• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Leta y’i Kigali yanenze Amerika yafatiye ibihano Kabarebe.

minebwenews by minebwenews
February 21, 2025
in World News
0
Leta y’i Kigali yanenze Amerika yafatiye ibihano Kabarebe.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Leta y’i Kigali yanenze Amerika yafatiye ibihano Kabarebe.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Guverinoma y’i Kigali ibinyujije mu muvugizi wayo Yolande Makolo yanenze Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kubihano yafatiye umunyamabanga wayo ushinzwe ubutwererane bw’akarere muri minisiteri y’ubanye n’amahanga, James Kabarebe, igaragaza ko ntashingiro bifite.

Ku munsi w’ejo hashize nibwo Amerika yasohoye itangazo rivuga ko yafatiye ibihano Kabarebe imushinja kuba ikiraro gihuza umutwe wa M23 n’u Rwanda.

Ni ibihano kandi iki gihugu cy’Amerika cyafatiye umuvugizi w’u mutwe wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka.

Ubwo umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yabigagarutseho, yagaragaje ko ntashingiro bifite kandi ko bitumvikana.

Yagize ati: “Ibihano nta shingiro bifite, umuryango mpuzamahanga ukwiye gushyigikira imbaraga akarere kari gushyira mu buryo bugamije kugera ku gisubizo cya politiki, aho kuzica intege.”

Yakomeje avuga ko ibihano bidashobora kuba umuti w’ikibazo kimaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ati: “Iyo ibihano biza kuba byarakemuye ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa RDC, mu karere twari kuba twarabanye amahoro mu myaka ishize.”

Ubundi kandi u Rwanda rwari rugize iminsi rugaragaza ko ntaho ruhuriye n’umutwe wa M23, kuko abawugizi ari abaturage ba bo muri Congo, biyemeje kurwanya ihohoterwa rikorerwa bamwe mu baturage bo muri iki gihugu cya RDC, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Rugaragaza ko amahanga yakomeje kwirengangiza ko akarengane aba baturage bamaze igihe bakorerwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa ari ko mpamvu y’iyi ntambara n’amakimbirane amaze igihe mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Ikindi kandi nuko iyi Guverinoma y’i Kigali yakunze kugaragara ko ikiyiraje inshinga ari umutekano w’igihugu cyabo, kandi ko itazareka gukumira icyari cyo cyose cyabahungabanyiriza umutekano. Bikaba bizwi ko leta ya Kinshasa yagiranye ubusabane budasanzwe n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda mu 1994.

Tags: IbihanoRdcRwanda
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Twirwaneho yemeje urupfu rw’intwari y’Abanyamulenge igaragaza naho umwanzi yaturutse.

Twirwaneho yemeje urupfu rw'intwari y'Abanyamulenge igaragaza naho umwanzi yaturutse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?