• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bagiye guhura.

minebwenews by minebwenews
June 29, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bagiye guhura.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bagiye guhura.

You might also like

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Ni byatangajwe na João Lourenço, perezida wa Angola usanzwe ari umuhuza wa makimbirane yo muri aka karere, avuga ko hari gukorwa ibishoboka kugira ngo perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo bahure vuba, baganire ku buryo bwo gukemura burundu amakimbirane ari hagati y’ibihugu byombi.

Perezida João Lourenço, ibi yabitangarije abanyamakuru ubwo yari mu ruzinduko mu gihugu cya Côte d’Ivoire ku wa 27/06/2024.

Yagize ati: “Turi kuganira ku rwego rw’abaminisitiri kugira ngo duhuze abakuru b’ibihugu, uwa RDC n’uw’u Rwanda vuba cyane, baganire imbonankubone ku bikenewe kugira ngo amahoro arambye aboneke. Igishoboka cyonyine, nta gushidikanya ni ugukemura iki kibazo mu nzira y’ibiganiro. Ni cyo turi gukora.”

Amakimbirane y’ibihugu byombi ashingiye ku bibazo by’u mutekano muke bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Leta ya Kinshasa ishinja iya Kigali(Rwanda ) gufasha umutwe wa M23 ariko Kigali ikabihakana, mu gihe ishinja Repubulika ya demokarasi ya Congo gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washinzwe n’abarimo abagize uruhare muri genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ukaba ufite n’umugambi wo gukuraho ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame. Hari ibimenyetso simusiga bigaragaza imikoranire ikomeye iri hagati ya FDLR n’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wa RDC.

Mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka, abaminisitiri b’u Rwanda na Congo bahuriye muri Angola kugira ngo baganire uburyo aya makimbirane yahoshwa. Buri ruhande rwasabye urundi guhagarika ubufatanye n’iyi mitwe, gusa iyi nama nta musaruro yatanze.

Abari bahagarariye Congo Kinshasa basabye u Rwanda guhagarika gufasha M23; maze intumwa z’u Rwanda zisubiza ko iki gihugu kitawufasha.

Impande zombi zari zemeranyije ko mu kwezi kwa Kane 2024 zizahurira muri Angola mu yindi nama itegura uguhura kwa perezida Kagame na Tshisekedi; ndetse abakuru b’ibihugu bari bagaragaje ko bafite ubushake bwo kuganira imbonankubone, bagashakira hamwe umuti w’aya makimbirane n’umutekano wo muri RDC n’akarere muri rusange.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ba France 24, perezida w’u Rwanda Paul Kagame aherutse kugaragaza ko bisa n’aho Tshisekedi ari we utanga amabwiriza yo guhura, yongeraho ariko ko ahora yiteguye guhura n’uwo ari we wese.

Yagize ati: “Nabonye ari we ushyiraho amabwiriza, ntabwo nigeze nshyiraho amabwiriza. Ubwo natumirwaga i Luanda mu biganiro ku Burasirazuba bwa RDC muri rusange ku bibazo biri hagati yabo n’u Rwanda, nari mpari. Nyuma hari inama zo ku rwego rwa minisiteri zagombaga gutegura igihe tuzahurira. Ushobora kubaza uruhande rwa Angola, nari niteguye guhura n’uwo ari we wese.”

Umukuru w’igihugu yashimangiye iki gisubizo ati: “Nakubwiye ko buri gihe mpora niteguye, nari kukubwira ko ntiteguye ariko ibyo ntabwo ari byo nakubwiye.”

Ntabwo aba baminisitiri bahuye mu kwezi kwa Kane 2024, gusa amakuru ahari avuga ko buri ruhande rwakomeje kuvugana n’umuhuza ku myanzuro yari yafashwe mu kwezi kwa Gatatu n’uko yashirwa mu bikorwa. Uburyo bwo kongera guhura nabwo bwakomeje gutekerezwaho.

             MCN.
Tags: Bagiye guhuraPaul KagameTshisekedi TshilomboVuba
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
1
Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by'i ngabo z'u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n'amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge Me.Moise Nyarugabo uzwi cyane muri politiki ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye "guhangana aho gusabiriza" Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye Abanyarwanda ko mu bibabazo igihugu cyabo gifite...

Read moreDetails

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Igihano gitangaje cyahanishijwe abasirikare b'u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC Abasirikare b'u Burundi bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n'amaguru nyuma y'uko bishyuzaga umushara barwaniye muri Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails
Next Post
I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w’Amerika, cyaranzwe n’ubushamirane bushaririye.

I kiganiro cyahuje perezida Biden na Trump wahoze ari perezida w'Amerika, cyaranzwe n'ubushamirane bushaririye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?