Icyitezwe ku biganiro byahuje AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa i Doha
Repubulika ya demokarasi ya Congo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo rirwanya ubu butegetsi bw’i Kinshasa, byahuriye i Doha muri Qatar mu rwego rwo kugira ngo basinye y’amahame aganisha ku masezerano y’amahoro.
Ni amakuru yavuzwe mu itangazo rihuriweho ryasohowe n’urwego rw’ubanyi n’amahanga rwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Iri tangazo rikaba ryasohowe nyuma y’inama ya gatatu y’abahagarariye u Rwanda, RDC n’abahuza yo gukurikirana iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka.
Uru rwego rwavuze ko, Qatar yamenyesheje ibihugu ko ku itariki ya 06/10/2025, intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo ndetse n’iza AFC/M23 zizasubukura ibiganiro.
Ikavuga kandi ko ibi biganiro bizibanda cyane kunoza amasezerano y’ubwumvikane mu guhererekanya imfungwa yasinywe tariki ya 19/09/2025.
Ihuriro rya AFC/M23 rigaragaza ko leta y’i Kinshasa ifunze abayobozi baryo barenga 700, ko kandi abo bagomba kurekurwa, na RDC ikavuga ko AFC/M23 ifite imfungwa na bo bagomba kurekurwa.
Biteganyijwe ko komite mpuzamahanga y’umuryango wa Croix-Rouge izaba umuhuza mu bikorwa byo gushakisha imfungwa za buri ruhande, kuzingenzura no kuzirukura.
Gusa hari impungenge z’uko amasezerano y’amahoro atazasinywa hagati ya RDC na AFC/M23 ahanini bitewe n’ibiri ku kibuga cy’imirwano.
Major Gen Sultan Makenga ubushize yabwiye abasirikare bashya baheruka kwinjizwa muri AFC/M23 , ko intego ya M23 /ARC ari ugukuraho ubutegetsi bubi bwa Felix Tshisekedi, ikabohora RDC.
Perezida Tshisekedi, na we ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa tariki ya 04/10/2025, yagaragaje ko afite intego yo kwisubiza ibice byafashwe n’abarwanyi ba AFC/M23 birimo umujyi wa Goma, Bukavu, n’ibice byo muri teritware ya Rutshuru, Kamanyola, Minembwe n’ahandi.
AFC/M23 imaze igihe isohora amatangazo ishinja ingabo za Congo n’abafatanyabikorwa bayo kugaba ibitero mu duce dutuwe cyane n’abaturage hifashishijwe indege zitagira abapilote, ari nako abarwanyi ba Wazalendo barwana n’aba M23.