Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 2, 2025
in Regional Politics
0
Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC basabye amahanga.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, basabye Qatar, Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’umuryango w’ubumwe bwa Afrika gushyigikira umuhate w’abanyamadini ngo kuko basanga ari wo uzageza Congo ku mahoro arambye.

Bikubiye mu nyandiko zashyizwe ahagaragara n’abanyapolitiki bavuga rikijana muri RDC. Aba barimo Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya, Martin Fayulu ufite ishyaka ayoboye, Moïse Katumbi nawe ukuriye ishyaka rya Assemble Pour la Republique, na Delly Sesanga.

Muri izo nyandiko hari aho basaba biriya bihugu bikomeye ko haba igisubizo cy’Abanyekongo ubwobo ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo, ngo kuko bo bazabanza kwiga impamvu muzi z’ibibazo no kureba umuti urambye.

Ni nyandiko zikomeza zivuga ko ikibazo cy’umutekano muke, guhonyora itegeko nshinga, imiyoborere mibi, no guhonyora uburenganzira bw’ibanze bwa rubanda, bigomba gushakirwa igisubizo kinogeye buri wese muri RDC. Bongeraho n’impamvu zo hanze zirimo kuvogera ubusugire bwa Congo no kwigabiza bitemewe n’amategeko amabuye y’agaciro yayo.

Ubundi kandi aba banyapolitiki bane bavuze ko bashyigikiye umuhate w’abasenyeri Gatolika na protestanti bamaze igihe bagera impande zose zirebwa n’iki kibazo, bavuga ko ari yo nzira yonyine y’Abanye-kongo ifunguriye impande zose kugera ku mahoro arambye. Niho bahise basaba Leta Zunze ubumwe z’Amerika, umuryango wa Afrika Yunze ubumwe na Qatar gushyigikira uyu muhate w’aba banyamadini.

Bongeye gusaba kandi ko ibikubiye mu masezerano ku mabuye y’agaciro hagati ya RDC na Leta Zunze ubumwe z’Amerika ko agomba gushyirwa ahagaragara kugira ngo habe umucyo uboneye.

Tags: Abanyapolitiki
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye umubare udasanzwe w’Amadubu arangije ikosi ya gisirikare muri Kivu y’Epfo.

Operasiyo itaravuzwe iyo M23 iheruka gukorera i Sake.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?