• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ibyo M23 igishinja

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Regional Politics
0
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ibyo M23 igishinja
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ibyo M23 igishinja

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza, yavuze ko ibyo umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Congo ubashinja ari ibinyoma.

Ni mu butumwa Brig.Gen.Gaspard yatambukije kuri x yahoze yitwa Twitter, ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 02/10/2025.

Muri ubwo butumwa yavuze ko M23 ishinja igisirikare cyabo ibinyoma, igamije guhuma amaso amahanga, mu rwego rwo kugira igere ku migambi yayo.

Yagize ati: “Ibyo M23 idushinja byo gukoresha drones tukarasa ku baturage n’ibinyoma byambaye ubusa. Irashaka guhuma amaso amahanga kugira imigambi yayo iri gutegura iyigereho.”

Ni nyuma y’uko uyu mutwe wa M23 ugize iminsi ushinja Ingabo z’u Burundi kugaba ibitero ikoresheje ama-drones mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwa RDC, harimo n’ibyo giheruka kugaba mu Mikenke no mu nkengero zayo ku misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu yepfo n’ahandi.

Tariki ya 29 z’ukwezi kwa Cyenda uyu mwaka, drones yagabye ibitero mu gice cya Mikenke muri secteur ya Itombwe teritware ya Mwenga, gisenya amazu agera kuri ane.

Amashusho abigaragaza, yerekana amazu atatu yasenyutse yika hasi, mu gihe indi imwe yari yasenyutse igikuta kimwe. Ariko byavuzwe ko nta bantu bari bayarimo, ni nyuma y’uko bari bahunze kubera ibitero bya Wazalendo.

Ku munsi w’ejo ku wa kane nabwo, M23 yashinje igisirikare cy’u Burundi kugaba ibitero muri teritware ya Rutshuru na Lubero bigasenya imihana y’abaturage.

Ni mu gihe kandi ibindi bitero bya Sukhoi-25 na drones byagabwe i Nzibira muri teritware ya Walungu ku wa mbere muri iki cyumweru, nabyo bigasenya imihana y’abaturage baho.

Uyu mutwe wagaragaje ko ziriya drones zitegurirwa i Bujumbura mu Burundi ni Uvira mu ntara ya Kivu y’Amaj’epfo.

Unagaraza ko wo uzakomeza kurinda abasivili n’ibyabo, ariko ko utazihanganira ibyo Ingabo z’u Burundi zikora ku bufatanye n’iza RDC n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa Wazalendo n’uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Tags: DroneIgisirikare cy'u BurundiM23
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?