Perezida Trump Yashyize Hanze Ibyo Putin na Xi Jinping Bamwijeje kuri Iran; Tehran na Yo Isubiza Amerika mu Magambo Akakaye, Intambara ya Dipolomasi Ikomeza Gushyushya Isi
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Ubutegetsi bwa Iran bwatangaje ko nta biganiro biri kuba hagati yabwo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bushimangira ko amakuru avuga ko Tehran yasabye kuganira na Washington ari ibinyoma bidafite ishingiro.
Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru. Yavuze ko, nubwo Amerika ikomeje ibyo Iran yita ibitero n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, icy’ingenzi kuri Tehran ari ugukomeza kwirwanaho no kurinda ubusugire bw’igihugu.
Baghaei yavuze ko hari abahuza bashobora kugeza kuri Iran ubutumwa buturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ashimangira ko ibyo bidashatse kuvuga ko hari ibiganiro by’amahoro biri kuba hagati y’impande zombi.
Yagize ati: “Iran ntizemera ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari zo zigena igihe cy’intambara n’igihe cy’amahoro.”
Yakomeje avuga ko uko ibintu bimeze ubu bidashobora kwitwa agahenge cyangwa guhagarika imirwano, yongeraho ko ingabo za Iran zikomeje kwitegura guhangana n’igikorwa icyo ari cyo cyose cyagabwa na Amerika.
Baghaei yanavuze ko umuhora wa Hormuz ugifunze, ashimangira ko icyo kibazo gikomeje gukurikiranwa n’amahanga kubera uruhare rukomeye uwo muhora ugira mu bucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli ku isi.
Mu gusubiza ikibazo cyerekeye igitero cya Ukraine ku bwato bwo mu Nyanja ya Kaspiyane, yavuze ko ibyo byibutsa uburyo imitwe y’intagondwa yakoraga mbere y’Intambara ya Mbere y’Isi.
Hagati aho, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bamwijeje ko ibihugu byabo bitazatanga cyangwa ngo bigurishe intwaro Iran.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko Xi Jinping yamubwiye mu nama baherutse kugiranira i Beijing ko u Bushinwa, harimo n’amasosiyete yabwo, butazatanga cyangwa ngo bugurishe intwaro Iran uko byagenda kose.
Trump yongeyeho ko na Vladimir Putin yamuhaye icyizere nk’icyo, avuga ko Perezida w’u Burusiya asobanukiwe ko Amerika idaha Ukraine intwaro mu buryo butaziguye, ahubwo ko zigurwa n’ibihugu bigize Umuryango wa OTAN, bikazigeza kuri Ukraine.
Trump yashoje avuga ko, nubwo u Burusiya n’u Bushinwa bikunze kuvugwa nk’ibihugu bifitanye umubano wa hafi na Iran, atemera ko byagira uruhare mu guha Tehran intwaro, kuko ngo bitaba biri mu nyungu zabyo.
Nubwo Trump yavuze ayo magambo, ikinyamakuru Reuters giherutse gutangaza ko inzego z’ubutasi za Amerika zikomeje gukora iperereza ku makuru avuga ko hashobora kuba hari ubufasha bwa tekiniki u Burusiya bwahaye Iran mu bitero bya drones byagabwe ku nyungu za Amerika.
Iyo raporo, ishingiye ku masoko ane azi neza ibikorwa by’ubutasi bwa Amerika, ivuga ko kugeza ubu nta mwanzuro wa nyuma urafatwa ku ruhare rw’u Burusiya muri ibyo bitero. Icyakora, bamwe mu basesenguzi bemeza ko bishoboka bitewe n’ubufatanye bwa gisirikare n’ubwa tekiniki buri hagati ya Moscow na Tehran.
Reuters ivuga ko nibura ibigo bibiri bya CIA byibasiwe mu kwezi kwa gatatu k’uyu mwaka, birimo icyicaro cya CIA gikorera muri Ambasade ya Amerika i Riyadh, muri Arabiya Sawudite, ndetse n’indi sitasiyo iri mu burasirazuba bwa Iraq.
Nubwo hari amakuru avuga ko hashobora kuba haribasiwe n’ibindi bigo bya CIA, kugeza ubu nta bisobanuro birambuye biratangazwa, kandi iperereza riracyakomeje.






