Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda baritezwe ku wa Kane mu muhango wo gusinya amasezerano akomeye, afatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo guhosha umwuka mubi umaze igihe mu burasirazuba bwa RDC. Aya masezerano ategurwa ku bufatanye bw’u Burundi, Uganda, Tanzaniya, Kenya, ndetse n’ubuhuza mpuzamahanga buyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye agaragaza ko aya masezerano ari ingenzi mu kubaka umutekano, guteza imbere ubufatanye n’ubukungu bw’akarere, no gushyiraho umurongo mushya w’amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
RDC yemeye gutangira ibikorwa bifatika byo gusesa no guhashya umutwe wa FDLR umaze imyaka myinshi uvugwaho guteza umutekano muke mu karere. Iyi operasiyo izakorwa hibandwa ku mucyo, ihuriro ry’uko izashyirwa mu bikorwa rikazaba ririmo n’abahagarariye u Rwanda, hamwe n’abahagarariye ibindi bihugu byo mu karere.
Mu gihe RDC izaba imaze kwerekana ko FDLR itagiteje umutekano muke, u Rwanda rwo rwemeye kugabanya no gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe hafi y’umupaka, zirimo ibikorwa n’ibikoresho byari byashyizweho mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo. Intego ni ugutuma hagaruka icyizere mu mubano w’ibihugu byombi no kugabanya ubushyamirane.
Aya masezerano ateganya no gushyiraho ubufatanye bushya mu bukungu buhuza Congo, u Rwanda, n’ibindi bihugu by’akarere bifatanyije na Amerika. Ibi bizibanda ku:
gukoresha umutungo kamere mu buryo bunoze kandi burambye,
guteza imbere inganda zitunganya amabuye y’agaciro imbere mu bihugu,
no gushyiraho uburyo bunoze bwo kohereza hanze amabuye y’agaciro mu mucyo no mu nyungu zihuriweho.
Ibi biganiro bihuzwa n’imirongo mishya itangwa n’ibiganiro bya Doha hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa AFC/M23, bigamije gushaka inzira irambye yo kurangiza intambara no kugarura ituze mu burasirazuba bwa Congo. Nibirangira neza, bizaba intambwe ikomeye mu mugambi wo kuzana amahoro arambye mu gihugu.
Ibi bikomeje kuba mu gihe imirwano ikomeye ikomeje gukara hagati ya AFC/M23 n’igisirikare cya Leta ya RDC gifatanyije n’ingabo z’u Burundi ndetse n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo. Iyo mirwano imaze iminsi ibera mu kibaya cya Rusizi mu turere twa Uvira na Walungu, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ku rundi ruhande, amakuru avuga ko Perezida Tshisekedi yamaze kugera i Washington, aho biteganyijwe ko aya masezerano azasinyirwa, mu gihe amahanga yose akurikirana hafi uko ibi biganiro bizagenda n’ingaruka bizagira ku mutekano w’akarere.





