• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 4, 2025
in Regional Politics
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubukungu bw’igihugu cy’u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho n’ibura ry’amadivize, kandi ari nk’abyo moteri ry’iterambere ry’igihugu, gusa uyu mukuru w’iki gihugu we avuga ko biri kugenda neza.

Mbere y’uko Ndayishimiye ajya ku butegetsi mu mwaka wa 2019, umusaruro mbumbe w’u Burundi wari uhagaze kuri miliyari 2,58 z’amadolari y’Amerika nk’uko imibari ya banki y’isi ibyerekana. Icyo gihe, impuzandengo y’amafaranga Umurundi yinjizaga ku mwaka yari amadolari 210.

Mu mwaka wa 2020 ni bwo rero Ndayishimiye yagiye ku butegetsi, asimbuye Peter Nkurunziza wapfuye muri icyo gihe, ubukungu bw’iki gihugu bwazamutseho gato, bugera kuri miliyari 2,65 z’amadolari.

Mu 2021, na bwo ubukungu bw’iki gihugu bwabaye nkubuteraho imbere, bugera ku musaruro mbumbe wa miliyari 2,78 z’amadolari, mu mwaka wa kurikiyeho bwarushijeho kwiyongera kuko bwageze kuri miliyari 3,34 z’amadolari ubwo imiryango mpuzamahanga yabukuriragaho ibihano yabufatiye.

Icyo gihe Abarundi batangiye kwizera Ndayishimiye ko agiye gukora amateka mu gihugu cyabo, ariko icyizere nticyamaze kabiri, maze ubukungu bw’iki gihugu bwongera kurindimuka mu 2023, bugera kuri miliyari 2,63 z’amadolari.

Mu 2024, Banki y’isi yerekana ko ubukungu bw’iki gihugu cy’u Burundi yageze ahantu habi cyane, aho butigeze kugera kuva iki gihugu cyabona ubwingenge, kuko umusaruro mbumbe wabwo wageze kuri miliyari 2,16 z’amadolari. Amafaranga Umurundi yinjiza na yo yaragabanutse, agera ku madolari 153,9 ku mwaka.

Ariko Ndayishimiye we yemeza ko Abarundi barya bagahaga, mu gihe imibare yo igaragaza impuzandengo y’amafaranga Umurundi yinjiza mu mwaka ushize ijya kungana n’iyo mu mwaka wa 2005, kuko ubwo na bwo yinjizaga 147, icyo gihe iki gihugu cyari kivuye mu gihe cy’intambara.

Ibihano by’ubukungu u Burundi bwari bwarafatiwe biturutse ku ihohoterwa ry’ikiremwamuntu mu gihe cy’umwuka mubi wa Politiki watutumbaga mu 2015 byakuweho, ubwo iki gihugu kiri kujyahe?

Hari ikibazo cy’ibura ry’amadivize n’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’izamuka ry’ibiciro gikomeje kuba ingutu mu Burundi, kandi nta kimenyetso kigaragaza ko kizakemuka vuba, ni mu gihe abayobozi bo muri iki gihugu iyo babajijwe uko kizakemuka basubiza basa n’abatabizi.

Ahanini basubiza ko ubukungu bw’iki gihugu cyabo buzazamuka mu gihe bazaba batangiye ibikorwa byo kohereza amabuye y’agaciro mu mahanga na za avoka, ngo ni byo bizatuma amadovize aboneka, mazutu na lisansi na byo biboneke ku bwinshi.

Tags: BurundiUbukungu
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b'ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?