Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bagiye guhura.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 29, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bagiye guhura.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bagiye guhura.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni byatangajwe na João Lourenço, perezida wa Angola usanzwe ari umuhuza wa makimbirane yo muri aka karere, avuga ko hari gukorwa ibishoboka kugira ngo perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo bahure vuba, baganire ku buryo bwo gukemura burundu amakimbirane ari hagati y’ibihugu byombi.

Perezida João Lourenço, ibi yabitangarije abanyamakuru ubwo yari mu ruzinduko mu gihugu cya Côte d’Ivoire ku wa 27/06/2024.

Yagize ati: “Turi kuganira ku rwego rw’abaminisitiri kugira ngo duhuze abakuru b’ibihugu, uwa RDC n’uw’u Rwanda vuba cyane, baganire imbonankubone ku bikenewe kugira ngo amahoro arambye aboneke. Igishoboka cyonyine, nta gushidikanya ni ugukemura iki kibazo mu nzira y’ibiganiro. Ni cyo turi gukora.”

Amakimbirane y’ibihugu byombi ashingiye ku bibazo by’u mutekano muke bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Leta ya Kinshasa ishinja iya Kigali(Rwanda ) gufasha umutwe wa M23 ariko Kigali ikabihakana, mu gihe ishinja Repubulika ya demokarasi ya Congo gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washinzwe n’abarimo abagize uruhare muri genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ukaba ufite n’umugambi wo gukuraho ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame. Hari ibimenyetso simusiga bigaragaza imikoranire ikomeye iri hagati ya FDLR n’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wa RDC.

Mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka, abaminisitiri b’u Rwanda na Congo bahuriye muri Angola kugira ngo baganire uburyo aya makimbirane yahoshwa. Buri ruhande rwasabye urundi guhagarika ubufatanye n’iyi mitwe, gusa iyi nama nta musaruro yatanze.

Abari bahagarariye Congo Kinshasa basabye u Rwanda guhagarika gufasha M23; maze intumwa z’u Rwanda zisubiza ko iki gihugu kitawufasha.

Impande zombi zari zemeranyije ko mu kwezi kwa Kane 2024 zizahurira muri Angola mu yindi nama itegura uguhura kwa perezida Kagame na Tshisekedi; ndetse abakuru b’ibihugu bari bagaragaje ko bafite ubushake bwo kuganira imbonankubone, bagashakira hamwe umuti w’aya makimbirane n’umutekano wo muri RDC n’akarere muri rusange.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ba France 24, perezida w’u Rwanda Paul Kagame aherutse kugaragaza ko bisa n’aho Tshisekedi ari we utanga amabwiriza yo guhura, yongeraho ariko ko ahora yiteguye guhura n’uwo ari we wese.

Yagize ati: “Nabonye ari we ushyiraho amabwiriza, ntabwo nigeze nshyiraho amabwiriza. Ubwo natumirwaga i Luanda mu biganiro ku Burasirazuba bwa RDC muri rusange ku bibazo biri hagati yabo n’u Rwanda, nari mpari. Nyuma hari inama zo ku rwego rwa minisiteri zagombaga gutegura igihe tuzahurira. Ushobora kubaza uruhande rwa Angola, nari niteguye guhura n’uwo ari we wese.”

Umukuru w’igihugu yashimangiye iki gisubizo ati: “Nakubwiye ko buri gihe mpora niteguye, nari kukubwira ko ntiteguye ariko ibyo ntabwo ari byo nakubwiye.”

Ntabwo aba baminisitiri bahuye mu kwezi kwa Kane 2024, gusa amakuru ahari avuga ko buri ruhande rwakomeje kuvugana n’umuhuza ku myanzuro yari yafashwe mu kwezi kwa Gatatu n’uko yashirwa mu bikorwa. Uburyo bwo kongera guhura nabwo bwakomeje gutekerezwaho.

             MCN.
Tags: Bagiye guhuraPaul KagameTshisekedi TshilomboVuba
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w’Amerika, cyaranzwe n’ubushamirane bushaririye.

I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w'Amerika, cyaranzwe n'ubushamirane bushaririye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?