• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ihuriro rya CENCO rya gize icyo risaba u Rwanda na RDC ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC.

minebwenews by minebwenews
August 8, 2024
in Regional Politics
0
Ihuriro rya CENCO rya gize icyo risaba u Rwanda na RDC ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ihuriro rya CENCO rya gize icyo risaba u Rwanda na RDC ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 08/08/2024, ihuriro ry’Abepesikopi bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo(CENCO) ryasabye leta y’u Rwanda n’iya Congo Kinshasa, gukora ibishoboka byose bakarangiza intambara ibera mu Burasirazuba bw’igihugu cya RDC bashingiye ku masezerano ibi bihugu biheruka kugirana ubwo bari i Luanda muri Angola mu Cyumweru gishize.

Aya masezerano yavuga ko intambara ibera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hagati ya M23 n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, igomba guhagarara kandi bikaba byari biteganijwe ko uwo mwanzuro utangira kubahirizwa guhera tariki ya 04/08/2024.

Ariko kugeza ubu imirwano niyose, kuko guhera ku wa Kane w’i Cyumweru gishize umutwe wa M23 wakomeje kwigarurira ibice byinshi mu buryo budasanzwe, aho uwo mutwe wafashe uduce turenga icumi two muri Grupema ya Binza, ndetse no ku munsi w’ejo hashize uwo mutwe wongeye gufata na gace ka Nyakakoma nyuma y’uko ku cyumweru wari wigaruriye i Shasha n’utundi duce.

Ihuriro rya CENCO binyuze ku itangazo bandikiye ibi bihugu, risaba leta z’ibihugu byombi u Rwanda na Congo Kinshasa, kubahiriza ariya masezerano ndetse kandi bagashira mu ngiro n’ibindi byose baganiriyeho i Luanda bakabiteraho umukono mu nama yari iyobowe na perezida wa Angola, João Lourenço.

Kimweho, nubwo ibi bihugu byashize umukono kuri ayo masezerano yo guhagarika intambara mu Burasirazuba bwa RDC, ariko imirwano ikaba igikomeje, nanone sibwo bwa mbere ibi Bihugu gukora amasezerano nk’aya, kuko hari n’andi atarubahijwe, kandi akaba yaragiye aba mu bihe bitandukanye.

Gusa, CENCO ikaba yasabye yihanangiriza buri ruhande rurebwa na riya masezerano kuzirikana ko byihutirwa ko Abanye-kongo barimo abana n’abagore ndetse n’abagabo bavanwe mu byabo kubera umutekano muke bashaka kubaho nk’abandi bari mu mahoro.

Ndetse kandi iri huriro rya CENCO ryaboneyeho no gusaba abafatanyabikorwa mpuzamahanga gushyigikira ishigwa mu bikorwa ryaya masezerano ku nyungu z’abatutage ba Repubulika ya demokarasi ya Congo bagize igihe mu kaga k’intambara.

       MCN.
Tags: AmasezeranoCENCOKubahirizaLuandaU Rwanda na Congo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu bategetsi bakomeye muri RDC, yavuze ku by’uburwayi bwa Tshisekedi.

Umwe mu bategetsi bakomeye muri RDC, yavuze ku by'uburwayi bwa Tshisekedi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?