Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria.
Ni kuri uyu wa kabiri tariki ya 24/06/2025, ubwo Kagame yakiraga muri village urugwiro Obasanjo.
Nk’uko Village Urugwiro yabyanditse yagize iti: “ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Obasanjo byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri.”
Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Rwanda, mu byo yaganiriye na Obasanjo harimo uko umutekano wifashe muri aka karere, baganira kandi no ku bindi bibazo bitandukanye byo kuri uyu mugabane wa Afrika no ku Isi.
Hejuru y’ibyo, banarebeye hamwe uburyo bwo gushimangira umutekano urambye, ubufatanye n’iterambere hagati y’u Rwanda na Nigeria.
Perezida Kagame agarutse mu biro bye bya village urugwiro, nyuma y’iminsi ari mu kiruhuko nk’uko byari byatangajwe n’umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo.
Tubibutsa ko Makolo yatangaje ibi ashaka kubeshyuza amakuru yaragize igihe avugwa n’abanzi b’u Rwanda, aho bavuga ko Kagame ko arwaye, ndetse hari nabahamyaga ko yapfuye.
Makolo mu kubasubiza yavuze ko ibyo bavuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa, ndetse ko ababivuga ntaho bashingiye.
