Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 22, 2025
in Regional Politics
0
Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.
73
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

You might also like

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

Umushinjacyaha w’urukiko rushyinzwe imanza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yandikiye inteko ishinga amategeko ayisaba kwambura ubudahangarwa minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba kugira ngo akurikiranwe ku inyereza ry’amafaranga y’impozamarira Uganda yageneye Congo.

Mutamba ashinjwa kunyereza miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika yari agenewe kubaka gereza y’i Kisangani.

Ku munsi w’ejo ku wa gatatu tariki ya 21/05/2025, ni bwo inteko ishinga amategeko ya Congo yasomye inyandiko ikubiyemo iby’umushinjacyaha mukuru mu rukiko rushyinzwe imanza, Firmin Mvonde yanditse ashinja minisitiri w’ubutabera kunyereza amafaranga ya Leta.

Muri iyo nyandiko y’umushinjacyaha igaragaza ko Constant Mutamba yariye miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika, Uganda yari yishyuye Congo nk’impozamarira ku ntambara yabereye i Kisangani, na we ngo akazishyira kuri konti ya sosiyete yahawe isoko ryo kubaka gereza y’i Kisangani yitwa Zion Construction SARL.

Nyuma yo gusoma ibyanditswe n’umucyinjacyaha, perezida w’inteko ishinga amategeko ya Congo, Vital Kamerhe yavuze ko hagiye gushyirwaho komisiyo izumva minisitiri w’ubutabera hagakurikiraho gufata icyemezo niba yakurikiranwa mu nk’iko.

Ubwo hazaba hamanze kumvwa Mutamba ibyo yisiguye, hazaba kumva kandi ibisobanuro byimbitse bizongera gutangwa n’umushinjacyaha mukuru ushyinzwe imanza. Nyuma habone gufatwa umwanzuro wanyuma.

Kimweho hari andi makuru avuga ko hari abadepite bari basabye ko Mutamba agera imbere y’Inteko ishinga amategeko kugira ngo atange amakuru ku bidahwitse bivugwa ku mushinga wo kubaka gereza y’i Kisangani anasobanure niba miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika zaratanzwe cyangwa zitaratanzwe kuko havugwa ko nta nzira zemewe zo gupiganira amasoko ya Leta zabayeho.

Usibye ko Mutamba yari yavuze ko umushinga wo kubaka iriya gereza uhari kandi ko biri mu nyungu z’igihugu mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza by’umwihariko mu Burasizuba bwa RDC.

We akavuga ko amafaranga avugwa miliyoni 19 z’amadolari yashyizwe kuri nimero ya konti itagerwaho n’uwatsindiye isoko kandi ko iyo dosiye ifitwe na minisitiri w’intebe.

Ndetse kandi ko iyo gereza izatwara miliyoni 29 z’amadolari y’Amerika, ikaba ishobora kwakira imfungwa 3000, imirimo yo kuyubaka ikazakorwa mu gihe cy’umwaka n’amezi atandatu.

Tags: MutambaRdc
Share29Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko. Nyuma y'aho u Rwanda rumuritse bwa mbere mu nama mpuzamahanga y'umutekano iheruka kubera i Kigali intwaro zarwo zirukorerwamo bigatungura ibihugu byinshi,...

Read moreDetails

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y'Epfo umutego ukomeye. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, yavuze ko ntaho ahuriye na...

Read moreDetails

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

Amabuye y'agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda. Amabuye y'agaciro ya Repubulika ya demokarasi ya Congo nka tungsten, tantalum na tin, ayo iki gihugu cyagiye gishinja u...

Read moreDetails

Mushikiwabo yatangaje ibintu byatuma Afrika igera ku iterambere yifuza.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Mushikiwabo yatangaje ibintu byatuma Afrika igera ku iterambere yifuza.

Mushikiwabo yatangaje ibintu byatuma Afrika igera ku iterambere yifuza. Umunyabanga mukuru w'umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'igifaransa(OIF), Louise Mushikiwabo yatangaje ko Afrika ikwiye guhahira aho ishaka no gukorana n'abo...

Read moreDetails

Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.

Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira. Guverineri wa Kivu y'Amajyepfo i Uvira, Jeaques Perusi, yabwiye abaturage bari muri uyu mujyi ko intambara zirangiye,...

Read moreDetails
Next Post
Uko mu Minembwe byifashe ndetse n’ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.

Uko mu Minembwe byifashe ndetse n'ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?