• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

minebwenews by minebwenews
July 13, 2025
in Regional Politics
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

You might also like

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

Leta Zunze ubumwe z’Amerika na Qatar bishaka ko ibiganiro byahuriyemo Leta ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 birangira vuba , nubwo hari ingingo zikomeye impande zombi zitumvinaho.

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka ni bwo ibiganiro by’imishyikorano kuri RDC na AFC/M23 byatangiye i Doha, ariko kuva byatangira intambwe zibiri zonyine n’izo zimaze guterwa.

Iya mbere ni uko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu mujyi wa Walikale no mu bice bihana imbibi n’uyu mujyi. Indi ni uko impande zombi zumvikanye guhagarika imirwano kabone nubwo impande zihanganye zishyamiranye mu bice bitandukanye cyane cyane muri Kivu y’Amajyepfo.

Mu kwezi gushize AFC/M23 yakuye intumwa zayo i Doha mu biganiro, hari nyuma y’aho Leta ya RDC yariyanze gufungura abantu 700 barimo abanyamuryango biri huriro rya AFC/M23 n’abandi bakekwaho gukorana na ryo.

Ubundi kandi AFC/M23 yakunze kugaragaza ko RDC idaha agaciro ibi biganiro by’i Doha, ngo kuko ibyoherezamo abantu badafite ijambo rinini muri Leta. Unarebye intumwa z’uru ruhande rwa Leta zabaga ziyobowe n’umuyobozi wungirije w’u rwego rwa DGM, rushyinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu.

Hagataho, ku wa kane w’iki cyumweru ibi biganiro byongeye gusubukura, ariko kuri iyi nshuro Leta ya Congo yabyoherejemo abayobozi bo ku rwego rw’isimbuyeho barimo minisitiri w’umutekano, Jacquemain Shabani, n’umuyobozi wa DGM, Roland Kashwantale.

Uyu minisitiri yagiye mu rwego rwo kugira ngo mu gihe impande zombi zoramuka zumvikanye, azahite asinya amasezerano mu izina rya Leta ye.

Ku ruhande rwa AFC/M23 intumwa zayo n’ubundi ziracyayobowe n’umunyamabanga wayo uhoraho, Benjamin Mbonimpa, aho ari kumwe na Rene Abandi uri mu bashinze umutwe wa M23, barimo kandi na Jean Pierre Alumba Lukamba.

Mu gihe ibiganiro byokomeza kugenda neza impande zombi zumvikanye, AFC/M23 yiteguye guhita yohereza umuyobozi mukuru wa M23 Bertrand Bisimwa kugira ngo aje gusinya.

Ibiganiro by’i Doha byiteguwemo ko ari byo bikemura ikibazo muzi ku makimbirane y’intambara ari mu Burasirazuba bwa Congo.

Kubera iyo mpamvu Amerika ifite impungenge ko ibi biganiro biramutse bidatanze umusaruro, amasezerano u Rwanda na RDC byagiranye ubushize nta gifatika yatanga.

Biri mubiri gutuma Amerika na Qatar bishyira igitutu ku mpande zombi kugira ngo zumvikane.

Ndetse kandi Amerika irashaka ko AFC/M23 na RDC byumvikana mbere y’uko perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi batarerekeza i Washington, aho byitezwe ko ari bo bazagirana amasezerano y’amahoro yanyuma ku ntambara iri muri RDC.

Ariko nubwo igitutu ari cyinshi, guhuza ibyifuzo bya buri ruhande ni ikintu kitoroshye namba, hakiyongeraho ikindi kibazo impande zombi zishinjanya gutegura intambara karundura.

Leta y’i Kinshasa yo ibona ibi biganiro nk’amahirwe yo kugira ngo yongere igire ububasha bwo kwigarurira ibice yambuwe birimo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu, ibyo uyu mutwe wa M23 wamaze gutera ishoti, hubwo icyo ishyize imbere cyane nuko yagenzura intara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru mu gihe cy’imyaka 8.

Ibyo na byo RDC na yo ikabyiyamira kure, ihita ivuga ko ari amayeri yo gucamo igihugu ibice(Balkanisation).

Ngayo nguko uko byifashe ku biganiro birimo kuba i Doha muri Qatar, guhuza impande zombi zikaganira nikimwe no kuzumvikanisha n’ikindi.

Tags: AFC/m23DohaibiganiroIbyingenziRdc
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gitondo...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n’uburyo azabikora.

Umwe mu bakuru b'ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n'uburyo azabikora.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?