• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 11, 2025
in World News
0
Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

You might also like

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu

Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi

Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka

Ku wa 11/11/ 1918, ku isaha ya saa tanu z’amanywa (11:00), isi yose yahagaritse umutima ubwo hatangazwaga ko intambara ya mbere y’isi yose, yari imaze imyaka ine irimo gutwara ubuzima bw’abantu n’imutungo, ihagaritswe binyuze mu masezerano y’agahenge azwi nka “Armistice.”

Aya masezerano yasinyiwe mu Bufaransa, ahitwa Compiègne, hagati ya Leta y’Ubudage n’ibihugu byari biyoboye impande zayihanganye. Ni intambwe y’ingenzi yafunguye inzira y’amasezerano y’amahoro ya Versailles yasinywe mu 1919, ahanini agendeye ku mpamvu zateje iyo ntambara ndetse n’ingaruka zayo zikomeye.

Ni intambara bamwe bita intambara isumba izindi zose (La Grande Guerre) kuko abayirwanye batari bazi ko hazabaho indi. Yayobowe n’ibihugu bikomeye cyane by’i Burayi, birimo Ubudage, Ubwongereza, Ubufaransa, Ubutaliyani n’u Burusiya, ariko ikagera no muri Aziya no muri Afurika.

Iyo ntambara yanagize ingaruka zikomeye ku isi:
-Yahitanye abarenga miliyoni 16.
-Yangije ibikorwaremezo n’ubukungu bw’ibihugu byinshi.
-Yateje imvururu z’imbere mu bihugu, ndetse inagira uruhare mu itangira ry’intambara ya kabiri y’isi yose mu 1939.

Aya mateka agaragaza ko iyi ntambara yatewe n’igitero cy’ubwicanyi cyabaye ku wa 28/06/1914, ubwo Ariduke François Ferdinand, wari umuragwa w’ubwami bwa Autriche-Hongrie, yicwaga n’umugore we Sophie i Sarajevo. Iki gikorwa cyafashwe nk’ubushotoranyi ku butegetsi bwa Autriche-Hongrie, gituma ibihugu byari bifitanye amasezerano y’ubufatanye bitangira kwinjira mu ntambara ku buryo bwihuse.

Itariki ya 11/11 buri mwaka yibukwa nk’Umunsi wo Kwibuka Agahenge (Armistice Day) mu bihugu byinshi, igasiga isomo rikomeye ku bukana bw’intambara no ku kamaro k’amahoro arambye. Ni umunsi utwibutsa ko amahoro ahenze, kandi ko ibyemezo bya politiki bishobora kuzana amahoro cyangwa kuganisha isi mu ngaruka ziremereye.

Tags: Intambara y'isiTariki ya 11/11/1918
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu

by Bahanda Bruce
November 12, 2025
0
Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi  Netanyahu

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yandikiye Perezida wa Israel, Isaac Herzog, amwibutsa ko yagombye...

Read moreDetails

Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi

Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi Perezida w’igihugu cya Israel, Isaac Herzog, yageze i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11/11/2025, mu ruzinduko...

Read moreDetails

Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka

Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka Mu murwa mukuru wa Pakistan, Islamabad, habaye iturika rikomeye ryibisasu ryahitanye abantu 12, abandi 20 barakomereka, nk’uko...

Read moreDetails

Hafsa wa Muammar Gaddafi yarekuwe nyuma y’uko yaramaze igihe afunzwe

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Hafsa wa Muammar Gaddafi yarekuwe nyuma y’uko yaramaze igihe afunzwe

Hafsa wa Muammar Gaddafi yarekuwe nyuma y'uko yaramaze igihe afunzwe Kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’igihugu cya Liban bwarekuye Hannibal Gaddafi, umuhungu wa nyakwigendera Moammar Gaddafi wahoze ayobora...

Read moreDetails

Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w’u Bufaransa yasabye kurekurwa

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w’u Bufaransa yasabye kurekurwa

Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa yasabye kurekurwa Urukiko rw’i Paris rurateganya kwakira ubusabe bwa Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida w’u Bufaransa, wifuza kurekurwa by’agateganyo mu gihe...

Read moreDetails
Next Post
M23 yahanuye drone y’Ingabo za Leta muri Masisi

M23 yahanuye drone y’Ingabo za Leta muri Masisi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?