Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yamaganye HRW ikwirakwiza ibinyoma bya RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 17, 2025
in Regional Politics
0
M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yamaganye HRW ikwirakwiza ibinyoma bya RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

M23 ibinyujije mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka yamaganye ubuyobozi bw’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu(Human Right Watch), bwakoresheje izina ry’uyu muvugizi bukamuhimbira amatangazo atakoze bugamije gukwirakwiza ibinyoma by’u butegetsi bwa Congo.

Ni mu butumwa bwana Kanyuka yanyujije kurubuga rwa x, avuga ko ibyatangajwe na HRW ari ibinyoma bigamije gufasha ubutegetsi bw’i Kinshasa gukwirakwiza ibihuha byabwo no kuyobya amahanga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa RDC.

Yagize ati: “HRW iri gukoresha urubuga rwayo idasesenguye igakwirakwiza ibinyoma bya RDC kubera imikoranire n’inyungu hagati yayo n’ubu butegetsi. Turavuga dushikamye ko nta miryango itari iya Leta twagabyeho ibitero, ahubwo urubyiruko rwo mu miryango itandukanye rwagiye rwinjira muri AFC/m23.”

Kanyuka yasobanuye ko mubyo yanditse nta hantu havugwa ko umuhanzi Idengo yazize isano afitanye na Lucha, ko hubwo abagize iri tsinda benshi biyunze kuri m23.

Maze asaba umuryango mpuzamahanga wa Huma Right Watch kureka imikoranire ibogamye, ugatangaza raporo z’ukuri ku muryango mpuzamahanga batagoretse imvugo ze mu nyungu za Leta ya Congo.

Ati: “Turasaba ko HRW ihagarika gutangaza ibyo tutavuze no guhindagura ibimenyetso bagamije inyungu za politiki.”

Ni mu gihe tariki ya 12/03/2025, uyu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Right Watch, wasohoye itangazo rigarukamo ibinyoma byinshi bikwirakwizwa na Leta y’i Kinshasa, birimo no kuba hari abanyamakuru n’abasivili barimo umuhanzi Idengo bavuga ko yishwe na m23 ngo azizwa ko ari uwo mu rubyiruko rwa Lucha.

Uyu muryango muri iryo tangazo washyize hanze uvuga ko Kanyuka yemeje ko abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 uwo avugira bamurashe ngo kuko yari yambaye umwambaro w’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Ibihugu bikomeye, n’imiryango mpuzamahanga byakomeje kurebera ubwicanyi bumaze imyaka bukorerwa mu Burasizuba bwa Congo, kandi burimo gukorwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu, aho gusaba ubu butegetsi guhagarika ubwo bwicanyi bukamagana umutwe wa m23 ugerageza guhagarika ubwo bwicanyi mu kurwanya Leta y’iki gihugu.

Tags: HRWIbinyomaIdongoKanyukaM23
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Mbere yuko ibiganiro hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa bitangira, hari byasabwe.

Mbere yuko ibiganiro hagati ya m23 na Leta y'i Kinshasa bitangira, hari byasabwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?