Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu misozi miremire y’Imulenge, Twirwaneho ikomeje kuba bera igisubizo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 18, 2024
in Regional Politics
0
Mu misozi miremire y’Imulenge, Twirwaneho ikomeje kuba bera igisubizo.
130
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu misozi miremire y’Imulenge, Twirwaneho ikomeje kuba bera igisubizo.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Inka z’Abanyamulenge zibarirwa mu 15 zari zanyazwe n’inyeshamba zo mu mutwe wa Maï Maï, zagaruwe na Twirwaneho igizwe n’abasore ba Banyamulenge.

Iz’inka zikaba zari zanyagiwe ahitwa ku Kabara ko kwa Byondo, ha herereye mu nce zo mu Cyohagati, mu misozi miremire y’Imulenge mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Amakuru ava muri ibyo bice ahamya ko iz’inka zanyazwe igihe c’isaha zibiri z’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa mbere tariki ya 18/11/2024.

Ubwo mu ijoro, benezo baje gushakisha ikirari cyazo, bavuga ko cyarimo gihekera ahahoze ari kwa Muhebera.
Rero, ahagana isaha z’ukerera rwo kuri uyu wa mbere, nibwo habaye kwiyambaza Twirwaneho, maze ikora iyo bwakabaga ikurikirana iz’inka izigarurira mu bice biherereye mu Gipupu, hasanzwe hatuye ubwoko bw’Abembe ari nabo inyeshamba za Maï Maï zivukamo.

Ibi byongeye gutuma abaturage bongera guha Twirwaneho amanota ari ku kigero cyo hejuru yo gukomeza kuyikunda.

Umwe mu baturage uri mu bagaruriwe Inka, yabwiye Minembwe Capital News uko byifashe, maze agira ati: “Bene nyir’inka tumaze kuzibona. Inka zose zari zagiye zagarutse. Twirwaneho niyo yazigaruye, nta wabona uko ayishimira kuko ni abantu bindashikirwa.”

Twanamenye ko mu kugarura iz’inka nta guhangana kwahabaye, usibye ko Mai Maï Maï yahise ihunga nyuma yokubona abaje bakurikiye Inka yari yanyaze.

Si ubwa mbere Twirwaneho igarura Inka z’Abanyamulenge zanyazwe, kuko yagaruye n’izindi mu bihe bitandukanye, harimo izo yagaruye igihe cyo mu Marunde, mu Marango, Gahwela n’ahandi.

Usibye nibyo Twirwaneho niyo yafashe umukingi wa mbere mu ku rwanirira ubwoko bwabo nti bwarimburwa na Maï Maï isanzwe iterwa inkunga n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Kugeza n’ubu Twirwaneho niyo irindira Abanyamulenge baturiye aka karere ko mu misozi miremire y’Imulenge, umutekano, ni mu gihe irwanya Maï Maï ndetse n’indi mitwe y’itwaje imbunda izwiho kwanga Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange.

Tu bibutsa ko Twirwaneho iyobowe na Colonel Michel Rukunda, wa mamaye kwizina rya Makanika akaba y’ungirijwe na Colonel Charles Sematama.

Tags: Inka z'AbanyamulengeKabaraTwirwaneho
Share52Tweet33Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Umubare w’Abanyamulengekazi bakomeje gufungirwa mu Minembwe wiyongereyeho.

Umubare w'Abanyamulengekazi bakomeje gufungirwa mu Minembwe wiyongereyeho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?