Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.
Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo i Uvira, Jeaques Perusi, yabwiye abaturage bari muri uyu mujyi ko intambara zirangiye, abasaba kutagira amacakubiri, anabizeza ko ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi w’iki gihugu cya RDC ko bugiye gusubirana ibice byose bwa mbuwe n’umutwe wa M23, bituma abaturage bamwita umubeshi.
Ni ijambo bwana Perusi yatangaje ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 20/05/2025, hari nyuma y’aho yari avuye mu ruzinduko i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Mu ijambo rye, yavuze ko intambara zirangiye, ati: “Intambara zirararangiye. Perezida Felix Tshisekedi yansabye kuzababwira ibi ningera hano nonega nahageze. Tugiye gusubira mu bya mbere nk’uko ibintu byahoze. Kandi ubutabera bugiye gukora, uwibye, uwishe nuwakoze violence azabibazwa.”
Yongeye ati: “Kubera ko intambara zirangiye, ndabasaba kuba umwe, waba uri Umushi, Umubembe, Umupfulero, cyangwa ube uri umukongomani wahe na he? Dusenyere ku mugozi umwe, mu rwego rwo kugira ngo dushigikire ingabo zacu za FARDC, maze turusheho gufasha Tshisekedi kuyobora iki gihugu cyacu.”
Yageze naho avuga ko ibice byose umutwe wa M23 wigaruriye, Leta y’i Kinshasa ko izongera kubisubirana, avugamo Bunagana n’ahandi, bityo asaba abantu gushyigikira ubutegetsi buriho.
Ati: “Ibice byigaruriwe n’umutwe wa M23, Leta yacu iracabisubirana, ibyo birimo Bunagana n’ahandi hose. Ni yo mpamvu mbasaba gushigikira Leta y’i Kinshasa.”
Ibi byatumye bamwe mu baturage bari i Uvira kumwita umubeshyi, umwe muri abo yagize ati: “Urumva ibyo guverineri avuga? Arabesha. Bisa nk’aho yananiwe kuvuga.”
Uyu muturage yanavuze ko ibyo Leta yikora ari nabyo bituma ikomeza gutsindwa.
Ati: “Iyi Leta ntiyareka gutsindwa kuko ibyo yikora ntibiba bifite ubwenge.”
Ni mu gihe imirwano ikomeje kubica bigacika mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hagati y’umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya perezida Felix Tshisekedi.
Ihuriro rya AFC ribarizwamo uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho kuva mu mpera z’uyu mwaka wa 2025 ryigaruriye ibice byinshi birimo n’imijyi ikomeye irimo uwa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru n’uwa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.
Kuri ubu umujyi wa Uvira wimuriwemo ibiro bikuru by’intara ku ruhande rwa Leta, imirwano yo kuwafata irarimbanyije, aho iyi mitwe yombi uwa M23 n’uwa Twirwaneho bisa nibimaze kuwugota, kuko abarwanyi bayo bari ku misozi ya Fizi, Uvira no muri Walungu na Mwenga. Bivuze ko isaha iyariyo yose bashobora kuwigarurira.