• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muri Kivu y’Amajy’epfo, Abanyamulenge bari gucurwa bufuni na buhoro .

minebwenews by minebwenews
November 7, 2024
in Regional Politics
0
Muri Kivu y’Amajy’epfo, Abanyamulenge bari gucurwa bufuni na buhoro .
107
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Muri Kivu y’Amajy’epfo, Abanyamulenge bari gucurwa bufuni na buhoro .

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni amakuru yashyizwe ku karubanda na bamwe mu Wazalendo baturiye i Bukavu, aho bagaragaje ko “Wazalendo” bari mu gukora amanama yo kwica Abanyamulenge baturiye i Nyangenzi kandi ko uyu mugambi wikomwe imbere n’umusirukare mukuru ukuriye ingabo za Leta muri Kivu y’Epfo, ariko ko uwo mugambi ukomeje gucurwa.

Amasoko yacu atandukanye avuga kuri iy’inkuru, yemeza ko Abanyamulenge bagenderewe kwicwa ari abaturiye isantire (centre) ya Nyangenzi haherereye muri grupema ya Kahongo, teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Ni amakuru kandi ahamya ko uyu mugambi wo kurandura Abanyamulenge bo muri Nyangenzi, uyobowe na General Padiri ukuriye Wazalendo bose muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Shabade ureba Wazalendo muri Kivu y’Amajy’epfo, Lt Col Tambwe ureba ingabo ziri muri Centre ya Nyangenzi na T3 wa Region muri Kivu y’Epfo, ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bava mu mitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR.

Bikavugwa ko hari inama itegura ibyo bikorwa, iheruka kubera mu mujyi wa Bukavu, kandi ko yabaye ku wa mbere tariki ya 04/11/2024 . Bamwe mu bari bayitabiriye baje kugira amahirwe make, batabwa muri yombi n’ingabo za General, ukuriye abasirikare ba Leta muri Kivu y’Amajy’epfo.
Kugeza n’ubu abafashwe baracyafungiwe muri Camp Nsayo, nk’uko iy’inkuru ikomeza ibivuga.

Ubuhamya buvuga kuri iy’inkuru Minembwe.com yahawe n’umukozi wa Leta ukorera muri ibyo bice, ariko utashatse kwivuga amazina; yahamije ko aya makuru yayahawe n’umuzalendo udashaka ko amaraso y’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge ameneka.
Avuga ko nubwo umusirikare mukuru ureba region ya Kivu y’Amajy’epfo yabyikomye imbere ariko ko bidahagaze, kandi ko Abanyamulenge batagomba kwirara.

Yagize ati: “Ibyo bintu biduteye ubwoba! Kandi ni umugambi urimo n’Abanyekongo batuye muri Amerika, ngo kuko aribo batanga inkunga mu rwego rwo kugira ngo Abanyamulenge bakorerwe jenoside.”

Yavuze kandi ko uwo mugambi uteguwe ko bazica Abanyamulenge bakoresheje imipanga, imbunda na Lisansi (igitero, essance) n’udufuni.

Sibwo bwa mbere, abavuga ururimi rw’ikinyarwanda bacurirwa imigambi yo kwicwa muri RDC, kuko no mu myaka ishize byarabaye, yewe ndetse no mu mwaka w’ 1996 bigeze guhabwa igihe ntarengwa cyo kuba bavuye ku butaka bw’iki gihugu, bitaba ibyo bakarimburwa bose, usibye ko bagenda birwanaho kugeza na magingo aya, Abanyamulenge baracyakomeje kwirwanaho.

Ariko akenshi aba Banyamulenge bavuga ko barindwa n’Imana yabo iba mu ijuru iyo bita Imana y’Imulenge cyangwa ya Israel.

Tags: AbanyamulengeBufuni na BuhoroKivu yamajy'EpfoNyangenziWazalendo
Share43Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Menya bimwe mubyo Trump ashyira imbere gusumba ibindi.

Menya bimwe mubyo Trump ashyira imbere gusumba ibindi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?