Ibyo wamenya ku biganiro byo mu ibanga bibera i Doha muri Qatar hagati ya RDC na AFC/M23.
Hamenyekanye ko i Doha muri Qatar hari kubera ibiganiro biziguye hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.
Ni amakuru yashyizwe hanze n’iradio mpuzamahanga ya RFI, aho yatangaje ko hashyize iminsi ine haba ibiganiro biziguye bya RDC na AFC/M23. Kandi ko bibera i Doha muri Qatar.
Ni mu gihe iyi radio mpuzamahanga y’Abafaransa yagaragaje ko ibyo biganiro izi mpande zombi zibikora zinyujije ubutumwa bwazo ku muhuza, Emir Sheikh Termin Bin.
Iyi radio yanatangaje ko nubwo hashyize iminsi hari ukudahuza ku mpande zombi, ariko ko hari intambwe nini imaze guterwa ngo kuko hari ibyo impande zombi zemeranyijeho.
Ndetse igaragaza ko muri iki gihe hari gutegurwa inyandiko ihuriweho n’impande zombi, gusa bikaba bitazwi niba izashyirwa ahabona cyangwa niba izitwa “amasezerano yo guhagarika imirwano.”
Ibi biganiro hagati ya RDC na AFC/M23, bizwi ko byatangiye nyuma y’aho M23 ifashe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Perezida Felix Tshisekedi yari yararahiye ko atazaganira n’uyu mutwe wa M23, ariko yaje kuva ku izima nyuma y’aho Emir wa Qatar Sheikh Termin Bin, ahuje perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda tariki ya 18/03/2025.
Mu busanzwe, AFC/M23 yifuza ko amakimbirane ifitanye n’ubutegetsi bwa RDC adahuzwa n’ayo iki gihugu gifitanye n’u Rwanda; Leta y’i Kinshasa si ko yo ibibona, kuko ishinja iri huriro rya AFC kuba igikoresho cy’u Rwanda.
RDC yasabye ko mu ngamba zirema icyizere hakwiye kubamo ko AFC/M23 iva mu bice yafashe, ariko iri huriro ryagaragaje ko ibyo bidashoboka ko ryabivamo byose, riva gusa mu mujyi wa Walikale.
Iri huriro rya AFC/M23 naryo risaba Leta y’i Kinshasa gukuraho igihano cy’urupfu abayobozi bayo, gufungura abanyamuryango bayo bafungiwe i Kinshasa, ingabo z’u muryango wa SADC ziri muri Kivu y’Amajyaruguru na zo zigataha ariko ibi byose ntibirakorwa.