• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 5, 2026
in Regional Politics
0
Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki ya 05/02/2026, yatangaje amagambo akomeye asobanura imvano y’umubano uhuriza hamwe Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi, agaragaza ko uwo mubano wubakiye kuri politiki y’urwango no kwiyanga, aho kuba ku mateka n’ubuvandimwe bwari busanzwe buranga Abanyarwanda n’Abarundi.

Ibi yabivugiye mu ijambo yatangije Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20, aho yibanze ku bibazo Abanyarwanda bagomba gukemura ubwabo, ariko anagaruka ku mibanire y’u Rwanda n’ibihugu by’abaturanyi, by’umwihariko Congo n’u Burundi.

Perezida Kagame yavuze ko mu mateka, Abanyarwanda n’Abarundi bafatwaga nk’impanga bitewe n’ubuvandimwe n’imico bisangiye, ariko ko bamwe mu bayobozi b’u Burundi bahisemo guhindura iyo nzira, bagahitamo kwegera politiki ya Congo.
Ati: “Mu mateka, Abanyarwanda n’Abarundi babitaga impanga. Ariko Abarundi bahisemo kuvuga ngo ntitugishaka kuba impanga n’Abanyarwanda, dushaka kuba impanga n’Abanyekongo. Nta kibazo mfitanye n’ibyo. Umuntu afite uburenganzira bwo guhitamo uwo afatanya na we. Ariko ikibazo ni uko iyo mpanga nshya ishingiye kuri politiki mbi, politiki yo kwiyanga no kwanga abandi. Ibyo ni byo bahuriraho.”

Perezida Kagame yasobanuye ko ayo mahitamo ya politiki atari ibanga, kuko abayobozi b’ibyo bihugu ubwabo babyivugira ku mugaragaro, kandi ko ari yo ntandaro y’umwuka mubi uri mu karere.

Umukuru w’Igihugu yongeye gushimangira ko intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itaturutse mu Rwanda, nk’uko bikunze kubwirwa amahanga. Yavuze ko u Rwanda rwakomeje gusobanura ukuri cy’iki kibazo, ariko ko hari abayobozi bahisemo kukirengagiza bagashaka izindi mpamvu zitari zo.

Ati: “Iyi ntambara yo muri Congo ntabwo yatangijwe n’u Rwanda, kandi ntabwo yaturutse mu Rwanda. Mubisuzume, mubikurikirane, ababishidikanyaho bazamenya ukuri. Yaturutse muri Congo, ndetse n’ahandi, uko babigenje hagati yabo ntibyaturutse hano.”

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo nyamukuru u Rwanda rufite ari icy’umutekano, gishingiye ku mitwe irimo Interahamwe iri muri Congo, ifite ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’akarere. Yibukije ko iyo mitwe yigeze guhabwa intwaro no kwinjizwa mu nzego z’umutekano za Congo, rimwe na rimwe igakorana n’ingabo z’icyo gihugu.

Yamaganye ibirego bivuga ko u Rwanda rujya muri Congo gushaka amabuye y’agaciro cyangwa kwagura imbibi zarwo, avuga ko ari impamvu zihimbwa zigamije kuyobya uburari no kwirengagiza ikibazo nyamukuru cy’umutekano.
Yagize ati: “Iyo u Rwanda ruba rukurikiranye amabuye y’agaciro ya Congo, ubu ruba rukize inshuro ijana ugereranyije n’aho rugeze.”

Perezida Kagame yasoje agaragaza ko ikibazo cya Congo atari ikibazo kitazwi, kuko impamvu zacyo zizwi neza, ahubwo hari abantu bamwe bakomeje kugitsimbararaho kubera inyungu zabo bwite. Yashimangiye ko igihe cyose ikibazo cy’umutekano n’imitwe ishingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside kitakemurwa, umutekano w’akarere uzakomeza guhungabana.

Aya magambo ya Perezida Kagame yongeye kugaragaza icyerekezo cy’u Rwanda ku bibazo by’umutekano n’imibanire y’akarere, asaba ko ukuri kuvugwa uko kuri, aho guhishirwa inyuma ya politiki n’inyungu z’abantu ku giti cyabo.

Tags: IgihuzaKagameNdayishimiyeTshisekedi
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame Yasobanuye impamvu Yigeze Kuvuga ko Atazi niba RDF Iri muri RDC

Perezida Kagame Yasobanuye impamvu Yigeze Kuvuga ko Atazi niba RDF Iri muri RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?