• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya ku migambi iri gucurwa na Justin Bitakwira afatikanije n’abamwe mu bategetsi b’u Burundi.

minebwenews by minebwenews
August 28, 2024
in Regional Politics
1
Ibyo wa menya ku migambi iri gucurwa na Justin Bitakwira afatikanije n’abamwe mu bategetsi b’u Burundi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya ku migambi iri gucurwa na Justin Bitakwira afatikanije n’abamwe mu bategetsi b’u Burundi.

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Bikubiye mu makuru y’ibanga ava mu butasi bw’igisirikare cy’u Burundi, avuga ko mu byumweru bibiri bishize habaye umubonano wahuje depite Justin Bitakwira na Col Ildephonse Habarurema wo mu ngabo z’u Burundi, aho baganiriye ku gushora intambara ku bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange baturiye u Burasirazuba bwa RDC.

Amakuru yizewe dukesha amasoko yacu atandukanye, yerekana ko umuyobozi w’urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cy’u Burundi, Col Ildephonse Habarurema yagiranye inama rwihishwa n’intumwa za leta ya Kinshasa zirimo bwana Justin Bitakwira, bivugwa ko yari yatumwe na perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ibi biganiro kandi byitabiriwe na barimo abayobozi bo hejuru bo mu mitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo izwiho kuba abafatanyabikorwa n’Ingabo za FARDC mu rugamba zihanganyemo n’umutwe wa M23. Barimo uwitwa Jules Mulumba umuvugizi wa Nyatura (CMC) na Justin Ndayishimiye umuhuzabikorwa mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Nk’uko aya makuru abivuga, n’uko ibi biganiro byibanze ku nzira yakoreshwa kugira ngo Wazalendo bo muri RDC n’Imbonerakure zo mu Burundi; bakangurire abaturage b’ibihugu byombi ku ntambara iri gutegurwa n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, izahuza Bantu na Nilotique, hagamijwe gushaka abayoboke no guteza imbere ingangabitekerezo y’ubutegetsi bw’Abahutu. Ubutegetsi bwa Kinshasa na Gitega.

Ibi biganiro bikaba byarayobowe na Col Ildephonse Habarurema n’abandi bayobozi bakuru bo mu ngabo z’u Burundi, mu gihe Justin Bitakwira usanzwe ari umudepite ku rwego rw’igihugu muri RDC, yari ayoboye intumwa zaje ziva muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uyu mugabo Justin Bitakwira azwiho gukoresha imvugo zibiba amacakubiri, aho akunze kwita Abatutsi bo muri RDC ubwoko bubi, ubundi akavuga ko ari ubwoko bw’inzoka. Ibi yagiye abivuga kenshi mu biganiro bitandukanye yagiye akorera Uvira, Baraka n’ahandi.

Col Ildephonse Habarurema nawe ni umuyobozi ukuriye urwego rw’ubutasi mu gisirikare cy’u Burundi, nawe akaba azwiho kwanga cyane Abatutsi bo muri iki gihugu cy’u Burundi.

Byari bisanzwe bizwi ko RDC ishinja umutwe wa M23 kuba uyu mutwe uterwa inkunga n’igihugu cy’u Rwanda, ibyo u Rwanda rwabakanye inshuro nyinshi hubwo rugashinja Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze genocide mu Rwanda. U Burundi bwo bushinja Kigali gufasha umutwe wa Red Tabara, ndetse no kubaha icumbi, ariko u Rwanda rurabihakana, narwo rugashinja u Burundi gukorana na FDLR.

Imyaka igiye kuba itatu u Burundi ari umufatanya bikorwa wa bugufi wa RDC ahanini byagaragaye muri iyi mirwano imaze igihe ihanganishije ingabo za RDC n’umutwe wa M23.

U Burundi bukaba bufite ingabo muri Kivu y’Amajy’epfo na Kivu y’Amajy’epfo.

              MCN.
Tags: Col Ildephonse HabaruremaIbyo wa menyaImigambiJustin Bitakwira
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe igihano gikakaye cyahanishijwe abasirikare ba FARDC baherukaga kwica abamotari i Goma.

Hatangajwe igihano gikakaye cyahanishijwe abasirikare ba FARDC baherukaga kwica abamotari i Goma.

Comments 1

  1. Bonavantire says:
    2 years ago

    Ariko habuze intwarinica umutwe wa Bitakwira?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?