Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mpuruyaha ku bitero byagabwe mu nkengero za Minembwe, ibyo Twirwaneho yatangiyemo isomo iriha uruhande rwa Leta.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mpuruyaha ku bitero byagabwe mu nkengero za Minembwe, ibyo Twirwaneho yatangiyemo isomo iriha uruhande rwa Leta.

You might also like

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n’umugenzi.

Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

Amakuru ava mu misozi ya Minembwe ahazwi nk’iwabo w’Abanyamulenge haherereye muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko uyu munsi hazindukiye ibitero ibyo ihuriro ry’ingabo za Congo zagabye ku Banyamulenge, ubundi Twirwaneho irikubita inshuro ndetse inaryambura bimwe mubikoresho byagisirikare.

Ni ibitero aba Banyamulenge bagabweho igihe cy’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21/03/2025, aho babigabweho n’ingabo za Leta ya Congo (Fardc), iz’u Burundi, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR irimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda kuri ubu uyu mutwe ukaba ukorana byahafi na Leta y’iki gihugu cya RDC n’iy’u Burundi.

Ibi bitero by’uru ruhande rwa Leta y’i Kinshasa bagabye ku Banyamulenge, bakaba babigabye ku musozi wa Mukoko usanzweho ibiraro by’inka zaba Banyamulenge, ibindi babigaba kuri Nyaruhinga nayo iragiriwemo Inka z’Abanyamulenge.

Ibi bice bibiri byagabwemo ibyo bitero, biherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe, ubundi kandi Mukoko igabanya igice gituwe n’Abanyamulenge n’Ababembe.

Umwe mubaturiye ibyo bice wabaye muri iyo mirwano yatubwiye ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ryagabye ibi bitero ryabihuriyemo n’akaga ngo kuko “ryasubijwe inyuma kandi rihunga nabi.”

Ati: “Intambara yazindukiyemo muri Mukoko na Nyaruhinga. Fardc n’abambari bayo bashakaga kwinjira mu baturage, ariko biba ibyubusa. Twayisubije inyuma kandi ihunga nabi, kuko twayibabaje.”

Yongeyeho kandi ati: “Ubu igihe c’isaha zitandatu zamanywa, Twirwaneho niyo igenzura akarere kose, kandi karatuje.”

Undi nanone nawe wavuganaga na Minembwe Capital News yavuze ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zakubiswe inshuro muri iyi mirwano yabaye uyu munsi.

Yagize ati: “Raporo mfite ubu, iremeza ko umwanzi uduhiga yahuye n’akaga, kandi yahunze nabi.”

Ikindi nuko iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibi bitero ku Banyamulenge, Twirwaneho yaryambuye ibikoresho bya gisirikare birimo n’imbunda n’amasasu.

Sibyo gusa kuko ryanatakaje n’abasirikare baguye kurugamba.

Aya makuru avuga ko mu guhunga kw’iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ryahunze ryerekeza inzira yo kwa Mulima ugana i Fizi ku i zone.

Ibi bitero by’uyu munsi, bije bikurikira ibindi iri huriro ryakoze ejo ku wa kane mu bice bya Gahwela no hirya y’ejo aho ryabigabye mu Mikenke no mu Marango aherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe.

Iri huriro ry’ingabo zirwanirira Leta y’i Kinshasa rikora ibi bitero ku Banyamulenge rigamije kubangaza, kubica, kubasenyera imihana yabo, ndetse kandi rigamije kwirukana Twirwaneho muri ibi bice, kugira ngo bigenzurwe na Leta iyo aba Banyamulenge bashinja kubagambanira ku barwanyi bo mu mitwe y’itwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ndetse n’indi iyishamikiyeho.

Kuva mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, Twirwaneho igenzura igice kinini cy’imisozi y’i Mulenge, kuko igenzura komine ya Minembwe, Mikenke, Kamombo na Rurambo.

Tags: IbiteroIhuriroMinembweTwirwaneho
Share47Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n’umugenzi.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n'umugenzi. Nyuma y'aho umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, aketse ko hari abasirikare bashaka ku muhirika k'u butegetsi, yahise...

Read moreDetails

Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

Amasasu yo gupfusha ubusa y'ingabo za RDC n'iz'u Burundi yateye icyikango mu Rugezi. Amakuru aturuka mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, avuga ko ihuriro...

Read moreDetails

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n'ihuriro ry'ingabo za RDC. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, zazindutse zigaba ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23 muri teritware ya...

Read moreDetails

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa. Repubulika ya demokarasi ya Congo, igiye gutangira kuburanisha Joseph Kabila wahoze ari perezida w'iki gihugu. Byatangajwe n'urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa gatanu...

Read moreDetails

FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge.

FARDC, Ingabo z'u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye ibitero mu duce dutuwe n'Abanyamulenge mu Minembwe muri...

Read moreDetails
Next Post
I Uvira Wazalendo benshi bitandukanyije na Leta biyunga kuri Twirwaneho.

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?