• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, April 20, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

minebwenews by minebwenews
June 11, 2025
in Regional Politics
0
Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

You might also like

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirigushyira imbaraga ku Rwanda, aho zirusaba kuvana ingabo zarwo k’u butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, mbere yuko hasinywa amasezerano y’amahoro, ibyo kandi na Congo isaba n’ubwo u Rwanda ruhakana ibyo rushinjwa.

Mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, Massad Boulos, umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika, yatangarije ibinyamamakuru ko igihugu cye cyifuza ko amasezerano y’amahoro yarangira mu gihe cy’amezi abiri gusa.

Igisabwa kugira ngo aya masezerano ashyirweho umukono, nk’uko ngo Amerika na RDC bibyifuza ngo ni uko u Rwanda rwabanza kuvana abasirikare barwo mu Burasizuba bwa Congo.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, nyuma yuko abonye iyi nkuru yatambukijwe kuri Reuters, yavuze ko yizeye ko abo bari gushyira amakuru ku mishyikirano ikomeje kuja ku karubanda bazi ingaruka bishobora kugira.

Yagize ati: “Abo impande ziri mu biganiro bikomeje hagati ya RDC n’u Rwanda, barimo gusohora nabi ibyifuzo by’uruhande rumwe n’inyandiko z’imirimo ikomeje mu itangazamakuru, bumva ko bashobora kubangamira intsinzi y’ibiganiro bya Washington DC.”

Uyu mushinga urenze gutangaza amahame abaminisitiri b’ubanye n’amahanga b’ibihugu byombi basinye mu muhango wabereye i Washington mu kwezi kwa kane hamwe n’umunyabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio. Iyo ndiko ivuga ko impande zombi zizakemura ibibazo byose by’umutekano mu buryo bwubahiriza ubusugire bwabyo.

U Rwanda rushinjwa kugira ingabo zarwo k’u butaka bwa RDC ngo zibarirwa mu bihumbi 7 na 12, rubitera utwatsi, ahubwo rukavuga ko RDC ko ariyo icyumbikiye abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Gusa, uru Rwanda rukavuga ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zo guhangana n’uy’u mutwe uru rwanya wa FDLR.

Reuters ikomeza ivuga ko ngo u Rwanda ntirwigeze rusubiza uyu mushinga w’amasezerano wateguwe na Amerika guhera mu cyumweru gishize. Cyakora, minisitiri w’ubanye n’amahanga Olivier Nduhungurehe, yabwiye iki gitangazamakuru cya Reuters ko impuguke za Congo n’u Rwanda zizahurura muri iki cyumweru i Washington kugira ngo baganire kuri ayo masezerano.

Nyamara RDC ishinja u Rwanda gukurura ibirenge kuri uyu mushinga, ndetse ikavuga ko ari ngombwa ko ingabo zarwo zivanwa mu gihugu cyabo, bityo iby’aya masezerano bikabona gushyirwa mungiro.

Umushinga w’amasezerano wateguwe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika urasaba kandi ko hashyirwaho gahunda ihuriweho y’umutekano bise “Joint Security Coordination Mechanism,” ishobora kuba irimo n’u Rwanda n’abakozi b’indorerezi z’abasirikare b’abanyamahanga, kugira bakemure ibibazo by’umutekano, harimo no gukomeza gukemura ikibazo cy’inyeshyamba zirwanya u Rwanda.

Uyu mushinga kandi w’amasezerano avuga ko RDC isabwa kwemera ko M23 igira uruhare mu biganiro by’igihugu ku buryo ikorera muri iki gihugu.

Ubundi kandi RDC iri mu bindi biganiro bitaziguye na M23 ku masezerano ashobora guhagarika imirwano, ibi biganiro bimaze iminsi bibera i Doha muri Qatar.

Ni mu gihe kandi Qatar yagejeje umushinga w’amasezerano ku ntumwa z’impande zombi zagombaga kubanza kuwugishaho inama abayobozi ba zo mbere yo gukomeza ibiganiro.

Hagataho, Reuters yagaragaje ko yahawe amakuru n’umwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa M23 ariko ngo ntiyashaka ko amazina ye aja hanze, ayigaragariza ko nta kintu kiragerwaho kiganisha ku kurangiza intambara, kandi ko aya masezerano yaba agamije gusa ko bo batakaza ibice bamaze kwigarurira, ibyo yashimangiye ko bitashoboka.

Tags: Amasezerano y'amahoroAmerikaRdcRwanda
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 19, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura Mu minsi mike ishize yo muri uyu mwaka wa 2026, mu gace ka Musaga...

Read moreDetails

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails
Next Post
Uwahoze ari Bourgmestre yagizwe visi guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uwahoze ari Bourgmestre yagizwe visi guverineri w'i ntara ya Kivu y'Amajyepfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?