• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyitezwe ku biganiro byahuje AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa i Doha

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 6, 2025
in Regional Politics
0
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyitezwe ku biganiro byahuje AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa i Doha

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo rirwanya ubu butegetsi bw’i Kinshasa, byahuriye i Doha muri Qatar mu rwego rwo kugira ngo basinye y’amahame aganisha ku masezerano y’amahoro.

Ni amakuru yavuzwe mu itangazo rihuriweho ryasohowe n’urwego rw’ubanyi n’amahanga rwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Iri tangazo rikaba ryasohowe nyuma y’inama ya gatatu y’abahagarariye u Rwanda, RDC n’abahuza yo gukurikirana iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka.

Uru rwego rwavuze ko, Qatar yamenyesheje ibihugu ko ku itariki ya 06/10/2025, intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo ndetse n’iza AFC/M23 zizasubukura ibiganiro.

Ikavuga kandi ko ibi biganiro bizibanda cyane kunoza amasezerano y’ubwumvikane mu guhererekanya imfungwa yasinywe tariki ya 19/09/2025.

Ihuriro rya AFC/M23 rigaragaza ko leta y’i Kinshasa ifunze abayobozi baryo barenga 700, ko kandi abo bagomba kurekurwa, na RDC ikavuga ko AFC/M23 ifite imfungwa na bo bagomba kurekurwa.

Biteganyijwe ko komite mpuzamahanga y’umuryango wa Croix-Rouge izaba umuhuza mu bikorwa byo gushakisha imfungwa za buri ruhande, kuzingenzura no kuzirukura.

Gusa hari impungenge z’uko amasezerano y’amahoro atazasinywa hagati ya RDC na AFC/M23 ahanini bitewe n’ibiri ku kibuga cy’imirwano.

Major Gen Sultan Makenga ubushize yabwiye abasirikare bashya baheruka kwinjizwa muri AFC/M23 , ko intego ya M23 /ARC ari ugukuraho ubutegetsi bubi bwa Felix Tshisekedi, ikabohora RDC.

Perezida Tshisekedi, na we ubwo yaganiraga n’urubyiruko i Kinshasa tariki ya 04/10/2025, yagaragaje ko afite intego yo kwisubiza ibice byafashwe n’abarwanyi ba AFC/M23 birimo umujyi wa Goma, Bukavu, n’ibice byo muri teritware ya Rutshuru, Kamanyola, Minembwe n’ahandi.

AFC/M23 imaze igihe isohora amatangazo ishinja ingabo za Congo n’abafatanyabikorwa bayo kugaba ibitero mu duce dutuwe cyane n’abaturage hifashishijwe indege zitagira abapilote, ari nako abarwanyi ba Wazalendo barwana n’aba M23.

Tags: AFC/m23ibiganiroQatarRdc
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Tito Rutaremara yasubije abavuga ko u Rwanda rufite ingabo muri RDC

Tito Rutaremara yasubije abavuga ko u Rwanda rufite ingabo muri RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?