Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wamenya ku biganiro byo mu ibanga bibera i Doha muri Qatar hagati ya RDC na AFC/M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 19, 2025
in Regional Politics
0
AFC/M23 yaburiye FARDC n’abambari bayo ku bitero ikomeje kugaba mu Minembwe n’i Walikale.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wamenya ku biganiro byo mu ibanga bibera i Doha muri Qatar hagati ya RDC na AFC/M23.

You might also like

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

Hamenyekanye ko i Doha muri Qatar hari kubera ibiganiro biziguye hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’iradio mpuzamahanga ya RFI, aho yatangaje ko hashyize iminsi ine haba ibiganiro biziguye bya RDC na AFC/M23. Kandi ko bibera i Doha muri Qatar.

Ni mu gihe iyi radio mpuzamahanga y’Abafaransa yagaragaje ko ibyo biganiro izi mpande zombi zibikora zinyujije ubutumwa bwazo ku muhuza, Emir Sheikh Termin Bin.

Iyi radio yanatangaje ko nubwo hashyize iminsi hari ukudahuza ku mpande zombi, ariko ko hari intambwe nini imaze guterwa ngo kuko hari ibyo impande zombi zemeranyijeho.

Ndetse igaragaza ko muri iki gihe hari gutegurwa inyandiko ihuriweho n’impande zombi, gusa bikaba bitazwi niba izashyirwa ahabona cyangwa niba izitwa “amasezerano yo guhagarika imirwano.”

Ibi biganiro hagati ya RDC na AFC/M23, bizwi ko byatangiye nyuma y’aho M23 ifashe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Perezida Felix Tshisekedi yari yararahiye ko atazaganira n’uyu mutwe wa M23, ariko yaje kuva ku izima nyuma y’aho Emir wa Qatar Sheikh Termin Bin, ahuje perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda tariki ya 18/03/2025.

Mu busanzwe, AFC/M23 yifuza ko amakimbirane ifitanye n’ubutegetsi bwa RDC adahuzwa n’ayo iki gihugu gifitanye n’u Rwanda; Leta y’i Kinshasa si ko yo ibibona, kuko ishinja iri huriro rya AFC kuba igikoresho cy’u Rwanda.

RDC yasabye ko mu ngamba zirema icyizere hakwiye kubamo ko AFC/M23 iva mu bice yafashe, ariko iri huriro ryagaragaje ko ibyo bidashoboka ko ryabivamo byose, riva gusa mu mujyi wa Walikale.

Iri huriro rya AFC/M23 naryo risaba Leta y’i Kinshasa gukuraho igihano cy’urupfu abayobozi bayo, gufungura abanyamuryango bayo bafungiwe i Kinshasa, ingabo z’u muryango wa SADC ziri muri Kivu y’Amajyaruguru na zo zigataha ariko ibi byose ntibirakorwa.

Tags: AFC/m23ibiganiroQatarRdc
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana Ingabo mu duce igenzura.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

AFC/M23 yatanze umucyo kubyo Leta yavuze ko bemeranyije kuvana ingabo mu duce igenzura. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryabeshyuje Leta y'i Kinshasa yatangaje ko iri huriro rigomba...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyimbitse ku masezerano RDC na AFC/M23 bagiranye. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025, byashyize umukono ku mahame...

Read moreDetails

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/07/2025,...

Read moreDetails

Amakuru mashya kubiganiro biri kubera i Doha, hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 19, 2025
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Amakuru mashya kubiganiro biri kubera i Doha, hagati ya RDC na AFC/M23. Nyuma y'iminsi itari mike i Doha muri Qatar hari kubera ibiganiro by'imishyikirano hagati ya Repubulika ya...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa ibintu byatangiye guhindura isura, nyuma y’aho Kabila ageze i Goma.

Hatangajwe ikigiye gukurikiraho nyuma y'aho Kabila agereye i Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?