Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yateye ishoti ibirego byose Monusco yayishinjaga ndetse inayishyira ku karubanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 3, 2024
in Regional Politics
1
M23 yateye ishoti ibirego byose Monusco yayishinjaga ndetse inayishyira ku karubanda.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yateye ishoti ibirego byose Monusco yayishinjaga ndetse inayishyira ku karubanda.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 02/10/2024, umutwe wa M23 wahakanye ibirego bari barezwe n’ingabo z’u muryango w’Abibumbye aho zabareze zibicishije muri Bintu Keita intumwa y’umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ingabo z’u muryango w’Abibumbye (Monusco) zishinja umutwe wa M23 gusahura amabuye y’agaciro mu bice bya Rubaya mu ntara ya Kivu Yaruguru.

Tariki ya 30/09/2024, nibwo Bintou Keita yagejeje ijambo ku kanama k’umutekano ka LONI , avuga ko kuva mu kwezi kwa kane uyu mwaka ubwo m23 yigaruriraga agace ka Rubaya ko muri teritware ya Masisi yahise itangira gucukura amabuye y’agaciro yaho, kandi ko ku kwezi yinjiza byibuze 300.00$ ikura muri ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Uyu mutwe wa M23 mu itangazo washyize hanze ku mugoroba w’ejo hashize, riteweho umukono n’umuvugizi wayo mu bya politiki, Lawrence Kanyuka yateye utwatsi ibirego byose Bintou Keita yabashinje.

Iri tangazo ritangira rivuga ko umutwe wa M23 uhangayikishijwe cyane n’ibirego biyobya bya Bintou Keita, biwushinja gucukura amabuye y’agaciro muri Rubaya,
mu itangazo uyu mutwe wagize uti: “Twamaganye twivuye inyuma ibyo birego.”

Rikomeza rigira riti: “Ukuba kwacu muri Rubaya nk’uko bimeze no mu tundi duce twabohoye, biri mu rwego rw’ubutabazi gusa. Mbere y’uko tubohora i Rubaya byari ibirindiro bya FDLR, Nyatura, n’ingabo z’u Burundi, bari barahinduye abatuye aka gace abacakara babo bagashora abana mu bikorwa by’ubucukuzi; kandi bigakorwa bizwi n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi na Monusco.”

Muri iri tangazo kandi M23 yavuze ko mbere y’uko igera muri Rubaya yari yaratanze impuruza y’ubugizi bwanabi bukorerwa abasivile n’abana, ariko Monusco ikabyima amatwi.

M23 inagaragaza ko gufata i Rubaya kwabo, imbaraga zabo zibanze ku kubohora abaturage bari baragizwe abacakara, gukumira ibibi bakorerwaga mbere birimo no kwicwa, no gukumira ikoreshwa ry’abana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse no guha amahoro n’umutekano abaturage.

M23 yanavuze kandi ko ibirego bya Monusco bigamije kurangaza abantu, ngo badaha agaciro n’umwanya inyungu z’ubukungu isahura muri RDC.

Inasaba ko Monusco yagaragaza ibihamya byibyo ivuga ko M23 yinjiza buri kwezi. Inagaragaza kandi ko Monusco ari yo yinjiza menshi biciye mu masezerano yasinyanye na RDC.

Usibye ibyo, ishinja kandi kuba Monusco ari yo iza ku isonga mu gutuma ikibazo cy’umutekano muke wo mu Burasirazuba bwa RDC kirushaho kuba kibi.

Yatanze urugero rwo mu mwaka w’ 2013 muri RDC habarizwaga imitwe y’itwaje imbunda iri hagati ya 44 na 50, ariko ngo nyuma y’imyaka 10 gusa, iyi mibari yahise yikuba igera kuri 255.

Yagize ati: “Intege nke za Monusco zo kunanirwa kwambura imbunda iyi mitwe yitwaje intwaro nk’uko byari biri muri manda yayo, byatumye iyi mitwe ihita irushaho kwiyongera mu karere. Ubu butumwa ntibwananiwe gukemura iki kibazo, ahubwo bwanemeye ibisabwa kugira ngo iyo mitwe y’itwaje imbunda ibe myinshi.”

M23 yanashinje kandi Monusco kuba iha imyitozo imitwe y’itwaje imbunda, ndetse no kuba iyiha ubufasha butandukanye burimo ubuvuzi, ngo mu gihe baba bakomerekeye ku rugamba. Iyishinja kandi kuba igirana imikoranire yahafi n’umutwe wa ADF umaze igihe ukorera ubwicanyi abasivile bo mu ntara ya Ituri.

         MCN.
Tags: Bintou KeitaIshotiKu karubandaM23Monusco
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Uwishe umunyamakuru i Goma yafashwe, avuga n’idorali yahawe kugira ngo amwice.

Uwishe umunyamakuru i Goma yafashwe, avuga n'idorali yahawe kugira ngo amwice.

Comments 1

  1. Rugenerwa Bigangu Jackson says:
    10 months ago

    Monuku mugani wa…..nabo barirwariye ntibabibenya

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?