Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 18, 2025
in Regional Politics
0
Iby’imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y’Epfo.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y’Epfo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Umutekano ukomeje kuzamba muri Uvira ahanini kubera imirwano irimo kuhabera hagati y’ingabo za Leta ya Kinshasa (FARDC) na Wazalendo, aho yabaye no ku Cyumweru, ikaba yaraguyemo abantu barenga icumi nababiri, barimo abasirikare n’abasivili, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Nk’uko iyi nkuru ivuga iyi mirwano yabaye ku Cyumweru, ni nyuma y’aho umwe mu basirikare ba FARDC yashyize hanze amashusho agaragaza Ingabo za leta zakubiswe bikomeye.

Kimwecyo, ahar’ejo ku wa mbere muri uyu mujyi wa Uvira hagarutse ituze, usibye ko n’uyu munsi byongeye kudogera nyuma y’uko imbunda zikomeje kuwumvikanamo.

Umwe mu baturage baho yabwiye Minembwe.com ati: “Ndumva amasasu yongeye kuba menshi. Twari tuzi ko byarangiye. Ku wa Gatandatu, ku Cyumweru no ku wa mbere byari ibindi. Hapfuye abantu batari munsi ya 14. Barimo abasirikare n’abaturage.”

Avuga ko iyi mirwano yavuye kukuba hari abasirikare bari guhunga M23, Wazalendo bakabaka imbunda nabo bakanga kuzirekura, bagahera ho bakarwana.

Ibi bikaba biri gutuma umutekano wo muri ibyo bice ukomeza kuzamba, kugezaho aba maduka banga kuyakingura.

Ati: “Abantu tubuze amahoro muri Uvira. Nta n’umwe uri gukingura iduka rye; kandi urakingura abasoda ba FARDC na Wazalendo bakarisahura. Bakaryeza!”

Uyu muturage wo mu bwoko bw’Abapfulero uturiye Uvira, yavuze ko ubu bari kwifuza M23 ngo kuko ari yo irimo amahoro y’iki gihugu.

Yagize ati: “Abantu batangiye gukunda M23 ize vuba muri Uvira, kuko abantu baratesetse. Yewe ndetse turabona ko uwo mutwe watinze kutugeraho, kuko umutekano ntawo dufite.”

Hari andi makuru avuga ko Wazalendo basabye FARDC ibikoresho kugira ngo barwanye M23 na yo irabibima, ruhita rwambikana.

Uriya muturage utifuje gutangaza amazina ye, yongeye kandi ati: “Ku wa mbere ejo hashize, hari agahenge ariko nanone nta modoka zarimo zigaragara mu muhanda. Ndetse ko ntabantu batambuka muri iyo mihanda.”

Ikindi kandi nuko nta mashuri, kuko arafunze, ubucuruzi bwafunze, abantu baho bafite ubwoba bwinshi.

Ukuriye sosiyete sivili yo muri Uvira, Serge Kigwati, nawe yemeje aya makuru avuga ko iyi mirwano yatewe no kuba Wazalendo barashatse kwambura intwaro abasirikare ba FARDC bahunze bava i Bukavu. FARDC irabyanga bikaviramo guhangana bakoresheje imbunda.

Uriya muturage wavuganaga na Minembwe.com yavuze kandi ko muri Uvira ntabuyobozi bugihari; yemeza ko bahunze baja i Kalemi abandi baja i Bujumbura.

Amakuru atandukanye avuga ko abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 bakomeje kumanuka bava i Bukavu basatira umujyi wa Uvira, ibyo aba barwanyi bo bataremeza.

Amashusho abigaragaza yashyizwe kumbuga nkoranyambaga yerekana abaturage b’ahitwa i Panzi mu majyepfo ya Bukavu bakira aba barwanyi. Andi mashusho yafashwe n’abaturage yerekana abo barwanyi abaturage bavuga ko bageze ahitwa i Nyangenzi ku nzira yerekeza Uvira.

Umujyi wa Uvira uherereye ku kiyaga cya Tanganyika, uri kuri kilometero 25 uvuye i Bujumbura mu Burundi wambukiye ku mupaka wa Gatumba.
Uyu mujyi ukaba utuwe n’abaturage babarirwa mu bihumbi amagana.

Gusa, kuva ku Cyumweru kugeza ahar’ejo, abantu benshi bamaze guhunga bava muri uwo mujyi. U Burundi buvuga ko bumaze kwakira impunzi zigera ku 10.000 zajanywe mu nkambi z’agateganyo ziri mu Ntara za Cibitoke na Bubanza mbere yo kwigizwa kure y’u mupaka nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya.

Tags: ImirwanoUviraWazalendo
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa kuri Tshisekedi wamaze kwaka ubuhungiro aranabwemererwa.

Ibivugwa kuri Tshisekedi wamaze kwaka ubuhungiro aranabwemererwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?