• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.

minebwenews by minebwenews
August 19, 2024
in Regional Politics
1
Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Ukraine cyongeye gushwanyaguza ibindi bikorwa remezo by’igihugu cy’u Burusiya.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni ibyatangajwe n’abategetsi ba Ukraine, aho babitangaje bakoresheje ubutumwa bw’amashusho, bagaragaza ko hari kindi kiraro ingabo zabo zasenyaguye cy’u Burusiya cyo mu karere ka Zvannoe.

Nk’uko bigaragara ubu butumwa bw’amashusho, abategetsi ba Ukraine batangiye ku busakaza kuri iki Cyumweru tariki ya 18/08/2024, aho bagaragaza neza ko ingabo zabwo ziri ku mugezi witwa Seym mu gace ka Zvannoe.

Kandi ibi byagiye hanze, nyuma y’uko perezida Zelensky yari amaze gutangaza ko intego zo kwinjira mu karere ka Kursk zirimo no gushaka kubaka ingufu zabo muri aka karere bigaruriye k’u Burusiya.

Ibyumweru bibiri birihafi kuzura ingabo za Ukraine zikoze ibitero bikomeye ku butaka bw’u Burusiya kuva Moscow yatera Ukraine mu 2022.

Umugaba mukuru w’ingabo za Ukraine Lt Gen Mykola Oleschuk yanditse ubutumwa buherekeza ariya mashusho agira ati: “Tuvanyeho ikindi kiraro.”

Yanongeyeho kandi ati: “Indege z’intambara za Ukraine zikomeje kubuza uburyo umwanzi mu bitero bidahusha byazo, bikoma mu nkokora ubugizi bwa nabi.”

Aya mashusho yerekana umwotsi mwinshi uzamuka hejuru y’ikiraro mu gihe ibice bimwe byacyo biboneka byangirika. Ntabwo bizwi neza isaha z’ijoro iki kiraro cyarashwe.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru dusoje, nibwo kandi Ingabo za Ukraine za shwanyaguje ikindi kiraro kiri ku ruzi rwa Seym, hafi y’umujyi wa Glushkovo.

Byanasobanuwe ko icyo kiraro ko cyakoreshwaga na Kremlin mu kugeza ibya nkenerwa ku ngabo ziri ku rugamba.

Ariko byari byanatangajwe n’inzobere ko ibiraro bitatu byo muri ako gace bifasha kugeza ibyangombwa ku ngabo z’u Burusiya, zivuga ko bibiri byashwanyagujwe cyangwa byangiritse cyane.

Ukraine, nk’uko ikomeje kubigaragaza, binyuze ku bategetsi bayo nuko yaba ishyaka kwigaranzura igihugu cy’u Burusiya, ndetse kandi na perezida wa Ukraine Zelensky yatangaje ati: “Ibitero byacu mu karere ka Kursk bikomeje kugwa nabi ingabo z’u Burusiya, inganda zabo za gisirikare ndetse n’ubukungu bwabo.”

Yakomeje avuga ko “ubu birenze kwirwanaho, kandi ko intego yabo ari ugusenya ingufu z’intambara nyinshi zishoboka z’u Burusiya.”

U Burusiya bwateye Ukraine mu 2022 ariko vubaha bwagiye bugenda buhoro mu gufata ibice byo mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Ibi bikaba bitandukanye n’umuvuduko iki gihugu cy’u Burusiya cyakoresheje gitangiza intambara muri Ukraine.

Hagati aho, igihugu cy’u Burusiya cyatangajwe n’uko ingabo za Ukraine zinjiye ku butaka bwayo kandi zihita zigaba ibitero, ndetse zigira n’uduce zifata.

Ni ubwambere ingabo za mahanga zari zinjiye mu Burusiya kuva mu ntambara ya kabiri y’isi irangiye.

            MCN.
Tags: GushwanyaguzaIkiratoImirwanoUkraine
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ibindi bishya byavuzwe ku mbonerakure ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Ibindi bishya byavuzwe ku mbonerakure ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Comments 1

  1. zoritoler imol says:
    12 months ago

    Very interesting information!Perfect just what I was looking for!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?