• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

minebwenews by minebwenews
July 18, 2025
in Regional Politics
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yateye ikibazo uwashyize u Rwanda na Congo ku rwego rumwe mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar bihuza AFC/M23 na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hari nyuma y’aho umunyamakuru Christophe Rigaud usanzwe akorera ikinyamakuru cya Afrikarabia, ufite icyicaro muri RDC, mu butumwa bwe yari yanyujije kurubuga rwe rwa x, yavuze ko ibiganiro by’i Doha, ba minisitiri b’u mutekano uw’u Rwanda n’uwa Congo babyitabiriye nk’i “ndorerezi.”

Yagize ati: “RDC n’u Rwanda, mu gihe hakomeje ibiganiro hagati ya M23 na Congo, minisitiri w’umutekano wa Qatar yahuye mu bihe bitandukanye na bagenzi be uwa RDC Jacquemain Shabani, n’uw’u Rwanda Vincent Biruta, bombi bakaba ari indorerezi muri ibi biganiro.”

Aha ni ho rero minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yahise amubaza ikibazo akoresheje x, agira ati: “Kuva ryari guverinoma ya Congo ari indorerezi muri ibi biganiro biri kubera i Doha?”

Gusa aba baminisitiri b’umutekano w’imbere mu gihugu, Vincent Biruta w’u Rwanda na Jaquemin Shabani, bakiriwe na mugenzi wabo wa Qatar, Sheikh Mohammed, nk’uko minisiteri y’umutekano muri Qatar yabitangaje.

Icyumweru gishize hagati muri cyo, ni bwo aba baminisitiri bageze i Doha mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo kubuhuza bwa Qatar.

Hagataho, minisitiri w’umutekano w’u Rwanda n’uwa RDC bitabiriye ibi biganiro batagiye kubigiramo uruhare, ahubwo ba bitumiwemo n’abahagarariye guverinoma z’ibihugu biherutse gushyira umukono ku masezerano y’amahoro ajyanye n’ibi biganiro by’i Doha.

Kugeza ubu ibiganiro bihuza impande zishyamiranye biracyarimo, ariko ibyifuzo bya buri ruhande bikomeza kongerera ukutumvikana.

AFC/M23 isaba kuyobora intara za Kivu zombi mu gihe cy’imyaka umunani.

Ni mu gihe Kinshasa na yo ifata ibi biganiro nk’ibizayihesha kongera kwigarurira ibice yambuwe birimo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu.

Ubundi kandi ikagaragaza ko mu gihe AFC/M23 yahabwa kuyobora intara za Kivu zombi, bisa no kuzuza umugambi ukunze kuvugwa cyane muri RDC wo gucagaguramo igihugu ibice.

Nyamara nubwo ibi biganiro birimo kuba, kandi impande zombi zikaba zarumvikanye guhagarika imirwano, ariko ntibibuza ko ingabo za FARDC n’iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR mubufatanye bwazo, zikora ibitero mu duce dutandukanye.

Kuko n’ahar’ejo zagabye ibitero ku Banyamulenge batuye mu Rurambo. Ibitero byakomeje no muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Izi ngabo zagabye ibi bitero ziturutse mu Masango no mu Rudefu mu bice bigenzurwa n’u ruhande rwa Leta.

Tags: AFC/m23I DohaibiganiroRdcRwanda
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Byinshi ku ngabo za  FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

Hamenyekane uduce ingabo z'u Burundi zoherejwemo kugira ngo zikore ibitero simusiga kuri AFC/M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?