• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 iri kwagura ibirindiro byayo mu buryo budasanzwe muri Kivu y’Amajy’epfo

minebwenews by minebwenews
January 20, 2025
in Regional Politics
0
M23 yakubise ahababaza ingabo za Tshisekedi na Ndayishimiye.
106
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 iri kwagura ibirindiro byayo mu buryo budasanzwe muri Kivu y’Amajy’epfo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umutwe wa M23 wafashe umusozi ubaho ikibuga cy’indege cyo muri teritware ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo n’ibindi bice biherereye mu nkengero za Minova, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Umusozi ubaho ikibuga cy’indege cya Kalehe witwa Buragiza, M23 yawufashe igihe c’isaha z’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa mbere tariki ya 20/01/2025.

Ni umusozi w’ingenzi cyane, kuko ni wo indege ziturutse mu bice bitandukanye byo muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo zijya i Goma zikatiraho.

Ifatwa ry’uyu musozi rigaragaza ko kuba indege zijya Goma zakomeza byaterwa n’ubushake bwa M23, mu gihe itabishaka yazihagarika.

Uyu mutwe wa M23 wigaruriye uwo musozi nyuma y’uko wari wigaruriye Lumbishi, Bitonga, Numbi n’ahandi muri Kalehe.

Amakuru yizewe avuga ko mu masaha make ashize uyu mutwe warimo urwanira hafi na centre ya Minova ifatwa nk’umurwa mukuru wa teritwari ya Kalehe.

Kuri ubu amakuru agera kuri Minembwe.com ahamya ko M23 imaze kwigarurira imisozi ihanamiye uyu mujyi wa Minova, kuburyo isaha iyari yose ishobora kuwufata mu gihe yabishaka.

Ndetse kandi hari andi makuru yo ku ruhande avuga ko ingabo za FARDC, FDLR, Wazalendo ingabo z’u Burundi zicyunze uyu mujyi wa Minova zasabye amato kugira ngo ziwuhunge.

Kandi mu gihe uyu mujyi wa Minova wagiye mu maboko ya M23 , bisobanurwa ko inzira ihuza Goma na Bukavu yaba ifunzwe, nk’uko abazi ibyo bice babivuga.

Ibyo bibaye kandi mu gihe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa mbere abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 bafashe uduce twose twunamiye umujyi wa Sake, muri teritware ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Tags: Kivu yamajy'EpfoM23Yaguye
Share42Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa kuri Lt Gen Masunzu wageze i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Ibivugwa kuri Lt Gen Masunzu wageze i Bukavu muri Kivu y'Amajy'epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?