• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mpuruyaha ku bitero byagabwe mu nkengero za Minembwe, ibyo Twirwaneho yatangiyemo isomo iriha uruhande rwa Leta.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mpuruyaha ku bitero byagabwe mu nkengero za Minembwe, ibyo Twirwaneho yatangiyemo isomo iriha uruhande rwa Leta.

You might also like

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Amakuru ava mu misozi ya Minembwe ahazwi nk’iwabo w’Abanyamulenge haherereye muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko uyu munsi hazindukiye ibitero ibyo ihuriro ry’ingabo za Congo zagabye ku Banyamulenge, ubundi Twirwaneho irikubita inshuro ndetse inaryambura bimwe mubikoresho byagisirikare.

Ni ibitero aba Banyamulenge bagabweho igihe cy’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21/03/2025, aho babigabweho n’ingabo za Leta ya Congo (Fardc), iz’u Burundi, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR irimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda kuri ubu uyu mutwe ukaba ukorana byahafi na Leta y’iki gihugu cya RDC n’iy’u Burundi.

Ibi bitero by’uru ruhande rwa Leta y’i Kinshasa bagabye ku Banyamulenge, bakaba babigabye ku musozi wa Mukoko usanzweho ibiraro by’inka zaba Banyamulenge, ibindi babigaba kuri Nyaruhinga nayo iragiriwemo Inka z’Abanyamulenge.

Ibi bice bibiri byagabwemo ibyo bitero, biherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe, ubundi kandi Mukoko igabanya igice gituwe n’Abanyamulenge n’Ababembe.

Umwe mubaturiye ibyo bice wabaye muri iyo mirwano yatubwiye ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ryagabye ibi bitero ryabihuriyemo n’akaga ngo kuko “ryasubijwe inyuma kandi rihunga nabi.”

Ati: “Intambara yazindukiyemo muri Mukoko na Nyaruhinga. Fardc n’abambari bayo bashakaga kwinjira mu baturage, ariko biba ibyubusa. Twayisubije inyuma kandi ihunga nabi, kuko twayibabaje.”

Yongeyeho kandi ati: “Ubu igihe c’isaha zitandatu zamanywa, Twirwaneho niyo igenzura akarere kose, kandi karatuje.”

Undi nanone nawe wavuganaga na Minembwe Capital News yavuze ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zakubiswe inshuro muri iyi mirwano yabaye uyu munsi.

Yagize ati: “Raporo mfite ubu, iremeza ko umwanzi uduhiga yahuye n’akaga, kandi yahunze nabi.”

Ikindi nuko iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibi bitero ku Banyamulenge, Twirwaneho yaryambuye ibikoresho bya gisirikare birimo n’imbunda n’amasasu.

Sibyo gusa kuko ryanatakaje n’abasirikare baguye kurugamba.

Aya makuru avuga ko mu guhunga kw’iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ryahunze ryerekeza inzira yo kwa Mulima ugana i Fizi ku i zone.

Ibi bitero by’uyu munsi, bije bikurikira ibindi iri huriro ryakoze ejo ku wa kane mu bice bya Gahwela no hirya y’ejo aho ryabigabye mu Mikenke no mu Marango aherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe.

Iri huriro ry’ingabo zirwanirira Leta y’i Kinshasa rikora ibi bitero ku Banyamulenge rigamije kubangaza, kubica, kubasenyera imihana yabo, ndetse kandi rigamije kwirukana Twirwaneho muri ibi bice, kugira ngo bigenzurwe na Leta iyo aba Banyamulenge bashinja kubagambanira ku barwanyi bo mu mitwe y’itwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ndetse n’indi iyishamikiyeho.

Kuva mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, Twirwaneho igenzura igice kinini cy’imisozi y’i Mulenge, kuko igenzura komine ya Minembwe, Mikenke, Kamombo na Rurambo.

Tags: IbiteroIhuriroMinembweTwirwaneho
Share47Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF

RDC: Ababarirwa mu mirongo bishwe na ADF Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, urashinjwa kwica abantu 60...

Read moreDetails

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryatangaje ko igisirikare cy'iki gihugu...

Read moreDetails

Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Ay'indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy'indege cya Bujumbura igana muri RDC Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko ku kibuga cy'indege cyaho giherereye i Bujumbura ku murwa mukuru...

Read moreDetails

Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe

Makyambe wahoze ayobora zone ya Minembwe igihe cya RCD yishwe arashwe Makyambe Mishembe Laurent wahoze ari administrateur wungirije wa teritware ya Minembwe iyari yarashyizweho n'umutwe wa RDC warwanyaga...

Read moreDetails

Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira

Havuzwe bimwe mu byatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo i Uvira Imwe mu mpamvu zatumye Wazalendo badakomeza imyigaragambyo mu mujyi wa Uvira muri Kivu y'Amajyepfo yo kwa magana Brigadier General...

Read moreDetails
Next Post
I Uvira Wazalendo benshi bitandukanyije na Leta biyunga kuri Twirwaneho.

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?