MINEMBWE: ITUZE RYONGEYE KUGARUKA NYUMA Y’IMPINDUKA Z’UMUTEKANO – ME BYASHONI YATANZE UBUTUMWA BW’ICYIZERE
Me Maniragaba Byashoni John, Umunyamulenge utuye mu Minembwe, yatangaje ko kuri iki Cyumweru, tariki ya 05/07/2026, umutekano wagaragaye mu Minembwe kandi ko wifashe neza, aho uyu munsi waranzwe n’ituze n’akanyamuneza mu baturage.
Mu butumwa bwe yise “Iherezo ry’Ikumirwa, Intangiriro y’Icyizere,” Me Byashoni yavuze ko abaturage batangiye kongera kugira icyizere cyo gusubira mu buzima busanzwe, nyuma y’impinduka avuga ko zabaye mu isura y’ibikorwa bya gisirikare muri ako karere.
Yagize ati: “Nyuma y’uko umutwe wa MRDP-Twirwaneho utangaje ko wafashe agace ka Mikenge tariki ya 02/07/2026, ndetse na Point Zéro n’inkengero zaho tariki ya 03/07/2026, abaturage batangiye kubona icyizere cy’uko ibihe by’ikumirwa n’ubwoba bigenda bishira buhoro buhoro.”
Me Byashoni yakomeje avuga ko kuri uyu munsi tariki ya 05/07/2026, Minembwe yaranzwe n’ituze, aho abaturage bagaragaje ibyishimo n’icyizere cyo kongera gukora ibikorwa byabo bya buri munsi, birimo ubuhinzi, ubucuruzi n’indi mirimo isanzwe y’ubuzima.
Yongeyeho ko abaturage bategereje ko ibikorwa by’ubuhahirane n’iterambere byasubukurwa mu buryo bwuzuye, mu gihe umutekano ukomeje kugaragara nk’uhagaze neza.
Ibi kandi bije bikurikira ubutumwa bwo gushima no guha Imana icyubahiro, aho bivugwa ko MRDP-Twirwaneho yafashe ibice bikikije centre ya Minembwe nyuma y’imirwano yamaze igihe kirekire yahanganishije uwo mutwe n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rigizwe na FARDC, ingabo z’u Burundi, Wazalendo, P5 ya Kayumba Nyamwasa na FDLR.
Amakuru akomeza avuga ko kuri ubu FARDC n’abo bafatanyije baherereye mu duce twa Mulima, Rusuku, Bibogobogo na Nakiheli, mu gihe MRDP-Twirwaneho igenzura ibice bya Minembwe byose n’inkengero zayo, birimo Mikenge, Rwitsankuku na Point Zéro, aho abaturage bamwe bari barahungiye batangiye gusubira mu ngo zabo.
Nubwo hari hashize ibyumweru bisaga bitatu havugwa imirwano ikaze muri ako karere, bamwe mu baturage n’abakurikirana hafi ibibera muri Minembwe bavuga ko umutekano muke umaze igihe kirekire, aho ibi byumweru biheruka byagaragaye nk’ibyafashe indi ntera, mu gihe Abanyamulenge bavuga ko bamaze imyaka irenga icumi bahura n’ibitero n’ibihe by’ubwoba bigenda bisimburana.
Mu gusoza ubutumwa bwe, Me Byashoni yashimangiye ko icyizere cy’amahoro n’ituze ari cyo kintu gikomeye abaturage bari batangiye kongera kubona, asaba ko ituze ryakomera kugira ngo ubuzima busanzwe bushobore gusubukurwa mu buryo burambye.





