• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu nama idasanzwe iri kubera i Seoul, u Rwanda rwayigaragajemo agaciro ko guharanira amahoro.

minebwenews by minebwenews
September 12, 2024
in Regional Politics
0
Mu nama idasanzwe iri kubera i Seoul, u Rwanda rwayigaragajemo agaciro ko guharanira amahoro.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu nama idasanzwe iri kubera i Seoul, u Rwanda rwayigaragajemo agaciro ko guharanira amahoro.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

U Rwanda, runyuze kuri minisitiri wayo w’ingabo z’iki gihugu, Juvenal Marizamunda witabiriye inama iri kubera i Seoul muri Korea y’Epfo, yatangaje ko amateka u Rwanda rwanyuzemo yigishije isomo rikomeye, ari nayo mpamvu igihugu cyabo cyiyemeje gushyigikira ibikorwa by’amahoro no gutabara aho ayo mahoro abuze.

Nibyo yatangaje ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 11/09/2024, mu kiganiro mpuzamahanga cyiga ku ikoreshwa ry’ubwenge bw’ubukorano mu gisirikare iri kubera mu mujyi wa Seoul muri Korea y’Epfo (Seoul Defense Dialogue 2024).

Muri iyi nama y’iminsi ibiri yitabiriwe n’abantu 900 barimo inzobere mu bijyanye n’umutekano ku Isi, yaganiriwemo imbogamizi n’ibibazo by’ingutu byugarije umutekano ku isi.

Ingingo zaganiriweho, zirimo kwirinda intambara, gushyira amategeko mpuzamahanga ahuriweho no guhangana n’ibibazo by’umutekano muke ku Isi.

Juvenal Marizamunda, minisitiri w’ingabo w’u Rwanda muri iki kiganiro yagarutse ku rugendo rwo kwiyubaka ku Rwanda kugera aho rufata iya mbere mu gutanga umusanzu warwo mu gucunga umutekano hanze y’igihugu.

Yagaragaje ko u Rwanda nk’igihugu cyahuye n’akaga ko kubura umutekano, rwumva neza ubwihutirwe bwo gukemura ibibazobihuriweho.

Yagize ati: “Amateka yacu yatwigishije agaciro kubudaheranwa, imikoranire no guhanga udushya mu gukuraho imbogamizi. Kuva kuri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kugera ku bibazo biri mu karere kacu, ku mugabane wa Afrika n’isi muri rusange, u Rwanda rwakomeje guhura n’ibibazo by’umutekano.”

Yibukije ko ibibazo by’umutekano muke byugarije Isi bireba buri wese kandi gukorana biba ari ingenzi cyane.

Ati: “Nta gihugu cyashobora guhangana n’ibibazo by’umutekano muke ari kimwe. Nta mbogamizi itakurwaho mu gihe ibihugu byahuje imbaraga, bigakora ibikwiye.”

Yanavuze kandi ko kuba u Rwanda rutanga umusanzu mu bikorwa byo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano, ni gihamya ko amahoro yagerwaho hose mu gihe hari ukwiyemeza, ubushake bwa politiki n’imikoranire ihamye.

Ati: “Uruhare rwacu mu gutanga umutekano rugenwa n’itegeko nshinga kandi rushyirwa mu bikorwa.”

Yanavuze kandi ko u Rwanda rwujuje imyaka 20 rumaze rutangiye kohereza ingabo zarwo hanze yarwo, nko muri Darfur n’ahandi.

Yashimangiye ko kuva icyo gihe u Rwanda rutangiye kohereza ingabo zarwo hanze yarwo, mu mwaka w’ 2004 , ibikorwa by’amahoro bigenda byaguka ndetse kuri ubu u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri mu bihugu bitanga ingabo nyinshi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro.

U Rwanda rufite ingabo n’abapolisi basaga 6000 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudan y’Epfo na Centrefrique, ndetse hakabaho n’abandi bari muri Mozambique ku masezerano y’ibihugu byombi.

           MCN.
Tags: Korea y'EpfoSeoul
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

Ibyo wa menya ku kiganiro mpaka cya mbere cyahuje Trump na Harris Kamala.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?