
Mu gihe imirwano ikomeje ku bica bigacika mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, aho imitwe y’inyeshamba y’itwaje Imbunda irimo FDLR, Maï Maï na Red Tabara, ba gabye ibitero mu nkengero za Komine Minembwe, perezida Félix Tshisekedi we i Bukavu kumurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajy’epfo, abantu ko barajanwa ku mbaraga kugira baje ku mwakira, aho aribuze ku hiyamamariza.
Byavuzwe ko guhera ku mugoroba w’ejo hashize, tariki 07/12/2023, abashinzwe umutekano Ingabo na Polisi bakomeje gukangurira abaturage ba Bukavu kugira uyu munsi bitabe Tshisekedi.
Bikaba byavuzwe ko Tshisekedi aribwakirirwe mu gace kitiriwe ubwingenge (Place del’indépendance), gaherereye mu Mujyi wa Bukavu. Kuva igihe c’isaha zakare abaturage benshi ba Nguba, Kavumu na Kadutu n’ahandi bari kujanwa ku mbaraga muri ako gace mu rwego rwo kugira ngo bitabire aribenshi.
Gusa byavuzwe ko Tshisekedi aza kugera i Bukavu, aho yateguriwe nyuma y’uko azaba yabanjye kugera Shabunda na hitwa Miti, akabona kuza i Bukavu mugihe c’isaha z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 08/12/2023.
Nyuma ya Bukavu azakomereza Uvira aho bya navuzwe ko azagera no muri teritware ya Fizi, mu gace ka Makobola aho bakunze kuvuga ko hakozwe ubwicanyi (Massacre), bukorewe abo mu bwoko bwa Babembe.
Nk’uko byagiye bivugwa n’uko bariya ba Bembe ba Makobola, bateguye ko bazaganiriza Tshisekedi uburyo buriya bwicanyi bwakorewe abaturage babo ahagana mu myaka ya 1997.
Hagati aho imirwano irakomeje mu bice byo muri teritware ya Fizi, neza naneza mu nkengero za Komine Minembwe. Gusa byavuzwe ko abaturage b’irwanaho bakomeje kw’irwanaho ndetse ko Maï Maï, Red Tabara na FDLR, ko batangiye kuyabangira ingata.
Bruce Bahanda.