• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya iby’inama idasanzwe izahuza umuryango wa SADC n’uwa EAC.

minebwenews by minebwenews
February 4, 2025
in Regional Politics
0
Menya iby’inama idasanzwe izahuza umuryango wa SADC n’uwa EAC.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya iby’inama idasanzwe izahuza umuryango wa SADC n’uwa EAC.

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, agiye kwakira inama y’abakuru b’ibihugu by’umuryango uhuza ibihugu bya Afrika y’Amajy’epfo, SADC, ndetse n’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC, iziga ku mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Congo.

Iyi nama yemejwe ko izaba ku wa Gatandatu, tariki ya 08/02/2025, ikazitabirwa n’abaperezida batandukanye bagize iyi miryango. Izabanzirizwa n’iya ba minisitiri b’ubanyi n’amahanga, izaba ku wa Gatanu.

Iby’iyi nama ni icyemezo cyarafatiwe mu nama ya SADC igira iya 24 yabaye tariki ya 31/01/2025, aho yari yabereye i Harare muri Zimbabwe, bikaba byaravuye ku busabe bw’umuryango wa EAC yabaye ku ya 29/01/2025, na yo ikaba yari yahuje abakuru b’ibihugu n’abagize za Guverinoma.

Mu muhate wo gukemura amakimbirane y’intambara ibera muri RDC, perezida William Ruto, uyoboye umuryango wa EAC yemeje ko ku wa Gatanu w’iki Cyumweru i Dar es Salaam muri Tanzania hazateranira “inama idasanzwe” izahuza imiryango y’ibihugu ya EAC na SADC.

Perezida Ruto yemeje ko aba bategetsi barimo Samia Suluhu Hassan wa Tanzania ari nawe uzayakira, perezida Félix Tshisekedi wa RDC, Paul Kagame w’u Rwanda, Cyril Ramaphosa wa Afrika y’Epfo, Kaguta Museveni wa Uganda, Hassan Mohamud wa Somalia n’abandi bazitabira iyi nama.

Bizwi ko perezida wa Angola, João Lourenço yagerageje gukemura amakimbirane hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC ariko ko ntacyo byagezeho kugeza ubu.

Ubundi kandi perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, baheruka guhura kuri iki kibazo mu kwezi kwa cyenda umwaka w’ 2022 aho bari bahujwe na perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa i New York iruhande rw’inama rusange ya UNU bose bari bitabiriye.

Ahanini Kinshasa ishinja Kigali gufasha umutwe wa M23, ubutegetsi bwa Kigali nabwo bugashinja ubwa Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Kandi ibirego by’impande zombi byemezwa ko ari ukuri n’inzobere z’umuryango w’Abibumbye.

Kimwecyo haba u Rwanda n’uyu mutwe wa M23 bitera utwatsi ibyo ku wufasha.

Nyamara kandi mu nama ya SADC ihereruka hagaragajwe ko impande zose zirebwa n’intambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC zigomba kwisunga inzira y’ibiganiro hashingiwe ku masezerano ya Luanda, ku ngabo za LONI ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri RDC (MONUSCO), n’ubundi buryo bushobora gufasha mu kugarura amahoro muri aka gace.

Ariko kandi umuryango wa SADC wikomye u Rwanda urushinja gutera inkunga umutwe wa M23, uyu mutwe ugashinjwa kwica abasirikare ba Afrika y’Epfo bagiye kurwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa.

Minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe, aheruka gutangaza ko ibyo SADC yashinje ingabo z’u Rwanda ari ibintu bidashobora kwihanganirwa, cyane ko bije bikurikira ibimaze iminsi bitangazwa na Leta ya Afrika y’Epfo, na yo ishinja u Rwanda ibinyoma.

Nduhungirehe yagize ati: “Uretse ko muri iriya nama ya SADC, hari ibintu bavuze bidashobora kwihanganirwa, by’ibinyoma byambaye ubusa, byo kuvuga ko ngo RDF iri muri Congo, ngo ikaba ari yo yishe abaturage b’abasivile.”

Ibyo bibaye mu gihe umutwe wa m23 watangaje agahenge, aho wabishize mu itangazo washyize hanze ku mugoroba w’ejo hashize.

Mu itangazo uyu mutwe wasohoye, wavuze ko badafite intego zo gufata Bukavu n’utundi duce.

Gusa ntibizwi ko aka gahenge uyu mutwe wakumvikanyeho n’uruhande rwa Leta bahanganye.

Aka gahenge uyu mutwe ugatangaje mu gihe mu Cyumweru gishize havuzwe imirwano ikaze, aho yarimo ibera mu bice byo muri teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Uyu mutwe kandi washinje ingabo za Leta, Fardc, gukoresha indege ya gisirikare ku kibuga cy’indege cya Kavumu no kurundayo za bombe avuga ko zica abasivile mu bice bagenzura.

Kugeza ubu ntacyo leta iratangaza ku gahenge katangajwe na m23. Ariko kandi Leta ya Kinshasa iracyasimbaraye ku mahame yayo y’uko itazaganira n’uyu mutwe wa m23 nubwo wamaze gufata umujyi wa Goma.

Tags: EACM23RdcRwandaSADC
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.

Perezida Paul Kagame yavuze ku by'amabuye y'agaciro igihugu cye gishinjwa kwiba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?