Ni ki kirimo ku vugwa kuri Kiyana uwo bivugwa ko yageze ku Ndondo ya Bijombo.
Seba Kiyana wamenyekanye cyane ku izina rya Munigantama, amakuru amuvugaho agaragaza neza ko kuri ubu ari ku Murambya ho ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu mugambi mubisha wo kurwanya benewabo.
Bikubiye mu nyandiko zashyizwe hanze n’umwe mu barwanyi ba Gumino uherereye mu bice by’i Ndondo, aho zigira ziti: “Munigantama yamaze kugera ku Murambya, kandi acyumbikiwe mu ika y’abasirikare b’u Burundi bari muri ibyo bice.”
Zirongera ziti: “Ari kumwe n’abandi babiri bavanye i Burundi.”
Abo ziriya nyandiko zivuga ko bazananye na Munigantama , hari uwitwa Shikiro ndetse na Byuzuye Christian uzwi cyane ku mbugankoranyambaga, aho akunze kwandika agaragaza ibitekerezo bye bishigikira ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi n’umutwe wa Gumino uwo benewabo bashinja gukorana byahafi n’imitwe ya Mai Mai izwiho kubica, kubanyaga Inka zabo no kubasenyera.
Hagati muri iki cyumweru turimo ni bwo bageze muri iriya misozi y’i Ndondo ya Bijombo, iherereye muri teritware ya Uvira, nyuma yokuva i Bujumbura mu Burundi mu mpera zakiriya cyumweru gishize.
Ni mu gihe mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatandatu uyu mwaka, Munigantama yageze i Bujumbura avuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho amaze imyaka nka 14 atuye. Iyi minsi akaba yarayimaze akorana ibiganiro n’abasirikare b’u Burundi, nk’uko ziriya nyandiko zikomeza zibivuga.
Zivuga kandi ko yazanywe no gushyigikira igisirikare cya RDC n’icy’u Burundi mu rugamba birimo rwo kurwanya umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, iyo ahora avuga ko ifashwa n’ibihugu by’amahanga, n’ubwo bizwi ko iyi mitwe yombi yirwanaho mu rwego rwo kugira ngo irengere ubuzima bw’Abatutsi bicwa n’ubutegetsi bwa RDC, bubaziza ubwoko bwabo.
Gusa, izi nyandiko zikavuga kandi ko yaje gusenya umutwe wabo wa Gumino akarema undi mutwe ukora nk’ayo, kuko hari aho zigira ziti: “Munigantama yazanye umugambi mubisha wo gusenya Gumino.”
Zinemeza kandi ko uyu mugabo mbere yuko azamuka imisozi y’i Ndondo ya Bijombo, yabanje guhura na Mai Mai Yakutumba bakorana ibiganiro i Uvira, ndetse no mu kuzamuka amuha aba Mai Mai baramuherekeza.
Zisoza zivuga ko kuri ubu ari gukoresha ibiganiro, kandi ko abihuriramo n’Ingabo z’u Burundi iza RDC, Gumino, FDLR na Mai Mai ari nayo yahindutse Wazalendo.
Kimwecyo, ntacyo sosiyete sivili y’i Ndondo ya Bijombo iravuga kuri ibi, ngwibe yabihakana cyangwa ngwibyemeze.
Munigantama uvugwa yahoze ari umusirikare wa RDC, nyuma aza ku gitoroka hagati mu myaka ya 2002 na 2005, ari nabwo yahise yerekeza mu buhungiro ku bw’amahirwe HCR imuha ubuhungiro bwa gatatu muri Amerika.