Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 19, 2024
in Regional Politics
1
Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni ibyatangajwe n’abategetsi ba Ukraine, aho babitangaje bakoresheje ubutumwa bw’amashusho, bagaragaza ko hari kindi kiraro ingabo zabo zasenyaguye cy’u Burusiya cyo mu karere ka Zvannoe.

Nk’uko bigaragara ubu butumwa bw’amashusho, abategetsi ba Ukraine batangiye ku busakaza kuri iki Cyumweru tariki ya 18/08/2024, aho bagaragaza neza ko ingabo zabwo ziri ku mugezi witwa Seym mu gace ka Zvannoe.

Kandi ibi byagiye hanze, nyuma y’uko perezida Zelensky yari amaze gutangaza ko intego zo kwinjira mu karere ka Kursk zirimo no gushaka kubaka ingufu zabo muri aka karere bigaruriye k’u Burusiya.

Ibyumweru bibiri birihafi kuzura ingabo za Ukraine zikoze ibitero bikomeye ku butaka bw’u Burusiya kuva Moscow yatera Ukraine mu 2022.

Umugaba mukuru w’ingabo za Ukraine Lt Gen Mykola Oleschuk yanditse ubutumwa buherekeza ariya mashusho agira ati: “Tuvanyeho ikindi kiraro.”

Yanongeyeho kandi ati: “Indege z’intambara za Ukraine zikomeje kubuza uburyo umwanzi mu bitero bidahusha byazo, bikoma mu nkokora ubugizi bwa nabi.”

Aya mashusho yerekana umwotsi mwinshi uzamuka hejuru y’ikiraro mu gihe ibice bimwe byacyo biboneka byangirika. Ntabwo bizwi neza isaha z’ijoro iki kiraro cyarashwe.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru dusoje, nibwo kandi Ingabo za Ukraine za shwanyaguje ikindi kiraro kiri ku ruzi rwa Seym, hafi y’umujyi wa Glushkovo.

Byanasobanuwe ko icyo kiraro ko cyakoreshwaga na Kremlin mu kugeza ibya nkenerwa ku ngabo ziri ku rugamba.

Ariko byari byanatangajwe n’inzobere ko ibiraro bitatu byo muri ako gace bifasha kugeza ibyangombwa ku ngabo z’u Burusiya, zivuga ko bibiri byashwanyagujwe cyangwa byangiritse cyane.

Ukraine, nk’uko ikomeje kubigaragaza, binyuze ku bategetsi bayo nuko yaba ishyaka kwigaranzura igihugu cy’u Burusiya, ndetse kandi na perezida wa Ukraine Zelensky yatangaje ati: “Ibitero byacu mu karere ka Kursk bikomeje kugwa nabi ingabo z’u Burusiya, inganda zabo za gisirikare ndetse n’ubukungu bwabo.”

Yakomeje avuga ko “ubu birenze kwirwanaho, kandi ko intego yabo ari ugusenya ingufu z’intambara nyinshi zishoboka z’u Burusiya.”

U Burusiya bwateye Ukraine mu 2022 ariko vubaha bwagiye bugenda buhoro mu gufata ibice byo mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Ibi bikaba bitandukanye n’umuvuduko iki gihugu cy’u Burusiya cyakoresheje gitangiza intambara muri Ukraine.

Hagati aho, igihugu cy’u Burusiya cyatangajwe n’uko ingabo za Ukraine zinjiye ku butaka bwayo kandi zihita zigaba ibitero, ndetse zigira n’uduce zifata.

Ni ubwambere ingabo za mahanga zari zinjiye mu Burusiya kuva mu ntambara ya kabiri y’isi irangiye.

            MCN.
Tags: GushwanyaguzaIkiratoImirwanoUkraine
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ibindi bishya byavuzwe ku mbonerakure ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Ibindi bishya byavuzwe ku mbonerakure ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Comments 1

  1. zoritoler imol says:
    11 months ago

    Very interesting information!Perfect just what I was looking for!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?