Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 22, 2025
in Regional Politics
0
Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

You might also like

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

Umushinjacyaha w’urukiko rushyinzwe imanza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yandikiye inteko ishinga amategeko ayisaba kwambura ubudahangarwa minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba kugira ngo akurikiranwe ku inyereza ry’amafaranga y’impozamarira Uganda yageneye Congo.

Mutamba ashinjwa kunyereza miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika yari agenewe kubaka gereza y’i Kisangani.

Ku munsi w’ejo ku wa gatatu tariki ya 21/05/2025, ni bwo inteko ishinga amategeko ya Congo yasomye inyandiko ikubiyemo iby’umushinjacyaha mukuru mu rukiko rushyinzwe imanza, Firmin Mvonde yanditse ashinja minisitiri w’ubutabera kunyereza amafaranga ya Leta.

Muri iyo nyandiko y’umushinjacyaha igaragaza ko Constant Mutamba yariye miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika, Uganda yari yishyuye Congo nk’impozamarira ku ntambara yabereye i Kisangani, na we ngo akazishyira kuri konti ya sosiyete yahawe isoko ryo kubaka gereza y’i Kisangani yitwa Zion Construction SARL.

Nyuma yo gusoma ibyanditswe n’umucyinjacyaha, perezida w’inteko ishinga amategeko ya Congo, Vital Kamerhe yavuze ko hagiye gushyirwaho komisiyo izumva minisitiri w’ubutabera hagakurikiraho gufata icyemezo niba yakurikiranwa mu nk’iko.

Ubwo hazaba hamanze kumvwa Mutamba ibyo yisiguye, hazaba kumva kandi ibisobanuro byimbitse bizongera gutangwa n’umushinjacyaha mukuru ushyinzwe imanza. Nyuma habone gufatwa umwanzuro wanyuma.

Kimweho hari andi makuru avuga ko hari abadepite bari basabye ko Mutamba agera imbere y’Inteko ishinga amategeko kugira ngo atange amakuru ku bidahwitse bivugwa ku mushinga wo kubaka gereza y’i Kisangani anasobanure niba miliyoni 39 z’amadolari y’Amerika zaratanzwe cyangwa zitaratanzwe kuko havugwa ko nta nzira zemewe zo gupiganira amasoko ya Leta zabayeho.

Usibye ko Mutamba yari yavuze ko umushinga wo kubaka iriya gereza uhari kandi ko biri mu nyungu z’igihugu mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza by’umwihariko mu Burasizuba bwa RDC.

We akavuga ko amafaranga avugwa miliyoni 19 z’amadolari yashyizwe kuri nimero ya konti itagerwaho n’uwatsindiye isoko kandi ko iyo dosiye ifitwe na minisitiri w’intebe.

Ndetse kandi ko iyo gereza izatwara miliyoni 29 z’amadolari y’Amerika, ikaba ishobora kwakira imfungwa 3000, imirimo yo kuyubaka ikazakorwa mu gihe cy’umwaka n’amezi atandatu.

Tags: MutambaRdc
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi . Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko yiteguye kwakira perezida w'u...

Read moreDetails

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Avugwa mu biganiro by'i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n'iza leta y'i Kinshasa. Ibiganiro by'imishyikirano byahuriyemo intumwa z'umutwe wa M23 n'iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

Ikibuga cy'indege cya Goma kirimo gukorwa neza. Ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Goma ho mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo kiri gutunganywa...

Read moreDetails
Next Post
Uko mu Minembwe byifashe ndetse n’ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.

Uko mu Minembwe byifashe ndetse n'ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?