu guhotera abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye, Monusco.”

Leta y’u Rwanda yagiye itera utwatsi ibi birego, isobanura ko ari urwitwazo rwa RDC rugamije kurangaza umuryango mpuzamahanga kugira ngo utita ku mpamvu muzi zateye umutekano muke zirimo imiyoborere mibi n’ihohoterwa rikorerwa Abanye-Congo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda.

Mu gihe RDC ivuga ku busugire bwayo, u Rwanda na rwo rugaragaza ko iki gihugu gicumbukiye kandi gifasha umutwe w’iterabwoba ururwanya wa FDLR ufite n’umugambi wo kuruhungabanya, runibutsa ko perezida wayo, Felix Tshisekedi, yeruye avuga ko ashaka gukuraho ubutegetsi bwarwo.

Kubera izi mpamvu u Rwanda rwakajije ingamba z’ubwirinzi ku mupaka. Ni nazo zarufashije guhangana n’ibitero rwagabweho n’ihuriro ry’ingabo za RDC tariki ya 27/01/2025, mbere yuko AFC/M23 ifata umujyi wa Goma. Ibi bitero byishe abaturage 16 bo mu karere ka Rubavu mu Rwanda, hakomereka 161, inzu 200 zarangirika.

Muri icyo kiganiro Kayikwamba yabajijwe niba RDC iha agaciro impungenge u Rwanda rugaragaza z’umutekano warwo, asubiza ko Abanye-Congo ari bo bagirirwa nabi, ati: “Ese ibihumbi by’abantu bapfuye ni Abanye-Congo cyangwa ni Abanyarwanda? Ni Abanye-Congo. Abagore bafatwa ku ngufu ni Abanyarwandakazi? Ni Abanye-Congo.”

Yanabajijwe niba yizera ko Amerika izakemura amakimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo, asubiza ko RDC yemeye kujya mu biganiro i Washington DC kubera ko hari gahunda ya Luanda yari igiye gufasha ibihugu byombi kugirana amasezerano y’amahoro.

Anavuga ko ategereje kureba niba u Rwanda ruzubahiriza ibyo rwemeye mu biganiro, byaba iby’u Luanda, Qatar ndetse na Washington, gusa ntiyagaragaje niba RDC na yo yiteguye kubahiriza ibyo yemeye, birimo gusenya burundu FDLR.

Tags: KayikwambaRdcRwanda
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze FARDC yagabye igitero ku ngabo za Uganda zinashimuta n’umusirikare wayo.

Byakaze FARDC yagabye igitero ku ngabo za Uganda zinashimuta n'umusirikare wayo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?