Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Imyigaragambyo muri Kenya yongeye kuri kora.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 27, 2025
in Regional Politics
0
Imyigaragambyo muri Kenya yongeye kuri kora.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imyigaragambyo muri Kenya yongeye kuri kora.

You might also like

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe.

Ibyimbitse ku masezerano u Rwanda na RDC byasinyanye.

Ibyingenzi ku byisinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, nubwo impungenge zikiri zose.

I Nairobi mu gihugu cya Kenya, abantu 16 bishwe n’aho hafi abandi 400 barakomereka nyuma y’aho abantu babarirwa mu bihumbi imirongo bigabije imihanda yo muri uyu mujyi wa Nairobi bamagana Leta ya perezida William Ruto.

Iyi myigaragambyo yakozwe ku wa gatatu muri iki cyumweru turimo.
Umuyobozi wa Amnesty Kenya, Irungu Houghton, mu kiganiro yahaye itangazamakuru yemeje ko hapfuye abantu 16 abandi babarirwa mu 400 ngo bagakomereka.

Yagize ati: “Ku wa gatatu, abantu benshi binjiye mu myigaragambyo mu mihanda iri i Nairobi, Mombasa no mu tundi duce dutandukanye. Aha muri Nairobi bigaragambije mu mihanda yerekeza ku nteko ishinga amategeko no kubiro by’umukuru w’igihugu. Muri aba bari mu myigaragambyo hishwemo 16 abagera ku 400 barakomeretswa.”

Aya makuru akomeza avuga ko mbere yuko imyigaragambyo itangira iriya mihanda ijya mu nteko ishinga amategeko n’ijya ku biro by’umukuru w’igihugu, polisi yari yayifunze.

Bikavugwa ko polisi yarashe amasasu yanyayo kugira ngo itawanyikishe abigaragambyaga. Ibi byatumye televisiyo y’igihugu itegekwa kuterekana imyigaragambyo yarubanda mu buryo bugaragaza amashusho

Gusa abari mu myigaragambyo bagiye berekana ibirindiro bya polisi byarashe, nibyagiye bikoresha ibyuka biryana mu maso ndetse n’ibyavagamo ibimodoka bisuka amazi menshi ku bigaragambyaga kugira ngo ibatatanye.

Nyamara ikigo cya Leta gishyinzwe itangazamakuru cyatangaje amakuru atariyo kivuga ko kugaragaza imyigaragambyo mu buryo bugaragara binyuranyije n’amategeko, kikanashyiraho ibyago byo gufatira ibihano ibitangazamakuru byabirenzeho.

Amashyirahamwe y’abaturage muri Kenya yamaganye icyo cyemezo, atangaza ko afite ishingiro zo kunyuranya n’itegeko nshinga, kuko kugaragaza imyigaragambyo mu buryo bugaragara bifasha gukumira ihohoterwa rikabije n’iyicyarubozo kuko ibikorwa byose biba byerekanywe kandi byanditswe, bifasha kubazwa inshingano.

Ibyabaye bisa n’ubundi ibyabaye umwaka ushize na bwo byakozwe mu kwezi kwa 6 uwo mwaka wa 2024. Iyi myigaragambyo yakozwe umwaka ushize yatumye Leta isubika umushinga w’itegeko ry’imari ryari riteganya kuzamura imisoro. Ariko kugeza n’ubu, urubyiruko rwo muri iki gihugu cya Kenya ruracyafite uburakari bukabije kubera ibikorwa bikekwa byo guhohotera abaturage bikozwe n’inzego z’u mutekano, birimo urupfu rwa mwalimu wapfiriye mu maboko ya polisi n’amasasu yarashwe ku mucuruzi wo ku muhanda utari witwaje intwaro, nk’uko byagiye bivugwa n’abari mu myigaragambyo.

Tags: ImyigaragambyoKenyaNairobi
Share31Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe.

by Bruce Bahanda
June 28, 2025
0
Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe. Yoweli Kaguta Museveni perezida wa Uganda yatangaje ko igihugu cye kitazemera ko...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku masezerano u Rwanda na RDC byasinyanye.

by Bruce Bahanda
June 28, 2025
0
Ibyimbitse ku masezerano u Rwanda na RDC byasinyanye.

Ibyimbitse ku masezerano u Rwanda na RDC byasinyanye. Guverinoma y'u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo byasinyanye amasezerano y'amahoro aganisha ku muti w'ibibazo by'intambara mu Burasirazuba bwa...

Read moreDetails

Ibyingenzi ku byisinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, nubwo impungenge zikiri zose.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Hatanzwe umucyo ku masezerano agiye gusinywa hagati y’u Rwanda na RDC.

Ibyingenzi ku byisinywa ry'amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo, nubwo impungenge zikiri zose. U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo barasinya amasezerano yo gushyiraho akadomo kanyuma...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, umuhungu wa perezida Museveni, yatumiye Abanyarwanda muri Uganda ku basura mu buryo...

Read moreDetails

Hatanzwe umucyo ku masezerano agiye gusinywa hagati y’u Rwanda na RDC.

by Bruce Bahanda
June 26, 2025
0
Hatanzwe umucyo ku masezerano agiye gusinywa hagati y’u Rwanda na RDC.

Hatanzwe umucyo ku masezerano agiye gusinywa hagati y'u Rwanda na RDC. Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko inyandiko izashyirwaho umukono ku wa gatanu, ko ari...

Read moreDetails
Next Post
Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?