• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, January 30, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mpuruyaha ku bitero byagabwe mu nkengero za Minembwe, ibyo Twirwaneho yatangiyemo isomo iriha uruhande rwa Leta.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mpuruyaha ku bitero byagabwe mu nkengero za Minembwe, ibyo Twirwaneho yatangiyemo isomo iriha uruhande rwa Leta.

You might also like

Agahenge kabonetse mu Mutambara Nyuma y’Imirwano Ikomeye Yamaze Iminsi Ihuza Impande Zihanganye

Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo

Inkubiri y’Imirwano ikomeje Guteza Agahinda mu Kibaya cya Rusizi no muri Grupema ya Mutambara Imirwano Yakomeje

Amakuru ava mu misozi ya Minembwe ahazwi nk’iwabo w’Abanyamulenge haherereye muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko uyu munsi hazindukiye ibitero ibyo ihuriro ry’ingabo za Congo zagabye ku Banyamulenge, ubundi Twirwaneho irikubita inshuro ndetse inaryambura bimwe mubikoresho byagisirikare.

Ni ibitero aba Banyamulenge bagabweho igihe cy’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21/03/2025, aho babigabweho n’ingabo za Leta ya Congo (Fardc), iz’u Burundi, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR irimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda kuri ubu uyu mutwe ukaba ukorana byahafi na Leta y’iki gihugu cya RDC n’iy’u Burundi.

Ibi bitero by’uru ruhande rwa Leta y’i Kinshasa bagabye ku Banyamulenge, bakaba babigabye ku musozi wa Mukoko usanzweho ibiraro by’inka zaba Banyamulenge, ibindi babigaba kuri Nyaruhinga nayo iragiriwemo Inka z’Abanyamulenge.

Ibi bice bibiri byagabwemo ibyo bitero, biherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe, ubundi kandi Mukoko igabanya igice gituwe n’Abanyamulenge n’Ababembe.

Umwe mubaturiye ibyo bice wabaye muri iyo mirwano yatubwiye ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ryagabye ibi bitero ryabihuriyemo n’akaga ngo kuko “ryasubijwe inyuma kandi rihunga nabi.”

Ati: “Intambara yazindukiyemo muri Mukoko na Nyaruhinga. Fardc n’abambari bayo bashakaga kwinjira mu baturage, ariko biba ibyubusa. Twayisubije inyuma kandi ihunga nabi, kuko twayibabaje.”

Yongeyeho kandi ati: “Ubu igihe c’isaha zitandatu zamanywa, Twirwaneho niyo igenzura akarere kose, kandi karatuje.”

Undi nanone nawe wavuganaga na Minembwe Capital News yavuze ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zakubiswe inshuro muri iyi mirwano yabaye uyu munsi.

Yagize ati: “Raporo mfite ubu, iremeza ko umwanzi uduhiga yahuye n’akaga, kandi yahunze nabi.”

Ikindi nuko iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibi bitero ku Banyamulenge, Twirwaneho yaryambuye ibikoresho bya gisirikare birimo n’imbunda n’amasasu.

Sibyo gusa kuko ryanatakaje n’abasirikare baguye kurugamba.

Aya makuru avuga ko mu guhunga kw’iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ryahunze ryerekeza inzira yo kwa Mulima ugana i Fizi ku i zone.

Ibi bitero by’uyu munsi, bije bikurikira ibindi iri huriro ryakoze ejo ku wa kane mu bice bya Gahwela no hirya y’ejo aho ryabigabye mu Mikenke no mu Marango aherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe.

Iri huriro ry’ingabo zirwanirira Leta y’i Kinshasa rikora ibi bitero ku Banyamulenge rigamije kubangaza, kubica, kubasenyera imihana yabo, ndetse kandi rigamije kwirukana Twirwaneho muri ibi bice, kugira ngo bigenzurwe na Leta iyo aba Banyamulenge bashinja kubagambanira ku barwanyi bo mu mitwe y’itwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ndetse n’indi iyishamikiyeho.

Kuva mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, Twirwaneho igenzura igice kinini cy’imisozi y’i Mulenge, kuko igenzura komine ya Minembwe, Mikenke, Kamombo na Rurambo.

Tags: IbiteroIhuriroMinembweTwirwaneho
Share47Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Agahenge kabonetse mu Mutambara Nyuma y’Imirwano Ikomeye Yamaze Iminsi Ihuza Impande Zihanganye

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
MRDP-Twirwaneho Yafashe Centre y’Ingenzi muri Mutambara

Agahenge kabonetse mu Mutambara Nyuma y’Imirwano Ikomeye Yamaze Iminsi Ihuza Impande Zihanganye Nyuma y’iminsi myinshi y’imirwano ikomeye yaranzwe n’amasasu n’intambara zikaze, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30/01/2026,...

Read moreDetails

Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo

Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo Hashize hafi amezi abiri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigize uruhare mu isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati y’u...

Read moreDetails

Inkubiri y’Imirwano ikomeje Guteza Agahinda mu Kibaya cya Rusizi no muri Grupema ya Mutambara Imirwano Yakomeje

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
Menya Uduce Twabereyemo Imirwano ku Munsi W’ejo mu Nkengero z’Umujyi wa Uvira

Inkubiri y’Imirwano ikomeje Guteza Agahinda mu Kibaya cya Rusizi no muri Grupema ya Mutambara Imirwano Yakomeje Amakuru aturuka mu Kibaya cya Rusizi, muri teritwari ya Uvira ho mu...

Read moreDetails

“Ntacyo Nigeze Nkora Kinyuranyije n’Ukuri, Mparanira Gusubirana Icyubahiro Cyanjye” – Matata Ponyo

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
“Ntacyo Nigeze Nkora Kinyuranyije n’Ukuri, Mparanira Gusubirana Icyubahiro Cyanjye” – Matata Ponyo

“Ntacyo Nigeze Nkora Kinyuranyije n’Ukuri, Mparanira Gusubirana Icyubahiro Cyanjye” – Matata Ponyo Mu kiganiro cyihariye kuri TV5 Monde, Augustin Matata Ponyo, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi Agiye Gusbira i Luanda muri Angola

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
Perezida Tshisekedi Agiye Gusbira i Luanda muri Angola

Perezida Tshisekedi Agiye Gusbira i Luanda muri Angola Nyuma y’uruzinduko yagiriye mu mujyi wa Kananga, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, ategerejwe...

Read moreDetails
Next Post
I Uvira Wazalendo benshi bitandukanyije na Leta biyunga kuri Twirwaneho.

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?