• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 4, 2025
in Regional Politics
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha
63
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

You might also like

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Ubukungu bw’igihugu cy’u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho n’ibura ry’amadivize, kandi ari nk’abyo moteri ry’iterambere ry’igihugu, gusa uyu mukuru w’iki gihugu we avuga ko biri kugenda neza.

Mbere y’uko Ndayishimiye ajya ku butegetsi mu mwaka wa 2019, umusaruro mbumbe w’u Burundi wari uhagaze kuri miliyari 2,58 z’amadolari y’Amerika nk’uko imibari ya banki y’isi ibyerekana. Icyo gihe, impuzandengo y’amafaranga Umurundi yinjizaga ku mwaka yari amadolari 210.

Mu mwaka wa 2020 ni bwo rero Ndayishimiye yagiye ku butegetsi, asimbuye Peter Nkurunziza wapfuye muri icyo gihe, ubukungu bw’iki gihugu bwazamutseho gato, bugera kuri miliyari 2,65 z’amadolari.

Mu 2021, na bwo ubukungu bw’iki gihugu bwabaye nkubuteraho imbere, bugera ku musaruro mbumbe wa miliyari 2,78 z’amadolari, mu mwaka wa kurikiyeho bwarushijeho kwiyongera kuko bwageze kuri miliyari 3,34 z’amadolari ubwo imiryango mpuzamahanga yabukuriragaho ibihano yabufatiye.

Icyo gihe Abarundi batangiye kwizera Ndayishimiye ko agiye gukora amateka mu gihugu cyabo, ariko icyizere nticyamaze kabiri, maze ubukungu bw’iki gihugu bwongera kurindimuka mu 2023, bugera kuri miliyari 2,63 z’amadolari.

Mu 2024, Banki y’isi yerekana ko ubukungu bw’iki gihugu cy’u Burundi yageze ahantu habi cyane, aho butigeze kugera kuva iki gihugu cyabona ubwingenge, kuko umusaruro mbumbe wabwo wageze kuri miliyari 2,16 z’amadolari. Amafaranga Umurundi yinjiza na yo yaragabanutse, agera ku madolari 153,9 ku mwaka.

Ariko Ndayishimiye we yemeza ko Abarundi barya bagahaga, mu gihe imibare yo igaragaza impuzandengo y’amafaranga Umurundi yinjiza mu mwaka ushize ijya kungana n’iyo mu mwaka wa 2005, kuko ubwo na bwo yinjizaga 147, icyo gihe iki gihugu cyari kivuye mu gihe cy’intambara.

Ibihano by’ubukungu u Burundi bwari bwarafatiwe biturutse ku ihohoterwa ry’ikiremwamuntu mu gihe cy’umwuka mubi wa Politiki watutumbaga mu 2015 byakuweho, ubwo iki gihugu kiri kujyahe?

Hari ikibazo cy’ibura ry’amadivize n’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’izamuka ry’ibiciro gikomeje kuba ingutu mu Burundi, kandi nta kimenyetso kigaragaza ko kizakemuka vuba, ni mu gihe abayobozi bo muri iki gihugu iyo babajijwe uko kizakemuka basubiza basa n’abatabizi.

Ahanini basubiza ko ubukungu bw’iki gihugu cyabo buzazamuka mu gihe bazaba batangiye ibikorwa byo kohereza amabuye y’agaciro mu mahanga na za avoka, ngo ni byo bizatuma amadovize aboneka, mazutu na lisansi na byo biboneke ku bwinshi.

Tags: BurundiUbukungu
Share25Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

by minebwenews
August 29, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru. Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu biganiro muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

by minebwenews
August 29, 2025
0
Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC. Thabo Mbeki wayoboye Afrika y'Epfo iri mu bihugu bikomeye byo muri...

Read moreDetails
Next Post
Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b'ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?