• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

minebwenews by minebwenews
July 13, 2025
in Regional Politics
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Leta Zunze ubumwe z’Amerika na Qatar bishaka ko ibiganiro byahuriyemo Leta ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 birangira vuba , nubwo hari ingingo zikomeye impande zombi zitumvinaho.

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka ni bwo ibiganiro by’imishyikorano kuri RDC na AFC/M23 byatangiye i Doha, ariko kuva byatangira intambwe zibiri zonyine n’izo zimaze guterwa.

Iya mbere ni uko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu mujyi wa Walikale no mu bice bihana imbibi n’uyu mujyi. Indi ni uko impande zombi zumvikanye guhagarika imirwano kabone nubwo impande zihanganye zishyamiranye mu bice bitandukanye cyane cyane muri Kivu y’Amajyepfo.

Mu kwezi gushize AFC/M23 yakuye intumwa zayo i Doha mu biganiro, hari nyuma y’aho Leta ya RDC yariyanze gufungura abantu 700 barimo abanyamuryango biri huriro rya AFC/M23 n’abandi bakekwaho gukorana na ryo.

Ubundi kandi AFC/M23 yakunze kugaragaza ko RDC idaha agaciro ibi biganiro by’i Doha, ngo kuko ibyoherezamo abantu badafite ijambo rinini muri Leta. Unarebye intumwa z’uru ruhande rwa Leta zabaga ziyobowe n’umuyobozi wungirije w’u rwego rwa DGM, rushyinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu.

Hagataho, ku wa kane w’iki cyumweru ibi biganiro byongeye gusubukura, ariko kuri iyi nshuro Leta ya Congo yabyoherejemo abayobozi bo ku rwego rw’isimbuyeho barimo minisitiri w’umutekano, Jacquemain Shabani, n’umuyobozi wa DGM, Roland Kashwantale.

Uyu minisitiri yagiye mu rwego rwo kugira ngo mu gihe impande zombi zoramuka zumvikanye, azahite asinya amasezerano mu izina rya Leta ye.

Ku ruhande rwa AFC/M23 intumwa zayo n’ubundi ziracyayobowe n’umunyamabanga wayo uhoraho, Benjamin Mbonimpa, aho ari kumwe na Rene Abandi uri mu bashinze umutwe wa M23, barimo kandi na Jean Pierre Alumba Lukamba.

Mu gihe ibiganiro byokomeza kugenda neza impande zombi zumvikanye, AFC/M23 yiteguye guhita yohereza umuyobozi mukuru wa M23 Bertrand Bisimwa kugira ngo aje gusinya.

Ibiganiro by’i Doha byiteguwemo ko ari byo bikemura ikibazo muzi ku makimbirane y’intambara ari mu Burasirazuba bwa Congo.

Kubera iyo mpamvu Amerika ifite impungenge ko ibi biganiro biramutse bidatanze umusaruro, amasezerano u Rwanda na RDC byagiranye ubushize nta gifatika yatanga.

Biri mubiri gutuma Amerika na Qatar bishyira igitutu ku mpande zombi kugira ngo zumvikane.

Ndetse kandi Amerika irashaka ko AFC/M23 na RDC byumvikana mbere y’uko perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi batarerekeza i Washington, aho byitezwe ko ari bo bazagirana amasezerano y’amahoro yanyuma ku ntambara iri muri RDC.

Ariko nubwo igitutu ari cyinshi, guhuza ibyifuzo bya buri ruhande ni ikintu kitoroshye namba, hakiyongeraho ikindi kibazo impande zombi zishinjanya gutegura intambara karundura.

Leta y’i Kinshasa yo ibona ibi biganiro nk’amahirwe yo kugira ngo yongere igire ububasha bwo kwigarurira ibice yambuwe birimo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu, ibyo uyu mutwe wa M23 wamaze gutera ishoti, hubwo icyo ishyize imbere cyane nuko yagenzura intara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru mu gihe cy’imyaka 8.

Ibyo na byo RDC na yo ikabyiyamira kure, ihita ivuga ko ari amayeri yo gucamo igihugu ibice(Balkanisation).

Ngayo nguko uko byifashe ku biganiro birimo kuba i Doha muri Qatar, guhuza impande zombi zikaganira nikimwe no kuzumvikanisha n’ikindi.

Tags: AFC/m23DohaibiganiroIbyingenziRdc
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n’uburyo azabikora.

Umwe mu bakuru b'ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n'uburyo azabikora.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?