Obosanjo yagiranye ibiganiro na Tshisekedi i Kinshasa.
Olusegun Obasanjo wabaye umukuru w’igihugu cya Nigeria yagiriye uruzinduko i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, agirana ibiganiro n’umukuru w’iki gihugu Felix Tshisekedi.
Kuri ubu Obasanjo ni umwe mubahuza bashyizweho n’imuryango uwa EAC n’uwa SADC ku bibazo by’intambara mu Burasizuba bwa Congo.
Ni muri ubwo buryo ku munsi w’ejo ku wa gatatu tariki ya 25/06/2025, yagiriye uruzinduko i Kinshasa anabonana na Tshisekedi.
Uru ruzinduko yarukoze nyuma y’aho yari avuye i Kigali mu Rwanda, aho naho yabonanye na perezida Paul Kagame. Amakuru avuga ko ibiganiro uyu muhuza ari gukorana n’aba bakuru b’ibihugu ahanini barebera hamwe uko intambara zahagarara mu Burasizuba bwa Congo.
Obasanjo ubwe aganira n’itangazamakuru yavuze ko ari kugerageza amahirwe yose ahari ku bijyanye n’imibanire hagati y’u Rwanda na Congo, kugira ngo amahoro agaruke.
Yagize ati: “Ibiganiro nagiranye n’abavandimwe banjye bombi bo mu Rwanda no muri RDC biri ku murongo mwiza.”
Yavuze ko nyuma y’i Kinshasa azahita ajya i Lome muri Togo guha raporo perezida Faure Gnassingbé, umuhuza mukuru mu bibazo by’u Rwanda na Congo, washyizweho n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.
Abandi bahuza mu gushaka amahoro muri RDC uretse Olusegun Obasanjo, hari Uhuru Kenyatta wategetse Kenya, Kgalema Montlante, wayoboye Catherine Samba Panza wayoboye Centrafrique ndetse na Sahle-Work Zewde wategetse Ethiopia.