Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wamenya ku Isezerano RDC yahaye FDLR riruta andi yose, ndetse n’uburyo FARDC itagicana uwaka na Wazalendo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 9, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wamenya ku Isezerano RDC yahaye FDLR riruta andi yose, ndetse n’uburyo FARDC itagicana uwaka na Wazalendo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wamenya ku Isezerano RDC yahaye FDLR riruta andi yose, ndetse n’uburyo FARDC itagicana uwaka na Wazalendo.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Hagati ya Wazalendo n’ingabo za RDC hari gututumba umwuka mubi wo gusubiranamo, ni mu gihe aba barwanyi ba Wazalendo batishimiye ubuyobozi bw’Ingabo za FARDC.

Abarwanyi ba Wazalendo batangiye gukorana byahafi n’igisirikare cya leta ya Kinshasa (FARDC) mu ntambara yo kurwanya M23, hashingiwe ku biganiro byagiye bikorwa hagati ya Wazalendo n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu Yaruguru ahagana mu kwezi kwa Gatanu umwaka w’ 2022.

Urubuga rwa Africa Intelligence rwandikirwa mu gihugu cy’u Bufaransa, rwashyize inkuru hanze, ruvuga ko rwamenye ko mu mpera z’u mwaka ushize kugeza mu kwezi kwa kane uyu mwaka, leta ya Kinshasa yahaye Wazalendo amasasu arenga miliyoni 2 arimo za roketi 868 na grenade 284, imbunda zo ngo zikaba zari zirenga 300, zirimo iza AK-47 n’iza RPG.

Uru rubuga rukavuga ko nubwo Wazalendo bahawe ibyo bikoresho byagisirikare byinshi, ariko ntibigeze bishimira aba ofisiye bo muri FARDC, guhera ku bo muri Kivu Yaruguru. Bivugwa ko babafata nk’abatengushye.

Impuguke z’umuryango w’Abibumbye, mu byo ziheruka gushira hanze, zagaragaje ko FDLR mu kwezi kwa kane uyu mwaka w’ 2024 zagiye i Kinshasa guhura na perezida Félix Tshisekedi, kugira ngo baganire ku migendekere y’intambara.

Ibyo biganiro, zimwe muri za FDLR zabigaragarijemo perezida Félix Tshisekedi ko abofisiye bo mu ngabo za FARDC badafata kimwe imitwe ya Wazalendo, kandi ngo ibyo bigaragarira mu byo bazigenera.

Basobanura ko batagejejweho ubufasha bwose basezeranyijwe kugira ngo bitware neza ku rugamba, kandi ko hari imitwe ihabwa ibiribwa kabiri mu kwezi kumwe n’amafaranga, mu gihe indi yo idahabwa na duke.

Wazalendo kandi bagaragaje ko mu bindi bibaca intege, ngo ni mu gihe urugamba ruba rukaze bahanganyemo na M23 muri icyo gihe ingabo za FARDC zikabatererana ku rugamba.

Bikavugwa ko FDLR, isezerano yahawe riruta ayandi, ngo ni mu gihe bazatsinda umutwe wa M23, ngo nibamara ku wutsinda bazahita binjizwa mu gisirikare cya RDC. Kandi ngo abazaba bagifite agatege, bazahabwa imyamya ikomeye mu nzego zitandukanye z’umutekano muri iki gihugu.

Gusa, ngo ibyiri sezerano, ntabwo bakibyizera cyane bitewe n’uko Leta ya Kinshasa ikomeje ibiganiro ku rwego rw’akarere bigamije guhagarika iyi ntambara. Babona ko kurangira kwayo nta ruhare bazaba babigizemo ku buryo babihemberwa.

Kutizera iri sezerano biranajyana n’uko leta ya perezida Félix Tshisekedi igaragaza ko ishaka gushyira imbaraga mu gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi, binyuze muri gahunda izwi nka DDRC-S.

Hari impungenge ko igihe leta ya RDC itakwinijiza abarwanyi ba Wazalendo mu nzego z’igihugu zishinzwe umutekano nk’uko babisezeranyijwe, bakongera gukora nk’inyeshamba nk’uko byahoze, umutekano wa Kivu Yaruguru ugakomeza kuba mubi.

               MCN.
Tags: FDLRIsezeranoRiruta andi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post

Funding Crisis Hits South African Ruling ANC’s Election Campaign

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?