Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yongeye gushimangira intego zayo, igira n’icyo isaba Abanye-kongo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 18, 2025
in Regional Politics
0
M23 yatanze isomo kuri FARDC, ifata n’ikibuga cy’indege cya Kavumu.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yongeye gushimangira intego zayo, igira n’icyo isaba Abanye-kongo.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Umutwe wa M23 wasabye imitwe ya politiki n’iy’igisirikare, n’Abanye-kongo bari mu buhungiro ndetse n’abari muri diasipora, kwifatanya na wo mu rugamba urimo rwo kubohora igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, kiyobowe n’ubutegetsi bise ko ari bubi.

Ni ibyo uyu mutwe wasabye ukoresheje itangazo washyize hanze, riteweho umukono n’umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka.

Iryo tangazo rivuga ko uyu mutwe usaba imitwe ya politiki n’iy’igisirikare, yo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, kuwiyungaho mu ntambara yo kubohora iki gihugu kiyobowe na perezida Félix Tshisekedi.

Muri iri tangazo uyu mutwe warivuzemo ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwamunzwe na ruswa, imiyoborere mibi, gutegekesha igitugu, ibikorwa byo kwica abenegihugu hashingiwe ku moko, ndetse no kuba hari umuryango wikubiye umutungo kamere w’igihugu.

Ni itangazo rivuga kandi ko ubutegetsi bw’iki gihugu bwimakaje ibyaha byibasiye inyoko muntu ndetse n’ivangura no gutoteza imwe mu miryango migari y’Abanye-kongo, bukaba bwarananiwe gukemura ibibazo bihungabanya umutekano n’amahoro, ntibunashobore gutuma Abanye-kongo bunga ubumwe.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko M23 ihamagarira imitwe yitwaje intwaro yose iri muri iki gihugu kwifatanya mu ntambara yatangiye kugira ngo ikize Abanye-kongo ibikorwa by’urugomo n’iterabwoba bikorwa na Leta, kugira ngo barengere igihugu no kugiteza imbere mu bukungu bwacyo.

Rigira kandi riti: “Turahamagarira imitwe ya politiki n’iharanira imibereho y’abaturage iri mu buhungiro, kimwe na abo muri diasipora na bo baratumiwe ngo batahe mu gihugu cyabo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo kugira ngo batange umusanzu wabo muri uyu mugambi wo gukunda igihugu no kwiyubakira ubuyobozi.”

Uyu mutwe watangaje ibi mu gihe ukomeje kwagura ibirindiro byawo, ni mu gihe mu minsi mike ishize byiyongereyemo umujyi wa Bukavu, waje wiyongera ku wa Goma. Ndetse ukaba urimo kwigarurira n’ibindi bice byo muri teritware ya Walungu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Kuri ubu abarwanyi b’uyu mutwe bari gukomeza gusatira berekeza Uvira aha hungiye ingabo nyinshi zirimo iza Congo, iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Tags: DiasiporaImitwe yitwaje intwaroIntegoKwiyungaM23Rdc
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Iby’imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y’Epfo.

Iby'imbitse ku mirwano yabereye Uvira muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?