• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

minebwenews by minebwenews
July 28, 2025
in Regional Politics
0
Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Mutualite Shikama i Burundi y’Abanyamulenge yatangaje ko ibayeho neza mu gihugu cy’u Burundi, ndetse ishimangira ko nta kibazo igirana n’ubutegetsi bwaho.

Yabigarutseho mu itangazo rigenewe abanyamakuru, rigaragaza ko yarishyize hanze kuri iki cyumweru tariki ya 26/07/2025.

Iri tangazo riteweho umukono na vise perezida w’iyi Mutualite, Kiruhura Patrick, ndetse n’umunyamabanga wayo, Ruboneka Laurent, ritangira rigira riti: “Twebwe Umuryango wa Banyamulenge bahuriye muri Mutualite Shikama-Burundi, turamenyesha ko tubanye neza n’ubutegetsi bw’u Burundi, ndetse kandi turisanga ku mutekano mwiza buduha.”

Rirongera kandi riti: “Bamwe muri twe bageze muri iki gihugu bahunze, abandi bakigezemo baje kwiga, mu gihe n’abandi bakigezemo kubera ubacuruzi, ariko twese dufite umutekano.”

Nanone kandi iri tangazo rikomeza rivuga ko “Umuryango wa Banyamulenge mu Burundi ntabwo wungukira mu mahoro n’umutekano gusa, abawugize banungikira mu mibereho n’ubukungu nk’abandi baturage babutuyemo. Impunzi nazo zungukira mu bikorwa zituzwamo mu gihugu cya gatatu, bitewe na Leta y’u Burundi, HCR n’ibihugu bibakira.

Cyobikoze, mu mpera z’umwaka ushize, habonetse Abanyamulenge bafunzwe cyane mu Burundi, ahanini bafatirwga i Bujumbura, abenshi muribo babazizaga umutwe wa M23 urwanira muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Abafatwaga icyo gihe babaga babaketsweho gukorana n’uy’u mutwe, gusa ibi byaje gusa naho bishyizeho, nyuma y’aho byamaganwe n’imiryango itandukanye.

Ariko nubwo biruko, umutwe wa Twirwaneho urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi muri RDC, uheruka kwamagana Leta y’u Burundi uyishinja gutoza abarwanyi ba FDLR kugira ngo baje gutsemba Abanyamulenge.

Itangazo uyu mutwe washyize hanze mu mpera zakiriya cyumweru gishize, wavuze ko aba barwanyi ba FDLR hamwe n’ingabo z’u Burundi boherejwe i Luvungi, Rurambo na Minembwe muri uwo mugambi wo kurimbura Abanyamulenge.

Nyamara uyu mutwe uvuga ko utazarebera Abanyamulenge bicwa, ahubwo uhamya ko uzirwanaho.

Bisanzwe bizwi ko u Burundi bukorana byahafi na Leta y’i Kinshasa ndetse n’umutwe wa FDLR.

Ni ubufatanye bumaze igihe kirekire kuko ibyegeranyo bitandukanye, bigaragaza ko byatangiye kuja ahagaragara mu ntangiriro z’u mwaka wa 2022, ubwo u Burundi bwagiranaga amasezerano yo gufashanya mu byagisirikare na Leta ya RDC.

Ariko ubu bufatanye bwatangiye mbere yabwo.

Tags: AbanyamukengeU BurundiUmutekano
Share39Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yahaye Radio Okapi gasopo.

AFC/M23 yahaye Radio Okapi gasopo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?