Icyo amakuru avuga ku bapolisi bagiriwe nabi bazira ko ari Abanyamulenge.
Abapolisi bagera kuri bane bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, bafashwe na Wazalendo i Uvira, barabakubita babahindura intera babaziza ko ari abo mu bwoko bw’Abanyamulenge, barangije babata mu nzu y’imbohe.
Bikubiye mu nyandiko twahawe kuri Minembwe Capital News, aho izo nyandiko zitabariza Abapolisi ba RDC bari bagiye mu bibali iwabo mu misozi ya Bijombo binutse i Uvira bakaza kuhagarurwa ku mbaraga na Wazalendo.
Inyandiko zikubiyemo ayo makuru zigira ziti: “Mugerageze gutabariza abasore ba bapolisi bafashwe na Wazalendo. Ubu babafungiye kuri Kiliba muri Mai Mai.”
Inyandiko zikomeza zigira ziti: “Ni bane, hari uwitwa Samuragwa, Sengiyumva, Kimenyerwa na Ngarukiye.”
Nyamara kandi ngo hari n’abagore ba Banyamulenge n’abo bafatanwe n’abariya bapolisi, kabone nubwo tutarabasha kumenya umubare wabo, ariko nk’uko izi nyandiko zikomeza zibivuga, bo bafungiwe kuri GMI ya polisi iherereye mu mujyi wa Uvira.
Yaba Abapolisi n’abo bagore, bose bari bazamutse i Ndondo ya Bijombo, ni mu gihe abapolisi bo bari bahawe uruhushya rwo kuja kureba imiryango yabo, bikarangira bazize amasura yabo cyangwa uko baremwe.
Amashusho yagiye hanze, agaragaza Wazalendo bari gukubita inkoni bariya bapolisi, hari naho ubona bari kubakurubana mu muhanda hasi ku mabuye.
Ni kenshi ikibazo cy’Abanyamulenge cyagiye kivugwa hirya no hino ku isi, ariko kugitorera umuti urambye bikaba byaranze kugeza magingo aya.
Benshi mu Banyamulenge biciwe mu bice bitandukanye byo muri iki gihugu, kandi icyo bazira ni kimwe ni ubwoko bwabo. Bamwe bicishijwe umuriro, inkoni, guterwa amabuye abandi bagahambwa babona.
Ibyo byabereye i Kinshasa, Goma, Salamabila n’ahandi mu bindi bice bigize iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.