Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House
Itangazo ryasohowe kuri uyu wa kane tariki ya 04/12/2025, na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryemeje ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amahoro (US Institute of Peace), kimaze imyaka irenga 40 gikorera hafi ya White House, cyahinduriwe izina kikitwa Donald J. Trump Institute of Peace.
Iri zina rishya ritangajwe mu gihe hitegurwa umuhango ukomeye wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati ya Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umuhango uzabahuza na Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nubwo byari byitezwe ko isinya ry’aya masezerano ribera muri White House, ibinyamakuru bikomeye muri Amerika byahamije ko Trump yahisemo ko bibera muri iyi nyubako nshya yitiriwe we, iri mu ntera ya metero nkeya gusa uvuye muri White House. Ni uburyo bwo gutangiza ku mugaragaro izina ry’iyi nyubako no kugaragaza uruhare rwe mu kugarura amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Uyu muhango utegerejwe nk’igikorwa gishobora guhindura isura y’umubano w’u Rwanda na Congo. Biteganyijwe ko witabirwa n’abayobozi bo mu bihugu birimo u Burundi, Kenya, Angola, Togo, Qatar, Uganda, ndetse n’intumwa ziturutse mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), mu rwego rwo gushyigikira imbaraga zo guhagarika intambara mu burasirazuba bwa Congo.
Ibi bibaye mu gihe akarere gakomeje guhungabanywa n’imirwano hagati ya AFC/M23/Twirwaneho n’ingabo za FARDC, zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR. Ni ibibazo byazahaje umutekano w’abaturage ndetse bikangiza ubutwererane bw’ibihugu.
Kwakirira uyu muhango mu nyubako nshya ya Donald J. Trump Institute of Peace bifatwa nk’ubutumwa bukomeye bwo kugaragaza ko Amerika ishaka kongera kugira ijambo mu gukemura amakimbirane yo mu karere, binyuze mu miyoborere n’ubuvugizi bw’abayobozi bayo.





