• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 6, 2025
in Regional Politics
0
Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.
66
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

You might also like

U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko hari ibihugu 32 birimo 16 byo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bityo ngo bikaba bikwiye ku bona inguzanyo zo gushora imari muri ubwo butunzi.

Ibi umuryango w’Abibumbye wabivugiye mu nama yabahuje, aho yateranye ku bibazo byugarije ibihugu 32 biri mu nzira y’amajyambere, ariko bidakora kunyanja.

Umunyambanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres muri iyo nama yagize ati: “Ubundi iyo ibihugu bidakora ku nyanja, dusanga bigira ibibazo by’ingutu.”

Yakomeje avuga ko muri ibi bihugu 32, birimo 16 byo muri Afrika, avuga ko nubwo bifite ubutunzi bwinshi, ariko byugarijwe n’ibibazo bitandukanye.

Yagize ati: “Amadeni akomeje kurenga ubushobozi bw’ibihugu. Kimwe cya gatatu cy’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora kunyanja, byugarijwe n’ibibazo by’intambara n’umutekano muke. Nubwo ibi bihugu byihariye 7% by’abaturage b’isi yose, ariko bigira uruhare rwa 2% mu bukungu bw’isi.”

Ati: “ibi bihugu bifite ubutunzi bwinshi burimo umutungo kamere n’abakozi bahagije, ariko uwo mutungo ntubyazwa umusaruro kubera ko badafite igishoro cyo kuwutunganya no kuwugeza ku isoko.”

Yanavuze kandi ko bitegwa n’uko ibi bihugu bidafite ikorana buhanga rihagije.
Antonio Guterres avuga ko amahanga akwiye gufasha ibi bihugu kugira ngo bibyaze umusaruro ubutunzi bwinshi bifite.

Ati: “Ibiganiro turimo byagaragaje ko ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora kunyanja, ntabwo bikeneye ikindi, usibye kubiha igishoro. Imikorere y’ibigo bitanga inguzanyo igomba kuvugururwa kugira ngo bifashe abayikeneye.”

Ibyo yabivuze mu gihe ibihugu byinshi byugarijwe n’amadeni menshi ibindi byabuze igishoro, ni mu gihe byishyura menshi ku nguzanyo, ariko bigahabwa inkunga nke.

Umunyambanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, avuga ko kubwe yumva ko byahabwa inguzanyo ihendutse, ubundi kandi bikanosonerwa kuri iyo nguzanyo.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubucuruzi rigaragaza ko buri mwaka umugabane wa Afrika unyereza inkunga ingana na miliyari 88.6 y’amadolari y’Amerika, angana na 3% by’umusaruro w’uyu mugabane.

Rishimangira ko “hagati y’umwaka wa 2000 na 2015 uyu mugabane wa Afrika wanyereje inkunga ingana na miliyari 836 y’amadolari y’Amerika, aruta inguzanyo uyu mugabane wahawe muri 2018.”

Ririya shami rikavuga ko igikenewe cyane ngo ni uko ibi bihugu bikwiye kubanza kunoza imikoreshereze y’inkunga n’inguzanyo, bigahangana n’abatwara aya mafaranga aba agenewe guteza imbere imibereho y’abaturage.

Tags: Ibihugu 32InamaLoniUmusaruro
Share26Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

U Burundi buraramutswa minisitiri w'intebe mushya. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, ari we Nestor Ntahontuye. Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 05/08/2025, nibwo...

Read moreDetails

Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

by minebwenews
August 5, 2025
0
Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

Ethiopia-Eritrea Border Tensions Escalate as Troops and Heavy Weaponry Deploy Near AssabAddis Ababa. August 5, 2025 Reports confirmed Tensions between Ethiopia and Eritrea have reached a critical point as...

Read moreDetails

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zigiye kohereza abimukira 250 mu Rwanda nyuma y'aho ibi bihugu byombi bibyumvikanyeho. Ni amakuru yemejwe n'umuvugizi w'u Rwanda, Yolande...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impamvu ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza RDC na AFC/M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwagaragaje impamvu ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza RDC na AFC/M23 i Doha. Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko igihugu cye ko kizakomeza kwitabira ibiganiro...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

by Bruce Bahanda
August 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y'ubufatanye mu bukungu. Repubulika ya demokarasi ya Congo n'u Rwanda byashyizeho amahame abiganisha ku bufatanye mu iterambere ry'ubukungu, bibifashijwemo na Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Menya impinduka perezida Ndayishimiye yakoze  muri guverinoma ye.

Menya impinduka perezida Ndayishimiye yakoze muri guverinoma ye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?