• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 11, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Komanda Fureko wo mu mutwe wa Gumino yakubiswe bibabaje, ubu afunzwe mu buryo bubi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 10, 2025
in Conflict & Security
0
Komanda Fureko wo muri Gumino yakubiswe na Maï-Maï, imuhindura  intere
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Komanda Fureko wo mu mutwe wa Gumino yakubiswe bikabije, ubu afunzwe mu buryo bubi

Komanda Fureko, umwe mu bayobozi bakomeye b’umutwe wa Gumino, ubarizwa mu misozi yo muri teritware ya Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahuriye n’akaga gakomeye nyuma yo gufatwa n’inyeshyamba za Mai-Mai Wazalendo, aho yakubiswe bikomeye, arakomereka cyane, ubu akaba afungiwe mu buryo bubabaje muri gereza ya Lemera.

READ ALSO

C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga

MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara

Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, yemeza ko uyu musirikare yari asanzwe afite ibirindiro hafi y’agace ka Shengaragwe, mu misozi ya Uvira, aho yakoranaga n’ingabo z’u Burundi ndetse na bamwe mu barwanyi ba Mai-Mai mu bikorwa byagiye bigaragaramo ihohoterwa rikabije ku baturage b’Abanyamulenge, birimo kwicwa, gusahurwa kw’amatungo, no gusenywa kw’ingo.

Ibyabaye kuri Komanda Fureko byatangiye ubwo bamwe mu basirikare be bajyaga mu gace kitwa i Mulenge, maze bagafatwa n’inyeshyamba za Mai-Mai. Mu rwego rwo kubasaba ko barekurwa, Fureko ubwe yaje kubasanga, ariko agezeyo nawe baramufata, baramukubita bikabije, bamukura amenyo ndetse banamuca amatwi yombi, nk’uko abatangabuhamya babivuga.

Nubwo yakomeretse cyane, amakuru yizewe avuga ko akiri muzima, ariko afungiwe mu buryo bubabaje, adafite ubuvuzi bwihariye, kandi mu buzima bwo ku rwego rwo hasi cyane.

Byavuzwe kandi ko ubwo yakubitwaga, hari ingabo z’u Burundi na FARDC zari hafi aho, ariko ntacyo zamufashije, ibintu benshi bafashe nk’igisobanuro cy’uko yaba yaranzwe n’ubugambanyi ku mpande zombi.

Komanda Fureko yari amaze igihe ashinjwa n’Abanyamulenge kwifatanya n’abanzi babo mu bikorwa byabibasiraga, aho benshi bamushinjaga guca inyuma ubwoko bwe agaharanira inyungu ze bwite.

Iyi nkuru ibaye indi mpuruza ku basore n’abagabo b’Abanyamulenge cyangwa abandi bashukwa bakinjira mu mitwe yitwaje intwaro, bafatanya n’abanzi b’abenewabo. Nk’uko bivugwa n’abasobanukiwe n’ibibazo by’umutekano muri Kivu y’Epfo, “uwifatanya n’umwanzi ejo nawe yitwa umwanzi.”

Inkuru ya Komanda Fureko ni isomo rikomeye ku bashobora kuba bagifite kwifatanya n’abanzi, kuko igihe cyose bishobora kubazanira akarambaraye.

Tags: Fureko

Related Posts

C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
Conflict & Security

C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga

September 11, 2026
MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara
Conflict & Security

MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara

September 11, 2026
Kasheke: Inkongi y’Umuriro Ihinduye Umunsi w’Amashuri Umunsi w’Amarira
Conflict & Security

Abantu 26 Bahitanywe n’Inkongi i Bukavu: AFC/M23 Itangaje Iminsi 3 y’Icyunamo

September 11, 2026
Ibyo wamenya kuri P5 yongeye kuvugwa mu misozi y’i Mulenge, nyuma yo kuzamuka imisozi ibiri hamwe na FARDC nyinshi, FDLR n’ingabo z’u Burundi
Conflict & Security

FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira

September 11, 2026
Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
Conflict & Security

Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa

September 10, 2026
AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
Conflict & Security

AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse

September 10, 2026
Next Post
RDC: Gen. John Tshibangu yatawe muri yombi i Kinshasa

RDC: Gen. John Tshibangu yatawe muri yombi i Kinshasa

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara
  • Abantu 26 Bahitanywe n’Inkongi i Bukavu: AFC/M23 Itangaje Iminsi 3 y’Icyunamo
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?