• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wamenya ku Isezerano RDC yahaye FDLR riruta andi yose, ndetse n’uburyo FARDC itagicana uwaka na Wazalendo.

minebwenews by minebwenews
September 9, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wamenya ku Isezerano RDC yahaye FDLR riruta andi yose, ndetse n’uburyo FARDC itagicana uwaka na Wazalendo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wamenya ku Isezerano RDC yahaye FDLR riruta andi yose, ndetse n’uburyo FARDC itagicana uwaka na Wazalendo.

You might also like

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Hagati ya Wazalendo n’ingabo za RDC hari gututumba umwuka mubi wo gusubiranamo, ni mu gihe aba barwanyi ba Wazalendo batishimiye ubuyobozi bw’Ingabo za FARDC.

Abarwanyi ba Wazalendo batangiye gukorana byahafi n’igisirikare cya leta ya Kinshasa (FARDC) mu ntambara yo kurwanya M23, hashingiwe ku biganiro byagiye bikorwa hagati ya Wazalendo n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu Yaruguru ahagana mu kwezi kwa Gatanu umwaka w’ 2022.

Urubuga rwa Africa Intelligence rwandikirwa mu gihugu cy’u Bufaransa, rwashyize inkuru hanze, ruvuga ko rwamenye ko mu mpera z’u mwaka ushize kugeza mu kwezi kwa kane uyu mwaka, leta ya Kinshasa yahaye Wazalendo amasasu arenga miliyoni 2 arimo za roketi 868 na grenade 284, imbunda zo ngo zikaba zari zirenga 300, zirimo iza AK-47 n’iza RPG.

Uru rubuga rukavuga ko nubwo Wazalendo bahawe ibyo bikoresho byagisirikare byinshi, ariko ntibigeze bishimira aba ofisiye bo muri FARDC, guhera ku bo muri Kivu Yaruguru. Bivugwa ko babafata nk’abatengushye.

Impuguke z’umuryango w’Abibumbye, mu byo ziheruka gushira hanze, zagaragaje ko FDLR mu kwezi kwa kane uyu mwaka w’ 2024 zagiye i Kinshasa guhura na perezida Félix Tshisekedi, kugira ngo baganire ku migendekere y’intambara.

Ibyo biganiro, zimwe muri za FDLR zabigaragarijemo perezida Félix Tshisekedi ko abofisiye bo mu ngabo za FARDC badafata kimwe imitwe ya Wazalendo, kandi ngo ibyo bigaragarira mu byo bazigenera.

Basobanura ko batagejejweho ubufasha bwose basezeranyijwe kugira ngo bitware neza ku rugamba, kandi ko hari imitwe ihabwa ibiribwa kabiri mu kwezi kumwe n’amafaranga, mu gihe indi yo idahabwa na duke.

Wazalendo kandi bagaragaje ko mu bindi bibaca intege, ngo ni mu gihe urugamba ruba rukaze bahanganyemo na M23 muri icyo gihe ingabo za FARDC zikabatererana ku rugamba.

Bikavugwa ko FDLR, isezerano yahawe riruta ayandi, ngo ni mu gihe bazatsinda umutwe wa M23, ngo nibamara ku wutsinda bazahita binjizwa mu gisirikare cya RDC. Kandi ngo abazaba bagifite agatege, bazahabwa imyamya ikomeye mu nzego zitandukanye z’umutekano muri iki gihugu.

Gusa, ngo ibyiri sezerano, ntabwo bakibyizera cyane bitewe n’uko Leta ya Kinshasa ikomeje ibiganiro ku rwego rw’akarere bigamije guhagarika iyi ntambara. Babona ko kurangira kwayo nta ruhare bazaba babigizemo ku buryo babihemberwa.

Kutizera iri sezerano biranajyana n’uko leta ya perezida Félix Tshisekedi igaragaza ko ishaka gushyira imbaraga mu gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi, binyuze muri gahunda izwi nka DDRC-S.

Hari impungenge ko igihe leta ya RDC itakwinijiza abarwanyi ba Wazalendo mu nzego z’igihugu zishinzwe umutekano nk’uko babisezeranyijwe, bakongera gukora nk’inyeshamba nk’uko byahoze, umutekano wa Kivu Yaruguru ugakomeza kuba mubi.

               MCN.
Tags: FDLRIsezeranoRiruta andi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
1
Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by'i ngabo z'u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n'amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge Me.Moise Nyarugabo uzwi cyane muri politiki ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye "guhangana aho gusabiriza" Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye Abanyarwanda ko mu bibabazo igihugu cyabo gifite...

Read moreDetails

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Igihano gitangaje cyahanishijwe abasirikare b'u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC Abasirikare b'u Burundi bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n'amaguru nyuma y'uko bishyuzaga umushara barwaniye muri Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails
Next Post

Funding Crisis Hits South African Ruling ANC’s Election Campaign

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?