• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame yavuze kuri mugenzi we, Tshisekedi wa RDC.

minebwenews by minebwenews
February 6, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame yavuze kuri mugenzi we, Tshisekedi wa RDC.

You might also like

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yavuze kuri perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, agaragaza ko azi neza ko intambara atari yo izakemura ikibazo cy’umutekano muke muri iki gihugu abereye umuyobozi.

Hari mu kiganiro perezida Kagame aheruka kugirana na CNN, ariko bimwe bibanza kugirwa ubwiru, kuko iki gitangaza makuru ibyo cyashyize hanze byaribyo cyifuzaga.

Muri iki kiganiro, perezida Kagame yagarutse ku bafatanyije na FARDC kurwanya umutwe wa M23, aho yavuze ko muri abo harimo umutwe wa FDLR, ndetse n’izindi ngabo z’ibindi bihugu. Avuga ko abo batari bagambiriye guhashya M23 , hubwo ko umugambi wabo kwari ugutera u Rwanda, bagakuraho ubutegetsi buriho, kandi avuga ko ibyo bagiye babyivugira ku mugaragaragaro.

Kagame muri iki kiganiro kandi yabajije ikibazo agira ati: “Ese haba hari abatekereza ko u Rwanda rwakwicara rugategereza ko rugabwaho ibitero? U Rwanda ruzirwanaho mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ibyo nta kibazo biteye rwose.”

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda yakomeje avuga ko ashyigikiye umudendezo w’ibindi bihugu, kandi ko bisobanuye ko n’umudendezo w’u Rwanda ukwiye kubahwa.

Ati: “Nta mudendezo w’ibihugu urusha agaciro uw’ikindi, iryo ni ihame ndakuka.”

Yavuze kandi ku myumvire mpuzamahanga inenga u Rwanda, yabwiye umunyamakuru wa CNN ko ikibazo cya FDLR kimaze imyaka 30 mu Burasirazuba bwa RDC, kandi ko umuryango mpuzamahanga wagishoyemo akayabo ka za miliyari z’amadolari y’Amerika ntibigire icyo bitanga.

Yagize ati: “Ubu se hariyo umutekano nyabaki? Kunenga u Rwanda ni uburyo bwo kwikura mu isoni, batewe n’akaga bateje kubera inyungu zabo, bakaba barabuze uko bazikuramo mu gihe ibintu bikomeje kubazambana mu karere.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ubundi ikibazo cyumvikana kandi cyoroshye kubonerwa igisubizo.

Yagize ati: “Ntekereza ko nta muntu wishimiye intambara. Sintekereza ko na perezida Félix Tshisekedi ubwe yishimiye intambara, ariko hari abayimushoramo bamushyigikiye, bamugiye mu matwi, bamwumvisha ko agomba kurwana, iyo batamujya mu matwi, byashobokaga cyane ko yumva ikibazo no kugerageza kugishakira umuti, bityo agashyira imbaraga mu gushaka amahoro.”

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko we arajwe ishinga no kwirinda, no gukumira ibibera muri RDC, kandi akurikiranira hafi igihugu cye kugira ngo kitavogerwa, mu gihe Tshisekedi we ahugiye mu bimutesha agaciro kubera gukomera ku mitekerereze iciriritse kwe, nyamara ibyo ngo ntaho byamugeza nta nahobyageza igihugu.

Ati: “Ntabwo wayobora igihugu ngo uteze akaduruvayo mu karere wishingikirije imitekerereze iciriritse. Ikiraje ishinga u Rwanda ni ukwirinda ubwacu.”

Kagame yasoje avuga ati: “Mu bwenge bwacu tuzi ko nta wundi uzuturinda usibye twe ubwacu, twarabibonye mu 1994, niyo mpamvu twashyize imbaraga mu kubaka inzego zacu z’umutekano, n’igisirikare, naho abandi bazakomeza bavuge.”

Tags: M23Paul KagameRdcTshisekedi
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
1
Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by'i ngabo z'u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n'amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge Me.Moise Nyarugabo uzwi cyane muri politiki ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye "guhangana aho gusabiriza" Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye Abanyarwanda ko mu bibabazo igihugu cyabo gifite...

Read moreDetails

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Igihano gitangaje cyahanishijwe abasirikare b'u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC Abasirikare b'u Burundi bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n'amaguru nyuma y'uko bishyuzaga umushara barwaniye muri Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails
Next Post
Menya icyo u Burundi buri kuvuga ku mujyi wa Goma wa fashwe na m23.

Ibyimbitse ku buyobozi bw'intara bwashyizweho muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?