Icyo Trump yatangaje nyuma y’isinywa ry’amasezerano y’amateka hagati ya RDC n’u Rwanda.
Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko akarere k’ibiyaga bigari gatangiye amateka mashya y’ubumwe, ubufatanye n’iterambere, ibi yabitangaje nyuma y’aho hasinywa amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.
Ni amasezerano yashyizweho umukono n’impande arebwa na yo u Rwanda na Congo ku munsi w’ejo ku wa gatanu tariki ya 27/06/2025.
Zimwe mu ngingo zigize aya masezerano u Rwanda na Congo byasinyanye, ni ugushyiraho iherezo ryanyuma amakimbirane yaragize igihe azonze ibi bihugu byombi bivuye ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Congo.
Ubufatanye mu by’ubukungu harimo no kubaha ubusugire bwa buri gihugu no kwirinda ibibatanya.
Nyuma y’aho aya masezerano ashyizweho umukono, perezida Trump yahise yakira mu biro bye ba minisitiri b’ubanye n’amahanga bibi bihugu byombi byagiranye ariya masezerano, maze atangaza ati: “Intambara yar’imaze imyaka 30 mu karere k’ibiyaga bigari, uyu munsi igeze ku iherezo, kandi n’akarere kose gatangiye ubuzima bushya.”
Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda wasinye kuruhande rw’iki gihugu cye, na we yavuze ko impande zombi zasinye amasezerano y’amahoro, kandi ko kugira ngo icyo gikorwa kigerweho byaturutse ku muhate wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, anayisaba gukomeza kubishyiramo intege kugira ngo ibyumvikanyweho bigere ku ntego yanyayo.
Byatumye kandi Perezida Trump yongera kuvuga ibyo amaze gukora, ahamya ko ari we wagize uruhare ubu vuba kugira ngo intambara y’u Buhinde na Pakistan ibashye guhagarara, ndetse kandi ngo na Iran na Israel ngo none kandi hiyongereye u Rwanda na RDC.